• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

Editorial 16 Mar 2016 Mu Rwanda

Icyemezo umuryango w’ibihugu by’u Bulayi waraye ufatiye ubutegetsi mu Burundi kiraburira Perezida Petero Nkurunziza yuko abyina avamo.

Uwo muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Bulayi (European Union – EU) waraye ufashe icyemezo cyo guhagarika inkunga zose cyahaga u Burundi zinyuze muri guverinoma y’icyo gihugu, hagasira inkunga gusa zinyura mu miryango itegamiye kuri leta cyangwa izinyura muri UNHCR zijya gufasha impunzi z’Abarundi zahungiye hanze y’igihugu.

Ubutegetsi bwa Nkurunziza bwari bukeneye cyane inkunga ya EU ku ngengo y’imari kuko buri mwaka ishyiramo angana na 20 % kandi u Burundi bwo bushyiramo angana na 47 % gusa ! EU kandi yateraga inkunga ubutegetsi bw’icyo gihugu andi mafaranga atanyuze ku ngengo y’imari ari nayo akaba aba akenewe cyane.

Ayo mafaranga ni nk’ayo gufasha mu bikorwa leta yiyemeje nko nko gusubiza mu buzima busanzwe abari mu ngabo, kuvugurura igisirikare n’igipolisi, kuvugurura inzego bwite za leta n’ibindi. Ariko amafaranga nyirizina EU yahagarikiye u Burundi kandi bikazabugwa nabi kurushaho ni amayero miliyoni 430 ubutegetsi bw’icyo gihugu bwari bwaremerewe gukoresha hagati y’umwaka ushize wa 2015 na 2020.

Ubutegetsi bwa Nkurunziza kandi guhagarikirwa inkunga ahubwo zikoherezwa mu mpunzi kimwe no mu miryango itegamiye kuri leta binavuze yuko uko ari ugutiza umurindi abanzi ba Nkurunziza bakazamurwanya bishoboye, we adafite n’urwara rwo kwishima !

Ibindi bihugu byateraga inkunga itubutse leta y’u Burundi ni u Bubiligi n’u Budage kandi ibyo bihugu bikaba ari byo byotsaga igitutu EU ngo ifatire ibihano icyo gihugu.

-2488.jpg

Perezida Nkurunziza na Madamu Federica Mogherini ushinzwe ububanyi n’amahanga muri E.U.

Igihugu gufatirwa ibihano kandi bisa nka kanseri yageze mu mubiri. Ejo cyangwa ejo bundi n’ibindi bihugu bizafata iyo nzira Nkurunziza asigare adafite ayo acira n’ayo amira. Abari bakimushyizeho amaboko bazajya mu bukene, bo ubwabo bamwirire kuko bazaba babona yuko ntacyo akimaze ! Nkurunziza rero iminsi iramugira inama akaba umwana wo kuruhanya gusa kandi iminsi ye ibaritse !

Kayumba Casmiry

2016-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwohereje ingabo zirwanira mu kirere mu butumwa muri Sudani y’Epfo

U Rwanda rwohereje ingabo zirwanira mu kirere mu butumwa muri Sudani y’Epfo

Editorial 31 Aug 2018
I Bujumbura birashyushye muri iyi Weckend  : Sauti Sol yagezeyo yakirwa  nk’Umwami

I Bujumbura birashyushye muri iyi Weckend : Sauti Sol yagezeyo yakirwa nk’Umwami

Editorial 22 Sep 2017
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Editorial 05 Nov 2022
Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya  birabona umugabo bigasiba undi

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Editorial 14 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD
Mu Mahanga

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD

Editorial 17 Oct 2016
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga
Mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Editorial 10 May 2017
Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato
HIRYA NO HINO

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Editorial 03 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru