• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Editorial 02 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Guhera ku itariki ya Mbere mutarama 2017, u Rwanda rwatangiye kwakira abanyamahanga baje nta byangombwa byanditse bitwaje, mu gihe bemerewe kumara iminsi  itarenze 30 mu Rwanda.

Guhera mu kwezi kwa 11 umwaka ushize, ni bwo u Rwanda twatangaje ko abantu baturutse mu bihugu byo mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba bemerewe kumara amezi 6 mu Rwanda, aho baba bemerewe gufatira ibyangombwa mu Rwanda cyangwa ababishoboye bakabyakira ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka mu bihugu byabo baba baturutsemo.

Aya masezerano yemeza ko mu bihugu birimo Benin, Central African Republic, Chad, DRC, Ghana, Guinea, Indonesia, Haiti, Mauritius, Philippines, Senegal, Seychelles, Sao Tome et Principe ndetse na Singapore bemerewe gusura u Rwanda mu gihe kingana n’iminsi 90 nta rupapuro rw’inzira (Visa), nk’uko byatangajwe n’umuyobozi ushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu.

Abanyamahanga bashobora gufatira ibyangombwa mu Rwanda bamaze kuhagera, bakaba babisaba hakoreshejwe uburyo bw’itumanaho ra interineti, cyangwa bakajya ku bigo bishinzwe imigenderanire mu gihugu baba baturutsemo.

Abazajya baturuka mu bihubu birimo Australia, u Budage, Israel, New Zealand, Sweden, United Kingdom, ndetse na Leta zunze ubumwe z’Amerika bemerewe uruhushya rwo kumara iminsi 30 gusa nabwo bakishyura Amadolari 30 yonyine nta zindi mpapuro zifashishijwe.

Ikigo cyo mu Rwanda gishinzwe abinjira n’abasohoka gitangaza ko izi mpushya z’igihe gito zitemerewe kugenderwaho ngo zifashishwe n’abaza bashaka akazi kuko baba bazatinda.

Abaturuka mu gihugu cya Hong Kong bo basabwa kubanza kwishyura mbere yo kuza.

Ibi bitandukanye n’uburyo byajyaga bikorwa, aho ushaka kuza gutembera mu Rwanda yabanzaga agashakira ibyangombwa iwabo, gusa ubwo buryo bukaba butarakuweho ahubwo ko umuntu akora ikimworoheye.

Abaturage bandi bo ku mugabane bashaka kuza mu Rwanda, cyangwa abashaka kuhanyura bajya mu bindi bihugu, bazajya bishyura Amadolari 30 gusa bamaze kugera mu Rwanda, ndetse batiriwe babisaba.

Mu Gushyingo 2017, nibwo Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga mu Rwanda yatangaje ko ubu buryo bushya bwo kwinjiza abanyamahanga mu Rwanda nta mbogamizi biri muri gahunda y’umuryango w’Afurika yunze ubumwe, bikazaha abaturage ukwishyira ukizana mu bihugu byose hagamijwe guteza imbere ubuhahirane ku mugabane w’Afurika, bikaba bizateza imbere ubukerarugendo ndetse n’ubushoramari mu Rwanda.

Mu nama ya 27 y’Afurika yunze ubumwe yabereye I Kigali mu kwezikwa Karindwi 2016, hemejwe paseporo nyafurika no kureba abaturage bakishyira bakizana muri buri gihugu.

The new Times dukesha iyi nkuru ivuga ko abateguye iyo nama bemeje ko ibi ari bimwe mu bizongera ubushoramari mu Rwanda ndetse u Rwanda rukazarushaho no kujya rwakira inama mpuzamahanga zitandukanye.

Kuva muri 2013, umubare w’abinjira mu Rwanda bo ku mugabane w’Afurika wiyongereye kuva kuri 31,054kugeza kuri  77,377 muri 2016.

Byibuze abantu 350 biyandikisha mu buryo bw’ikoranabuhanga buri munsi.

2018-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Editorial 07 Sep 2021
Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

Editorial 06 Dec 2019
Ese Koko Umunyemari  W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ese Koko Umunyemari W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Editorial 27 Jun 2018
Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’inama ihuza u Burusiya na Afurika

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’inama ihuza u Burusiya na Afurika

Editorial 23 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda
Amakuru

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Editorial 22 Dec 2021
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)
ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Editorial 24 Apr 2018
Amakipe 8 ahatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere yamenyekanye, uko agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza
Amakuru

Amakipe 8 ahatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere yamenyekanye, uko agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza

Editorial 01 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru