• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Maj Gen. (Rtd) Mugisha Muntu, umusirikare w’umunyapolitiki uherutse kwitandukanya n’ishyaka FDC, ngo yahishwe na Perezida Museveni umugambi wa FPR wo gutangiza urugamba rwo kubohora U Rwanda mu 1990 mu gihe nyamara yari umugaba w’ingabo za Uganda icyo gihe kuva mu 1989 kugeza mu 1998.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kivuga ko cyumva ko mu gihe cy’urugamba rwa FPR, Umujyi wa Mbarara wategurirwagamo ibikorwa by’intambara bya FPR. Ibyo kurya by’abarwanyi ba FPR ni aha byabikwaga mbere yo kuhavanwa bijyanwa mu birindiro bitandukanye hakurya y’umupaka, ndetse n’amakamyo yakoreshwaga mu gutwara ibikoresho n’abarwanyi bashya yakorerwaga Mbarara iyo yagiraga ikibazo.

Nubwo Mbarara yari ibirindiro bikuru bya FPR mu gihe cy’intambara, Gen Muntu ngo yarabihishwe ndetse yari afite amakuru makeya ashoboka ku bikorwa bya FPR nk’uko byemezwa n’umwe mu bahoze mu gisirikare cya Uganda.

Iperereza ryakozwe n’iki kinyamakuru rivuga ko uwari umuyobozi w’Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) Brig. Ronnie Balya, wari ofisiye muto muri za 90, yagize uruhare mu ntambara ya FPR yibereye mu burengerazuba bwa Uganda. Maj. Gen. (Rtd) Jim Muhwezi na Kale Kayihura nabo ni bamwe mu bafashije abarwanyi b’Abanyarwanda gusubira iwabo.

Wakwibaza impamvu Gen Muntu yaba yarahishwe amakuru y’ingenzi nk’ayo ari we wari ukuriye ingabo icyo gihe.

Undi wahoze mu gisirikare cya Uganda abisobanura muri aya magambo: “Muntu yari umuyobozi w’ingabo ariko mu by’ukuri ntiyigeze yishimira ibyajyaga imbere kubera ko atigeze aba umugabo w’ibikorwa (man of action). Yahejejwe inyuma kandi nta n’umwe wifuzaga kumubona muri iki gikorwa,”

Igitangaje, ni uko Perezida w’u Rwanda kuri ubu, Paul Kagame, yari yarabanje gukorana na Gen Mugisha Muntu amwungirije ku buyobozi bw’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Kampala.

Bivugwa ko mu 1988 Perezida Museveni yagize igitekerezo cyo kugira Gen Muntu Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ingabo. Hakibutswa ko icyo gihe Museveni yari perezida akanaba minisitiri w’ingabo. Ariko, bitewe n’uko Museveni yahoraga ahuze cyane, Muntu ngo yasaga nk’uzaba minisitiri w’ingabo wa nyawe ariko ahitamo kwegura.

Ku rundi ruhande ariko, bamwe ngo babonaga Gen Muntu nk’umuyobozi w’ingabo ariko udafite ubunararibonye bw’urugamba wagiye yirinda kuyobora ibikorwa bikomeye bya gisirikare mu gihugu cyane cyane mu bihe by’intambara, ahatangwa urugero rw’igihe NRA yari irimo irarwana intambara zitandukanye muri West Nile no mu ntambara ya Lords Resistance Army.

Abayobozi bamwe bavuze ko Muntu yari nta bushobozi yari afite bwo kuyobora ingabo ndetse ngo ni inshuro nkeya yasuraga ingabo ziri ku rugamba.

Umwe mu bahoze mu gisirikare ati: “Yari komanda wo mu biro kurushaho. Ntiwashoboraga kumubona ku rugamba yaje ngo anamenye ibyo twabaga turi gucamo mu ntambara z’icyo gihe,”

Uyu utifuje ko imyirondoro ye ijya ahagaragara yatanze urugero rw’ibyabereye Kichwamba.

Ngo hari kuwa Mbere, itariki 08 Kamena mu 1998, ubwo inyeshyamba za ADF zateraga Ishuri ryitwa Uganda Technical College Kichwamba mu Karere ka Kabarole, zigatwika abanyeshuri bagera kuri 80 ari bazima mu macumbi (dormitories)agera kuri atatu zarangiza zikanashimuta abandi bagera ku 100, ariko ngo icyo gihe Gen Muntu ntiyigeze yigora ngo asure n’iryo shuri yerekane ko yifatanyije n’abahahuriye n’ibyago.

Undi wavuye mu gisirikare ati: “Ikibazo ntajya arangiza akazi. Niyo mpamvu Museveni iteka yafataga abatoya kuri we ngo bakore akazi. Museveni byabaye ngombwa ko yongera kugena murumuna we, Gen Saleh ngo areberere ibikorwa bya gisirikare mu gihugu na nyuma yo kumwirukana ku buyobozi bw’ingabo.”

Nubwo bimeze gutyo, Gen. Mugisha Muntu ngo aracyafite amahirwe yo kwerekana ubushobozi bwe nyuma y’aho kuri ubu yashinze ishyaka byitezwe ko azayobora mu matora y’umukuru w’igihugu ataha.

 

2018-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022
Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Ubwanditsi 23 Jun 2024
Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ubwanditsi 12 Oct 2018

3 Ibitekerezo

  1. Ntareyekanwa
    October 2, 20187:40 am -

    Wawaka kabisa

    Subiza
  2. Lille
    October 2, 20182:02 pm -

    Ariko namwe namwe, rimwe muti Museveni nta ruhare yagize mu ntambara yo kubohoza urwanda..Ubundi muti ibi n ibi!! Mu byukuri murashaka iki?? Uyu musaza ko yabihoreye mwebwe muramushakaho iki kweri?? Murivuguruza cyane . Biraboneka ko mushobora kuba muri mu makosa!!!

    Subiza
    • Sunday
      November 30, 20184:20 pm -

      Ninde utazi ko Museveni mungabo ze aribo babohoje urwanda? Ikibabaje nuko igihugu yagifashije umucyancyuro.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.
Amakuru

Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Ubwanditsi 27 May 2021
Uhuru Kenyatta azarahira ku wa 28 uku kwezi
POLITIKI

Uhuru Kenyatta azarahira ku wa 28 uku kwezi

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 14 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru