• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Cya “kiraro” cy’ibikenyeri RBB, gisenyutse bene cyo batarambuka, Ibyihebe byo muri RNC nabyo bisezeye muri RBB, biyishinja kutagira umurongo uhamye

Cya “kiraro” cy’ibikenyeri RBB, gisenyutse bene cyo batarambuka, Ibyihebe byo muri RNC nabyo bisezeye muri RBB, biyishinja kutagira umurongo uhamye

Editorial 29 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Rwanda Bridge Builders, RBB, ni ikiryabarezi cyari cyashinzwe ngo gihuze amashyaka n’imiryango y’ibigarasha n’abajenosideri bahagurukiye kubangamira inyungu z’u Rwanda. Uko iminsi ishira ariko, ni nako guhuzagurika n’ amacakubiri bigenda bitamaza bene icyo “kiraro” cy’ibikenyeri, none gisenyutse batarambuka!

Abashinze RBB rero bakomeje kuyisohokamo nk’abahunga inzu ihiye. Ubu noneho ikivugwa cyane ni ibaruwa yagiye ahagaragara kuri iki cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, ikaba yashyizweho umukono na Jerome Nayigiziki, umuhuzabikorwa mukuru w’ibyihebe byo mu mutwe w’iterabwoba, RNC.

Muri iyo baruwa twashoboye kubonera kopi, Nayigiziki na bagenzi be barashinja RBB kutagira umurongo uhamye wa politiki, igitugu cy’abayitegeka ngo batemera ibitekerezo by’abandi, ubuswa n’imikorere igayitse muri rusange. Ibi rero ngo nibyo bitumye RNC isezera muri RBB, ngo kuko ibyo bari bemeranyijweho ubwo bayishingaga, bihabanye n’ibikorwa ubu.

Iyi nkuru y’incamugongo ku biyita”Opozisiyo nyarwanda”, ije guhuhura n’ubundi icyasambaga. Mu minsi ishize uwitwa Gilbert Mwenedata yasezeye muri RBB ayishinja ingengabitekerezo ya Hutu-power, bidateye kabiri icyihebekazi Charlotte Mukankusi, nyamara cyari mu buyobozi bwa RBB, kiti sinakomezanya n’ababaswe n’ubuterahamwe n’ubuparimehutu. Uwaherukaga kuvanamo ake karenge ni FDU-Inkingi, nayo ushinja RBB “guta umurongo”, nk’aho yo iwufite.

Ikiraro cy’ibikenyeri rero kirarundutse, niba kigeze aho RNC, FDU-Inkingi, Mwenedata Gilbert na Charlotte Mukankusi, bagishinja ubuswa n’amacakubiri, kandi bisanzwe bizwi ko ahubwo aribo begukanye igikombe mu guhuzagurika , inda nini, no kuryanisha Abanyarwanda. Ni ibimene byasetse injyo!

Abasesenguzi bakomeje kuvuga ko abiyita abanyapolitiki”batavuga rumwe na Leta”, ntacyo bagezaho Abanyarwanda kuko bari hasi cyane mu myumvire, ari nabyo bituma nabo ubwabo badashoboye kwiyobora.

Bameze nka za nzige umuhinzi ashyira mu icupa, zigatangira kuryana, zititaye ku mugambi umwe zari zifite wo kumwonera.

Hari amakuru yizewe avuga ko n’abanyamahanga bashyigikiye izi ngirwa mashyaka batangiye gucika intege, kuko imyaka imaze kuba myinshi imigambi yayo mibisha ntacyo igeraho. Urugero ni urwa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, uhora atonganya Kayumba Nyamwasa wa RNC, amuziza kuba ntacyo Uganda itabakoreye, ariko imigambi yabo igapfuba igitekerezwa.

Ese ubundi”opozisiyo” itagira umushinga wa politiki ufatika yagera kuki, ko Umunyurwanda wa none azi ahari inyungu ze, atakiri wa wundi ukurikira buhumyi?

2021-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Editorial 19 Apr 2018
Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Editorial 13 Jun 2021
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge

Editorial 26 Jun 2019
‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

Editorial 21 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7
Amakuru

Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7

Editorial 30 Nov 2021
Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye
Mu Mahanga

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Editorial 27 Oct 2016
Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Editorial 29 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru