• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Editorial 01 Aug 2024 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Nyuma y’umwaka haba amasiganwa y’abana azwi nka Rwanda Youth Racing Cup, kuva kuri uyu wa Kane kugera kuwa 6 haraba amasiganwa y’ingimbi Rwanda Junior Tour.

Iri rushanwa rigomba guhuza abakinnyi bari hagati y’imyaka 17 na 19 rigamije gusuzuma urwego bamaze kugeraho no kubongerera amasiganwa akozwe iminsi irenze umwe.

Kuri uyu wa kane tariki ya 1 Kanama kugeza kuya 3 Kanama 2024 nibwo iri siganwa ryatangiye ku nshuro ya mber ryiswe  “Rwanda Junior Tour”.

Iri siganwa ryitabiriwe n’abakinnyi 47 barimo ingimbi n’abangavu bari bagati y’imyaka 17 na 19.

Umunsi wa mbere wakinwe kuri uyu wa Kane aho abasiganwa bahagurutse kuri BK Arena berekeza i Rwamagana aho bakora intera y’ibilometero 81.

Abakinnyi bahagurutse mu Mujyi wa Kigali baracyari kugendera hamwe mu gikundi mbere y’uko bagera ku murongo wo gusorezaho mu Karere ka Rwamagana.

Ubwo abasiganwa bari barenze ku Gasozi ka Musha, abakinnyi 10 bacomotse mu bandi bayobora isiganwa kugera i Rwamagana, aho bazenguruka inshuro eshanu ku ntera y’ibilometero 6,4.

Nshimiyimana Phocas ukinira Benediction Club yegukanye Agace ka Mbere k’Irushanwa ry’Abato, Rwanda Juniors Tour ka Kigali-Rwamagana, akoresheje 2h07’27”.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Kanama 2024, guhera saa Ine za Mugitondo bazasiganwa umuntu ku giti (ITT) aho bazazenguruka mu mujyi wa Rwamagana ku ntera ya Km 4,6.

Ni mugoroba, kuva saa Kumi bazakina isiganwa ryo mu bwoko bwa Criterium, intera (lap) ya Km 1,9 bazenguruke inshuro 18.

Kuwa Gatandatu mu gitondo, tariki ya 3/8/2024 9h30 bazahaguruka i Rwamagana basoreze kuri BK Arena, Km 79,5.

Muri iri siganwa hatangwa umwenda w’umuhondo (Yellow Jersey), umukinnyi uzamuka kurusha abandi (Best Climber), Best Sprinter n’uwatsinze stage.

Abakobwa bo mu byiciro bitandukanye (U23, Junior na Cadets) bo bazakina gusa Criterium yo kuwa Gatanu nimugoroba.

2024-08-01
Editorial

IZINDI NKURU

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Editorial 01 Nov 2020
‘Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

‘Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

Editorial 09 Feb 2017
Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Editorial 04 Oct 2018
Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Editorial 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.
Amakuru

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia

Editorial 05 Sep 2021
Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi
ITOHOZA

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Editorial 11 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru