• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Maj Gen. (Rtd) Mugisha Muntu, umusirikare w’umunyapolitiki uherutse kwitandukanya n’ishyaka FDC, ngo yahishwe na Perezida Museveni umugambi wa FPR wo gutangiza urugamba rwo kubohora U Rwanda mu 1990 mu gihe nyamara yari umugaba w’ingabo za Uganda icyo gihe kuva mu 1989 kugeza mu 1998.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kivuga ko cyumva ko mu gihe cy’urugamba rwa FPR, Umujyi wa Mbarara wategurirwagamo ibikorwa by’intambara bya FPR. Ibyo kurya by’abarwanyi ba FPR ni aha byabikwaga mbere yo kuhavanwa bijyanwa mu birindiro bitandukanye hakurya y’umupaka, ndetse n’amakamyo yakoreshwaga mu gutwara ibikoresho n’abarwanyi bashya yakorerwaga Mbarara iyo yagiraga ikibazo.

Nubwo Mbarara yari ibirindiro bikuru bya FPR mu gihe cy’intambara, Gen Muntu ngo yarabihishwe ndetse yari afite amakuru makeya ashoboka ku bikorwa bya FPR nk’uko byemezwa n’umwe mu bahoze mu gisirikare cya Uganda.

Iperereza ryakozwe n’iki kinyamakuru rivuga ko uwari umuyobozi w’Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) Brig. Ronnie Balya, wari ofisiye muto muri za 90, yagize uruhare mu ntambara ya FPR yibereye mu burengerazuba bwa Uganda. Maj. Gen. (Rtd) Jim Muhwezi na Kale Kayihura nabo ni bamwe mu bafashije abarwanyi b’Abanyarwanda gusubira iwabo.

Wakwibaza impamvu Gen Muntu yaba yarahishwe amakuru y’ingenzi nk’ayo ari we wari ukuriye ingabo icyo gihe.

Undi wahoze mu gisirikare cya Uganda abisobanura muri aya magambo: “Muntu yari umuyobozi w’ingabo ariko mu by’ukuri ntiyigeze yishimira ibyajyaga imbere kubera ko atigeze aba umugabo w’ibikorwa (man of action). Yahejejwe inyuma kandi nta n’umwe wifuzaga kumubona muri iki gikorwa,”

Igitangaje, ni uko Perezida w’u Rwanda kuri ubu, Paul Kagame, yari yarabanje gukorana na Gen Mugisha Muntu amwungirije ku buyobozi bw’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Kampala.

Bivugwa ko mu 1988 Perezida Museveni yagize igitekerezo cyo kugira Gen Muntu Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ingabo. Hakibutswa ko icyo gihe Museveni yari perezida akanaba minisitiri w’ingabo. Ariko, bitewe n’uko Museveni yahoraga ahuze cyane, Muntu ngo yasaga nk’uzaba minisitiri w’ingabo wa nyawe ariko ahitamo kwegura.

Ku rundi ruhande ariko, bamwe ngo babonaga Gen Muntu nk’umuyobozi w’ingabo ariko udafite ubunararibonye bw’urugamba wagiye yirinda kuyobora ibikorwa bikomeye bya gisirikare mu gihugu cyane cyane mu bihe by’intambara, ahatangwa urugero rw’igihe NRA yari irimo irarwana intambara zitandukanye muri West Nile no mu ntambara ya Lords Resistance Army.

Abayobozi bamwe bavuze ko Muntu yari nta bushobozi yari afite bwo kuyobora ingabo ndetse ngo ni inshuro nkeya yasuraga ingabo ziri ku rugamba.

Umwe mu bahoze mu gisirikare ati: “Yari komanda wo mu biro kurushaho. Ntiwashoboraga kumubona ku rugamba yaje ngo anamenye ibyo twabaga turi gucamo mu ntambara z’icyo gihe,”

Uyu utifuje ko imyirondoro ye ijya ahagaragara yatanze urugero rw’ibyabereye Kichwamba.

Ngo hari kuwa Mbere, itariki 08 Kamena mu 1998, ubwo inyeshyamba za ADF zateraga Ishuri ryitwa Uganda Technical College Kichwamba mu Karere ka Kabarole, zigatwika abanyeshuri bagera kuri 80 ari bazima mu macumbi (dormitories)agera kuri atatu zarangiza zikanashimuta abandi bagera ku 100, ariko ngo icyo gihe Gen Muntu ntiyigeze yigora ngo asure n’iryo shuri yerekane ko yifatanyije n’abahahuriye n’ibyago.

Undi wavuye mu gisirikare ati: “Ikibazo ntajya arangiza akazi. Niyo mpamvu Museveni iteka yafataga abatoya kuri we ngo bakore akazi. Museveni byabaye ngombwa ko yongera kugena murumuna we, Gen Saleh ngo areberere ibikorwa bya gisirikare mu gihugu na nyuma yo kumwirukana ku buyobozi bw’ingabo.”

Nubwo bimeze gutyo, Gen. Mugisha Muntu ngo aracyafite amahirwe yo kwerekana ubushobozi bwe nyuma y’aho kuri ubu yashinze ishyaka byitezwe ko azayobora mu matora y’umukuru w’igihugu ataha.

 

2018-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Ubwanditsi 29 Aug 2023
Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Ubwanditsi 05 Apr 2019
Burundi : Imbonerakure N’Interahamwe Nyinshi Zambaye Gisilikare Zashyizwe Ku Mipaka Y’u Burundi N’u Rwanda

Burundi : Imbonerakure N’Interahamwe Nyinshi Zambaye Gisilikare Zashyizwe Ku Mipaka Y’u Burundi N’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2018

3 Ibitekerezo

  1. Ntareyekanwa
    October 2, 20187:40 am -

    Wawaka kabisa

    Subiza
  2. Lille
    October 2, 20182:02 pm -

    Ariko namwe namwe, rimwe muti Museveni nta ruhare yagize mu ntambara yo kubohoza urwanda..Ubundi muti ibi n ibi!! Mu byukuri murashaka iki?? Uyu musaza ko yabihoreye mwebwe muramushakaho iki kweri?? Murivuguruza cyane . Biraboneka ko mushobora kuba muri mu makosa!!!

    Subiza
    • Sunday
      November 30, 20184:20 pm -

      Ninde utazi ko Museveni mungabo ze aribo babohoje urwanda? Ikibabaje nuko igihugu yagifashije umucyancyuro.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda
Mu Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2019
Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 26 Jul 2023
Kuki Mwenda ashyigikiye Museveni wazambije umubano n’u Rwanda?
INKURU NYAMUKURU

Kuki Mwenda ashyigikiye Museveni wazambije umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 13 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru