• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Editorial 14 Feb 2019 HIRYA NO HINO

Dusingizimana Furaha Appolline utuye mu Mudugudu wa Tetero, Umurenge wa Kimisagara Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali aravuga ko yabuze ubufasha, harimo no kubura ticket kugira ngo abashe kwitabira irushanwa rya ‘‘Miss Helitage International’’ mu igihugu cya Singapul ku mugabane wa Asia, amahirwe akaba agenda ayoyoka kuko iminsi isigaye ibarirwa ku intoki.

Dusingizimana Furaha Appolline ufite imyaka 22 y’amavuko akaba yararangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2015 n’ikiniga n’agahinda kenshi avuga ko abura amafaranga amadolari 1270$ yo kugenda no kugaruka kuko ababatumiye anafite n’ubutumire (invitations) bamubwiye ko bazamwishingira icumbi n’ibindi bikenewe nk’ifunguro n’ibindi bikenewe.

Uwo mwari avuga ko kugira ngo abone ayo mahirwe yabibonye kuri murandasi (interneti) na we apima amahirwe ye bamubaza ibibazo agenda asubiza kugeza ubwo yabitsinze bamwohereza ubutumire (invitations) atangira gushaka ibyangombwa bikenewe byose harimo na passport byose arabibona ariko abura ubushobozi bwo kubona amafaranga y’urugendo kugira ngo agereyo.

Dusingizimana Furaha Appolline

Furaha ngo yajye kwibwira inama ko agomba kwegera ubuyobozi bukamufasha kuko n’ubundi ari bo bari bamufashije kubona bimwe mu byangombwa, yegereye urwego rufite umuco mu inshingano LARC (Inteko y’Umuco n’Ururimi) na bo bamwohereza kuri Minisiteri ya Siporo n’Umuco (Minispoc) ariko baza kumuhakanira ko badafite mu ingengo y’imari ibishinzwe bamusaba ko yakwihangana bakazamurebera ikindi yazakora kuko bidashobotse.

Uwo mwari wari wagize amahirwe yabwiye itangazamakuru ko yari yaramaze kwitegura kuzaserukira u Rwanda kandi ko yari amaze kuba yariteguye afite ibikoresho bijyanye n’umuco nyarwanda kuko biri mu byangombwa agomba kuzerekana.

Bimwe mu bibazo ngo yagiye abazwa harimo kuba yarabajijwe ibiro n’igihagararo, ubwenegihugu, agenda abisubiza kugeza ubwo bamwemereye ko agomba kuza agahatana hamwe n’abandi avuga ko bamwe muri bagenzi be bamaze kugenda ariko we nk’uhagarariye u Rwanda akaba ari we ukibura kuko irushanwa rigomba kuzarangira ku wa 17 Gashyantare 2019 avuga ko abonye ticket kuri ubu yaba agifite amahirwe yo kwitabira irushanwa ry’umurage mpuzamahanga wa aba Nyampinga (Miss Heritage International).

Nanone yatangarije itangazamakuru ko ababyeyi be bakoze ibishoboka ku ruhande rwabo nko kugura imyenda ijyanye n’umuco, ibikoresho n’ibindi ariko ubushobozi bwo kubona amafaranga y’urugendo aba ari yo abura akaba yasaba abagiraneza ko bamufasha akabasha kuzitabira iryo serukiramuco muri Singapulu kugira ngo azagaragaze umuco nyarwanda n’ibyiza bitatse u Rwanda twifuza. No ye yabonekaho ni 078 4226922.

2019-02-14
Editorial

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Editorial 07 Feb 2020
Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Editorial 05 Mar 2018
Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Editorial 18 Apr 2018
Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Editorial 01 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu
Amakuru

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Editorial 20 Dec 2020
Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari
POLITIKI

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Editorial 17 Sep 2018
Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka
Mu Mahanga

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Editorial 25 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru