• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Ubwanditsi 28 Nov 2017 Mu Rwanda

Mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hari kubera  igikorwa kizamara icyumweru cyo gusenya no guturitsa ibisasu byarengeje igihe n’ibindi bishaje kugira ngo bitazateza impanuka.

Ibisasu bishaje n’ibirengeje igihe ngo bisenywa kugira ngo bitazaturika bikaba byateza impanuka zishobora guhitana abantu zikanasenya ibintu.

ibirimo guturitswa n’amakompora, mine, amasasu na geranade (grenades), byarashwe mu ntambara ariko ntibiturike, ibyarengeje igihe biri mu bubiko hamwe n’ibindi byagiye bitoragurwa hirya no hino mu gihugu bigaragara ko bishaje.

Ni ku nshuro ya gatandatu u Rwanda rurimo gusenya no guturitsa ibisasu bishaje, mu rwego rwo kubahiriza no gushyira mu bikorwa amasezerano ya Nairobi yasinywe n’ibihugu 15 agamije kurwanya ikwirakwizwa ry’imbunda nto n’iziciriritse mu karere k’ibiyaga bigari no mw’ihembe ry’Afurika.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango ushinzwe kurwanya intwaro nto n’iziciriritse mu karere k’ibiyaga bigari no mu ihembe ry’Afurika (RECSA) Mutsindashyaka Theoneste, avuga ko ugereranije n’ibindi bihugu u Rwanda rumaze gutera imbere cyane mu bijyanye no kwangiza ibisasu bishaje.

Ati “u Rwanda rwateye intambwe cyane ku buryo dushaka ko umuryango wacu uzana ishuri hano kugira ngo tujye tuza kwigisha n’abandi banarebe uko bikorwa neza.”

JPEG - 188.5 kb
Major Gen Jaques Musemakweli avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari ibisasu byagiye bisigara ku misozi

Mutsindashyaka akomeza avuga ko ari ibihugu bike bigerageza kubahiriza amasezerano ya Nairobi ku buryo hari byinshi bashobora kwigira ku Rwanda.

Ibyo ngo abivugira ko mu Rwanda hari ububiko bw’imbunda bwubatse neza, ababukoramo nabo ngo n’ubwo bagikomeza kwigishwa ariko ibyo bakora ngo bikorwa neza kuko hari ahandi henshi bitagenda neza.

Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka Major Gen Jaque Musemakweli, avuga ko igikorwa cyo gusenya no guturitsa ibisasu bishaje ari ubushake u Rwanda rufite bwo kurwanya ikwirakwizwa ry’imbunda nto n’iziciriritse, hubahirizwa amasezerano ya Nairobi.

Uretse toni 130 z’ibisasu byarengeje igihe birimo gusenywa , hari n’izindi toni 55 zasenywe muri Nyakanga 2016, ngo mu Rwanda hari ibyuma byica imbunda zishaje zikazakorwamo ibindi bintu.

JPEG - 126.5 kb
Mbere yo kubituritsa abantu barabyitaza kugira ngo bitagira uwo bikomeretsa

2017-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Ubwanditsi 13 Jan 2025
Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 19 Feb 2024
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ubwanditsi 07 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora
Mu Rwanda

Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze
IKORANABUHANGA

Facebook yaciwe miliyari $5 kubera amakuru y’abayikoresha yashyizwe hanze

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo
Mu Rwanda

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Ubwanditsi 13 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru