• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Editorial 12 Apr 2018 Mu Mahanga

U Rwanda rurasaba ibihugu byose byateye inkunga ya politiki, ya gisirikare n’iy’imari, guverinoma yakoze jenoside guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda kuva mu 1990 kugeza mu 1994 mu nyungu z’ukuri kw’amateka n’ubutabera nk’uko byatangarijwe mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda wabereye mu gihugu cy’u Busuwisi wateguwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Mata ku bufatanye bw’umuryango w’Abibumbye na ambasade y’u Rwanda i Geneve.

Muri iki gikorwa havuzwe ko kwibuka bigomba kuba bigamije kumva neza impamvu zateye jenoside n’uburyo yakozwemo kugirango hajye hamenyekana ibimenyetso byayo hakiri kare hashyirweho ingamba zo kuyikumira kandi zishyirwe mu bikorwa mu gihe itangiye gukorwa.

Havuzwe kandi ko abari mu cyumba kibukirwagamo badakwiye gusiga ibyo bumvise mu byicaro nko kurangiza umuhango ahubwo bakwiye kuhava biyemeje gukora igishoboka cyose kugirango imizi ya jenoside irandurwe kimwe n’ibyaha byibasira inyokomuntu n’ibindi byaha ndengakamere bihonyora uburenganzira bwa muntu.

Mu biganiro byatanzwe kandi havuzwe ko mu Rwanda, kwibuka ari imbaraga zihuza ahahise n’uyu munsi ndetse n’igihe kizaza Abanyarwanda bifuza, bikongera ingufu mu bushake bwo kuvumbura no gukumira ibintu by’ibanze bihembera jenoside.

Kwibuka jenoside kandi ngo ni isoko y’ibanze y’inyigisho zigamije kubaka u Rwanda rushya rwabaye, ku buyobozi bwa perezida Kagame, urugero rwo kwiyubaka byihuse bishyigikiwe n’ubutegetsi bugendera ku mategeko nk’uko byatangajwe na ambasaderi Francois Xavier Ngarambe uhagarariye u Rwanda i Geneve.

Yakomeje ashimangira ko u Rwanda rusaba ibihugu byateye inkunga ya politiki, iya gisirikare n’iy’imari, guverinoma yakoze jenoside gufungura inyandiko zibitse zigaragaza uko ubwo bufatanye na guverinoma y’u Rwanda bwari buteye kuva mu 1990 kugeza mu 1994, mu nyungu z’ukuri kw’amateka n’iz’ubutabera.

Kurwanya no gukumira jenoside ngo bikwiye guca cyane cyane mu guhana ihakana ryayo. U Rwanda rukaba rushimira ibihugu byose byashyizeho amategeko ahana ihakana rya jenoside yakorewe Abatutsi ndetse aha rukaba rwongeye gusaba ibihugu bitarabikora kubikora mu rwego rwo guhangana n’umuco ukomeje gukura wo kuyihakana ndetse n’inyigisho zo kuyikomeza.

Havuzwe ko gusana bakwiye guha abagizweho ingaruka na jenoside ari ugufatanya mu kubumbatira amahoro n’umutekano kuri bose, mu rwego rwo guteza imbere no kurinda uburenganzira bwa muntu no kwizera iterambere ry’ubukungu n’imibereho birambye kandi kuri bose.

Guhana ihakana rya jenoside, ni ugukumira ko izindi jenoside zazakorwa, kuyamagana bikaba ari ugusohoka mu magambo ahubwo bigashyirwa mu bikorwa haharanirwa Isi itarangwamo ingengabitekerezo yayo.

U Rwanda kandi muri uyu muhango rwongeye gusaba ubufatanye bw’ibihugu byose bicumbikiye abantu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kubaburanisha cyangwa bikabohereza mu Rwanda hakurikijwe amategeko mpuzamahanga akaba ari ho baburanishirizwa nk’uko ibihugu bimwe byagiye bibikora birimo Denmark iteganya kohereza Wenceslas Twagirayezu ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda.

2018-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu Evode Imena yatawe muri yombi

Impamvu Evode Imena yatawe muri yombi

Editorial 30 Jan 2017
Polisi y’u Rwanda yasubije Ambasaderi wa Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe

Polisi y’u Rwanda yasubije Ambasaderi wa Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe

Editorial 24 Jan 2017
Perezida wa Djibouti  avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Editorial 07 Mar 2016
Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Editorial 30 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye
Amakuru

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Editorial 15 Sep 2023
Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya
IMIKINO

Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya

Editorial 18 Apr 2018
Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze
UBUKERARUGENDO

Mkapa wigeze kuyobora Tanzania ageze i Musanze

Editorial 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru