• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Editorial 28 Nov 2017 Mu Rwanda

Mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hari kubera  igikorwa kizamara icyumweru cyo gusenya no guturitsa ibisasu byarengeje igihe n’ibindi bishaje kugira ngo bitazateza impanuka.

Ibisasu bishaje n’ibirengeje igihe ngo bisenywa kugira ngo bitazaturika bikaba byateza impanuka zishobora guhitana abantu zikanasenya ibintu.

ibirimo guturitswa n’amakompora, mine, amasasu na geranade (grenades), byarashwe mu ntambara ariko ntibiturike, ibyarengeje igihe biri mu bubiko hamwe n’ibindi byagiye bitoragurwa hirya no hino mu gihugu bigaragara ko bishaje.

Ni ku nshuro ya gatandatu u Rwanda rurimo gusenya no guturitsa ibisasu bishaje, mu rwego rwo kubahiriza no gushyira mu bikorwa amasezerano ya Nairobi yasinywe n’ibihugu 15 agamije kurwanya ikwirakwizwa ry’imbunda nto n’iziciriritse mu karere k’ibiyaga bigari no mw’ihembe ry’Afurika.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango ushinzwe kurwanya intwaro nto n’iziciriritse mu karere k’ibiyaga bigari no mu ihembe ry’Afurika (RECSA) Mutsindashyaka Theoneste, avuga ko ugereranije n’ibindi bihugu u Rwanda rumaze gutera imbere cyane mu bijyanye no kwangiza ibisasu bishaje.

Ati “u Rwanda rwateye intambwe cyane ku buryo dushaka ko umuryango wacu uzana ishuri hano kugira ngo tujye tuza kwigisha n’abandi banarebe uko bikorwa neza.”

JPEG - 188.5 kb
Major Gen Jaques Musemakweli avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari ibisasu byagiye bisigara ku misozi

Mutsindashyaka akomeza avuga ko ari ibihugu bike bigerageza kubahiriza amasezerano ya Nairobi ku buryo hari byinshi bashobora kwigira ku Rwanda.

Ibyo ngo abivugira ko mu Rwanda hari ububiko bw’imbunda bwubatse neza, ababukoramo nabo ngo n’ubwo bagikomeza kwigishwa ariko ibyo bakora ngo bikorwa neza kuko hari ahandi henshi bitagenda neza.

Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka Major Gen Jaque Musemakweli, avuga ko igikorwa cyo gusenya no guturitsa ibisasu bishaje ari ubushake u Rwanda rufite bwo kurwanya ikwirakwizwa ry’imbunda nto n’iziciriritse, hubahirizwa amasezerano ya Nairobi.

Uretse toni 130 z’ibisasu byarengeje igihe birimo gusenywa , hari n’izindi toni 55 zasenywe muri Nyakanga 2016, ngo mu Rwanda hari ibyuma byica imbunda zishaje zikazakorwamo ibindi bintu.

JPEG - 126.5 kb
Mbere yo kubituritsa abantu barabyitaza kugira ngo bitagira uwo bikomeretsa

2017-11-28
Editorial

IZINDI NKURU

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Editorial 14 Oct 2018
Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Editorial 23 Jun 2016
Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Editorial 04 Jun 2021
Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Editorial 11 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe
ITOHOZA

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Editorial 15 Dec 2016
Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye
Mu Rwanda

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Editorial 23 Jan 2018
Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Editorial 06 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru