• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Ubwanditsi 28 Nov 2017 Mu Rwanda

Mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hari kubera  igikorwa kizamara icyumweru cyo gusenya no guturitsa ibisasu byarengeje igihe n’ibindi bishaje kugira ngo bitazateza impanuka.

Ibisasu bishaje n’ibirengeje igihe ngo bisenywa kugira ngo bitazaturika bikaba byateza impanuka zishobora guhitana abantu zikanasenya ibintu.

ibirimo guturitswa n’amakompora, mine, amasasu na geranade (grenades), byarashwe mu ntambara ariko ntibiturike, ibyarengeje igihe biri mu bubiko hamwe n’ibindi byagiye bitoragurwa hirya no hino mu gihugu bigaragara ko bishaje.

Ni ku nshuro ya gatandatu u Rwanda rurimo gusenya no guturitsa ibisasu bishaje, mu rwego rwo kubahiriza no gushyira mu bikorwa amasezerano ya Nairobi yasinywe n’ibihugu 15 agamije kurwanya ikwirakwizwa ry’imbunda nto n’iziciriritse mu karere k’ibiyaga bigari no mw’ihembe ry’Afurika.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango ushinzwe kurwanya intwaro nto n’iziciriritse mu karere k’ibiyaga bigari no mu ihembe ry’Afurika (RECSA) Mutsindashyaka Theoneste, avuga ko ugereranije n’ibindi bihugu u Rwanda rumaze gutera imbere cyane mu bijyanye no kwangiza ibisasu bishaje.

Ati “u Rwanda rwateye intambwe cyane ku buryo dushaka ko umuryango wacu uzana ishuri hano kugira ngo tujye tuza kwigisha n’abandi banarebe uko bikorwa neza.”

JPEG - 188.5 kb
Major Gen Jaques Musemakweli avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi hari ibisasu byagiye bisigara ku misozi

Mutsindashyaka akomeza avuga ko ari ibihugu bike bigerageza kubahiriza amasezerano ya Nairobi ku buryo hari byinshi bashobora kwigira ku Rwanda.

Ibyo ngo abivugira ko mu Rwanda hari ububiko bw’imbunda bwubatse neza, ababukoramo nabo ngo n’ubwo bagikomeza kwigishwa ariko ibyo bakora ngo bikorwa neza kuko hari ahandi henshi bitagenda neza.

Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka Major Gen Jaque Musemakweli, avuga ko igikorwa cyo gusenya no guturitsa ibisasu bishaje ari ubushake u Rwanda rufite bwo kurwanya ikwirakwizwa ry’imbunda nto n’iziciriritse, hubahirizwa amasezerano ya Nairobi.

Uretse toni 130 z’ibisasu byarengeje igihe birimo gusenywa , hari n’izindi toni 55 zasenywe muri Nyakanga 2016, ngo mu Rwanda hari ibyuma byica imbunda zishaje zikazakorwamo ibindi bintu.

JPEG - 126.5 kb
Mbere yo kubituritsa abantu barabyitaza kugira ngo bitagira uwo bikomeretsa

2017-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

Ubwanditsi 30 Jun 2017
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Ubwanditsi 31 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC
INKURU NYAMUKURU

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United
Amakuru

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023
Ku myaka 94, Nancy Reagan Yitabye Imana
IMIKINO

Ku myaka 94, Nancy Reagan Yitabye Imana

Ubwanditsi 07 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru