• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Editorial 15 Jun 2017 ITOHOZA

Uyu munyeshuri yigaga mu mwaka wa Gatandatu, ku Ishuri ribanza rya Kiriba, riherere mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke.

Abanyeshuri biganaga na nyakwigendera, bavuga ko mbere y’uko apfa yababwiye ko atameze neza bari kwiga isomo ry’ikoranabuhanga mu cyumweru gishize, bahita bamusohokana hanze.

Nyuma yo kumusohokana bakabona atamerewe neza, ngo bahise bamujyana kwa Se wa batisimu utuye hafi y’iryo shuri. Mu gihe cya saa Moya z’umugoroba nibwo yitabye Imana.

Umwarimu ukuriye abandi muri iki kigo yatangaje ko bikekwa ko yaba yarakubiswe n’umwarimu. Ati “Abaturage bose bavugaga ko ari umwarimu wamukubise. Cyakora hari abanyeshuri twabajije bavuga ko atigeze amukoraho kuko yari umuhanga.”

Nubwo abanyeshuri bemeza ko uwo mwarimu yajyaga abakubita inshyi, ngo uwo munsi ntiyigeze amukubita nkuko umwe yabisobanuye agira ati “Yahise aryama ku ntebe, mwarimu aramubaza ngo ‘wowe ko uryamye uko?’ tumubwira ko arwaye, ahita amwihorera, ntiyigeze amukoraho. Yagiye akubita abari gukora amakosa, abakubita urushyi.”

Abareraga uyu mwana nabo bavuze ko yari asanzwe atameze neza ndetse ko bakeka ko yaba yarazize uburwayi yari asanganywe.

Umwe yagize ati “Yajyaga agira ikibazo. Imodoka yigeze kumugonga. Ubwo rero kureba mu mashini hari ubwo yavugaga ngo iri kumukurura. Twatekereje ko wenda aricyo cyabiteye cyane ko yakundaga kurwaragurika.”

Umukozi w’Umurenge wa Muzo ushinzwe irangamimerere witwa Dushime Ruvuta Innoncent, yavuze ko nubwo uwo mwarimu atarahamwa n’icyo cyaha, abarimu bakwiye kwirinda gukubita abanyeshuri

Yagize ati “Abarimu bajye bitwararika mu gihe umwana akoze ikosa. Nubwo umwarimu atarahamwa n’icyo cyaha, twabagira inama, hari ubwo ushobora gukora ikosa yari yisanganiwe ibibazo bigahita bimuviramo urupfu.”

Ubuyobozi buvuga ko uyu mwarimu ari mu maboko ya Polisi mu gihe hagikorwa iperereza hanategerejwe n’ibisubizo bizatangwa na muganga ku cyaba cyarateye urwo rupfue.

2017-06-15
Editorial

IZINDI NKURU

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

Editorial 21 Jan 2020
Radio Itahuka mu buhungiro mu Bubiligi

Radio Itahuka mu buhungiro mu Bubiligi

Editorial 04 Aug 2016
U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

Editorial 25 Dec 2016
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Editorial 02 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu
INKURU NYAMUKURU

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Editorial 28 Sep 2018
Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma
Mu Mahanga

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Editorial 14 Apr 2016
INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA  IREMBO
Mu Mahanga

INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA IREMBO

Editorial 09 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru