• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Emmanuel Cyemayire Yashimuswe na CMI i Mbarara

Emmanuel Cyemayire Yashimuswe na CMI i Mbarara

Ubwanditsi 07 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku wa 4 Mutarama uyu mwaka, ahagana saa mbiri z’ijoro, abantu batanu mu bagize Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI), bashimuse Umunyarwanda Emmanuel Cyemayire, wacururizaga i Mbarara muri Uganda.

Iki gikorwa cyiyongereye ku bindi bya hato na hato byo guta muri yombi Abanyarwanda batandukanye, bagakorerwa iyicarubozo, bamwe bakagarurwa mu Rwanda abandi baracyategereje imyanzuro y’inkiko.

Cyemayire yatwawe abana be babiri Patrick Cyemayire na Partine Cyemayire bareba ubwo bari iwabo mu rugo. Yajyanywe mu modoka ya Toyota Hilux y’imiryango ibiri, yerekezwa mu kigo cya gisirikare cya Mbarara.

Ikinyamakuru Virunga Post cyatangaje iyi nkuru, kivuga ko cyamenye ko Maj. Fred Mushambo ukora muri CMI muri ako gace, yari yagaragaye mu rugo rwa Cyemayire mbere y’uko ashimutwa. Gusa ngo icyo gihe ntiyahamusanze.

Cyemayire yari asanzwe akorera i Mbarara, aho afite iduka ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga ryitwa Sanyu Electronics. Yahakoreraga guhera mu 2013, hamwe n’umugore we Yvonne Mukakalisa.

Amakuru avuga ko Cyemayire kimwe n’abandi Banyarwanda batandukanye, yari amaze igihe akurikiranwa cyane n’Umupasiteri witwa Deo Nyirigira ufite itorero AGAPE i Mbarara, uwo akaba ari umwe mu bantu bagize umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, RNC, uyoborwa na Kayumba Nyamwasa.

Mu minsi ishize nibwo hagiye hanze amakuru y’imikoranire ya hafi ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rw’Igisirikare cya Uganda, CMI, n’ibindi bikorwa byo gushimuta abantu byagiye bigirwamo uruhare na Nyirigira.

Abandi bantu bavugwa cyane muri ibyo bikorwa babarizwa muri RNC barimo Charles Sande (uzwi nka Robert Mugisha), Felix Mwizerwa (umuhungu wa Pasiteri Nyirigira) na Dr. Sam Ruvuma uheruka gufatwa nyuma akarekurwa, mu iperereza ku mikoranire na CMI mu gushakira abayoboke RNC muri Uganda.

Pasiteri Nyirigira bivugwa ko akuriye itsinda ry’ibanga rigira uruhare mu gushakisha Abanyarwanda, bagashimutwa, bagakorerwa iyicarubozo mu birindiro bya CMI, bashinjwa ko bari mu kazi ka Guverinoma y’u Rwanda.

Mu kwezi gushize ibyo bikorwa byari bimaze gufata indi ntera muri Mbarara, ubwo Abanyarwanda barindwi b’abacuruzi bafatwaga bakajyanwa i Kampala mu nyubako za CMI bagakorerwa iyicarubozo.

Ibyo bikorwa byose bivugwa ko bihagarariwe na Rugema Kayumba (mubyara wa Kayumba Nyamwasa) na Corporal Mulindwa wo muri CMI uzwi nka Mukombozi, bose bari bakingiwe ikibaba na Gen. Abel Kandiho uyobora CMI.

Kuwa Gatanu w’iki cyumweru nibwo Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, wari mu Rwanda nk’intumwa ya Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, bagirana ibiganiro bigamije gukemura ibibazo bya dipolomasi biri hagati y’ibihugu byombi.

Uru ruzinduko rwa Minisitiri Kutesa rwabaye mu gihe umubano w’ibihugu byombi utameze neza nyuma y’ibikorwa byo gufata no gukorera iyicarubozo Abanyarwanda baba muri Uganda.

Ni no mu gihe kandi Uganda ishinjwa ko imaze kuba indiri y’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kudindira kw’ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga y’ibikorwaremezo ibihugu byombi bihuriyeho.

U Rwanda ruherutse gusaba ibisobanuro Uganda ku mpamvu z’ifungwa rya hato na hato ry’Abanyarwanda ndetse n’ibijyanye n’abantu bashaka guhungabanya umutekano warwo bari muri icyo gihugu.

2018-01-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Ngoma: Ibisasu bibiri byatahuwe mu bitaro bya Kibungo

Ngoma: Ibisasu bibiri byatahuwe mu bitaro bya Kibungo

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Rugema yarekuwe na Police ya Norvege  none atangiye kubwejagura

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege none atangiye kubwejagura

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Ubwanditsi 31 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya
Mu Mahanga

U Rwanda ntirugitumiza Essance muri Kenya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach
SHOWBIZ

Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame
POLITIKI

Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Ubwanditsi 29 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru