• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Editorial 03 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu cyumweru gishize Uwimana Nkusi Agnès  wamenyekanye cyane mu byaha byo gusebya ubuyobozi, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko yiyemeje guhinduka, akareka ibikorwa nawe ubwe yiyemerera ko ari amahano. Yaboneyeho no gusaba imbabazi “abikuye ku mutima” abo amagambo ye yakomerekeje, anashimangira ibyo twakomeje kuvuga ko akoreshwa n’ibigarasha n’abajenosideri.

Nubwo hari abakurikiranira hafi ibikorwa bya Uwimana Agnès, cyane cyane ibyo avugira ku Umurabyo TV, basanga yaragize ubutwari bwo kwitandukanya n’ikibi, hari n’abasanga ashobora kuba yarabikoze bya nyirarureshwa, agirango yivane imbere y’ubugenzacyaha bwari bwamutumiye ngo bumumenyeshe ibyaha biremereye akurikiranyweho.

Abasesenguzi basanga Uwimana Agnès yarangiritse bikomeye, ku buryo bigoye kwemera ko ashobora guhinduka. Bahamya ko uyu mugore yabaswe n’urwango ndetse n’ingengabitekerezo ya Jenoside, dore ko adatinya kuvugira mu ruhame ko yanga Abatutsi.

Ikindi abafite impungenge ko Uwimana Agnès abeshya, ni uko atibwirije gusaba imbabazi no guhishura ko hari abamukoresha ayo mabi, ahubwo akabikora ari uko ahamagajwe mu bugenzacyaha.

Abaha Uwimana Agnès amafaranga ngo yishore mu bikorwa twafata nk’ubwiyahuzi, nabo barahamya ko “umukozi” wabo ntaho yagiye, ko ibyo yavuze byari ukujijisha ubutabera ngo butamuryoza ubugome bwe. Ku mbuga nkoranyambaga ibigarasha n’abajenosideri bo muri FDU-Inkingi bahuriraho, haragaragara ubutumwa bugira buti:”Umusangirangendo Agnès yabyitwayemo neza. Nibura aramara kabiri atuje, abavantara batamuhigisha uruhindu”.

Ikigarasha Thomas Nahimana nacyo cyavugiye ku ngirwa televiziyo “Isi n’ijuru”, ko “…Agnès yabakubise ikorosi, abamusabiraga gufungwa baramwara”.

Ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha”RIB” rwatumiraga Uwimana Agnès, mu bajyanama be hari abamubuzaga kwitaba , kugirango RIB nimuzana ku ngufu nk’uko bigenda ku muntu wanze kwitaba ku neza, bazashinje u Rwanda guhutaza “abanyamakuru”. Muri bo ariko hari n’abamugiriye inama yo kwigira umwana mwiza, akitaba,ndetse agasaba imbabazi, ariko ari amayeri yo kwivana mu nzara z’ubutabera. Iyi nama rero niyo yakurikije, ku buryo hari n’abadatinya guca wa mugani ngo”akabaye icwende ntikoga, n’iyo koze ntigashira umunuko”, bashaka kuvuga ko ejo cyangwa ejobundi Uwimana Agnès azisubirira  kuba uwo dusanzwe tuzi.

Reka tubitege amaso, na Sawuli wo muri Bibiliya ntawari uzi ko yahinduka.

2022-11-03
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Editorial 13 May 2021
Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Editorial 03 Jul 2019
Imyigaragambyo muri kenya ,abantu bari gukubitwa inkoni,gutwikwa habona ,amabuye aravuza ubuhuha

Imyigaragambyo muri kenya ,abantu bari gukubitwa inkoni,gutwikwa habona ,amabuye aravuza ubuhuha

Editorial 10 Aug 2017
Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Editorial 26 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!
Amakuru

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

Editorial 22 Jun 2024
Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba
Mu Rwanda

Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Editorial 09 Apr 2017
CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye
IMIKINO

CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

Editorial 10 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru