• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Editorial 23 May 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nk’uko yivugiye ku mugaragaro ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda , amakuru dufitiye gihamya aravuga ko Perezida wa Kongo Félix Tshisekedi yatangiye gukorana cyane n’abiyita”opozisiyo nyarwanda”, abasaba kuvugurura imikorere, bakarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bashyizemo imbaraga kurusha uko babikoraga kugeza ubu.

Ayo makuru arahamya ko kuwa gatatu w’icyumweru gishize, tariki 17 Gicurasi 2023, ikigarasha Eugène Richard Gasana yabonaniye na Perezida Tshisekedi i Kinshasa, amusaba guhuza ibikorwa by’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bose, ndetse amwemerera inkunga y’amafaranga kugirango umugambi wo” kubuza u Rwanda amahwemo”ugerweho.

Uyu Eugène Gasana akigera muri Amarika akubutse mu bugambanyi, yahise atumiza inama y’ibindi bigarasha, maze tariki 20 Gicurasi 2023 bahurira mu nama i Washington aho muri Amarika. Ibi biranagaragazwa n’ifoto bafashe nyuma y’inama, ndetse n’inyandiko-mvugo twashoboye kubonera kopi, yashyizweho umukono n’indindagire Charles Kambanda, uvuga ko ari umujyanama n’umunyamategeko w’ihuriro ry’izo ngoroji.

Umwe mu bari muri iyo nama yabwiye Rushyashya ko ibigarasha byishimiye umufatanyabikorwa mushya, Tshisekedi, biniyemeza gukorana umurava, kureka amacakubiri yabaranze, ndetse no gushishikariza ibindi bigarasha n’abajenosideri kwifatanya muri iyi gahunda nshya yo “guhiririka FPR na Perezida Kagame” ku butegetsi.

Inyandiko-mvugo y’inama yirinze kuvuga iby’ inkunga ya Perezida Tshisekedi, ariko mu kujijisha abatazi imigambi yabo, ihishura ko indi nama bazayikorera “ku mugabane w’Afrika”, tariki 20 Nyakanga uyu mwaka. Rushyashya yamenye neza ko aho ku mugabane w’Afrika bavuga ari i Kinshasa muri Kongo.

Abitabiriye iyo nama uko ari 14, ubwabo ni umuti w’amenyo, ku buryo uretse no gusaza mu bitekerezo, n’iyo ubareba ku mubiri ubona ko batazi aho isi yabasize. Ubwoba n’ikimwaro ku maso, utwambaro two hambere, mbese ntibyakugora kubona ko bari mu ikinamico. Muri abo banyarwenya, twavuga Charles Kambanda, Porofeseri wirirwa avuga ubusa ku maradiyo na youtube, igikuri mu gihagararo no muri politiki Mukuzi Rubens wahoze kuri Radio10 ku izina rya Mr Been, Thabita Gwiza wigwijeho uburondogozi kuva musaza we Ben Rutabana yakwicwa ku kagambane na Kayumba Nyamwasa, Jean Paul Turayishimiye wavuye muri RNC agashinga ingirwashyaka ARC-Urunana, Gervais Condo usaziye mu buzererezi, Emmanuel Nsenga, Céléstin Nsengiyumva, Denis Serugendo, n’izindi ndindagire zikirigita zigaseka.

Mu minsi ishize kandi twabagejejeho ivuka ry’ikiswe”Rwanda for All”, kibeshya ngo kiravugira impunzi z’Abanyarwanda, kandi mu by’ukuri bizwi neza ko ari igisabisho, gishinzwe gukusanya imisanzu y’ibi birarasha, ngo yo kunganira imfashanyo ya Tshisekedi. Uyu ni undi muvuno abana b’ijanja bavumbuye wo kwirira amafaranga, dore ko iby’abapfu biribwa n’abapfumu.

Uretse ibi bigarasha by’abasivili, Perezida Tshisekedi yanasabye ko imitwe irwanya u Rwanda yavugururwa ikareka gukora nk’amatsinda y’ingegera, akayiha amafaranga, ibikoresho ndetse n’aho bakorera imyitozo. Ubutumwa Eugène Gasana yashyiriye Col Ntirikina wo mu ngabo za Habyarimana, Faustin Murego uhora mu ngendo hagati ya Buruseli na Kinshasa, Gakwerere wo muri FDLR, Col. BEM Emmanuel Habyarimana ubu utunzwe n’ibisabano mu Busuwisi, n’abandi biyita abasirikari, ni ugukusanya abo mu mitwe ya FDLR-FOCA, RUD-urunana na FLN,ndetse bagashaka abandi barwanyi muri za Kongo-Brazzaville, Zambia, Malawi, Mozambike n’ahandi.

Mu mpungenge izi ngirwa-ngabo zagaragaje mu nama zakoranye zikimara kwakira ubutubwa bwa Tshisekedi bunyuze muri Eugène Gasana, ni uko biyemerera ko izabukuru zibugarije , abandi bakaba barwaye indwara zidakira, ku buryo kuyobora urugamba babyibuka mu mateka. Tshisekedi arabemerera byose, ariko akabasaba gufata nibura agace k’uRwanda, ibintu nabo bazi ko ari inzozi, kuko imyaka ibaye hafi 30 babigerageza ariko ntibamenye inkuba ibakubise.

Indashima Eugène Richard Gasana, abo baziranye mu buto bakunze kwita”Kinyoteri”, yabaye mu myanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda rwa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo no kuruhagararira mu Muryango w’Abibumbye. Aho atahuriweho imikorere ihabanye n’icyerekezo cy’uRwanda, agashyirwa ku ruhande ngo adakomeza kuvangira abandi, yahisemo inzira y’ubuyobe, imuganisha muri”gehonomu”.

Ubwo umutwe w’iterabwoba, RNC wa Kayumba Nyamwasa wari ukivuna umuheha ukongezwa undi muri Uganda, uyu Gasana Eugène yagaragaye mu bikorwa by’abo bagizi ba nabi i Kampala, ndetse anakirwana”by’impanuka” na Perezida Museveni. Ubugambanyi buherekejwe n’ubuswa ntacyo byamugejejeho we na bagenzi be, bitewe ahanini no guhemukira uwagukamiye. Eugène Gasana n’izindi nzererezi, babonye ko muri Uganda ibintu bisa n’ibyahinduye isura, none bahisemo gukorana na Tshisekedi nawe uri mu manegeka. Imitekerereze y’ibigarasha iracuramye kweli! Biratangaje kuba Gasana atabona ko kubonana na Tshisekedi ntacyo byamugezaho, kimwe n’uko kubonana na Museveni ntacyo byamufashije. Ubugome bwabo bwabo bubahuma amaso, ntibutume biga amasomo.

Ubushyamirane n’amacakubiri bishingiye ahanini kunanirwa kugabana ibisabano n’ibisahurano, no kutagira umurongo wa politiki ufatika, ni bimwe mu byaranze abiyita ”abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda”.

Byabaviriyemo gusigarana imitwe ya politiki ya baringa, mu by’ukuri ibafasha gusa kurenza umunsi mu buzima bugoye bwo mu buhungiro. Ngabo rero abashingiye amizero kuri Tshisekedi nawe wugarijwe n’ibibazo adashobora kubonera ibisubizo, birimo ubutegetsi buriho ku izina, intambara hirya no hino mu gihugu, ariko by’umwihariko mu burasirazuba bwa Kongo, no kuba nawe ubwe atazi aho ahagaze, kuko atizeye gutorwa mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka.

Rushyashya iracyakurikiranira hafi iby’uyu mugambi, umunsi ku wundi, isaha ku yindi, kandi turabizeza gukomeza kubagezaho amakuru dufitiye ibimenyetso.

2023-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Editorial 28 Jul 2025
Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano  ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Editorial 01 Apr 2019
Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Editorial 04 May 2024
Mpimba: Abantu 450 bafunzwe bazira kwamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza bafunguwe

Mpimba: Abantu 450 bafunzwe bazira kwamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza bafunguwe

Editorial 16 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid
Amakuru

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Editorial 10 May 2024
Uganda ihagarariwe n’umunyarwandakazi mu irushanwa ry’uhiga abandi uburanga muri Afurika
IMIKINO

Uganda ihagarariwe n’umunyarwandakazi mu irushanwa ry’uhiga abandi uburanga muri Afurika

Editorial 15 Nov 2016
Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire
HIRYA NO HINO

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Editorial 10 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru