• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Editorial 12 Apr 2018 Mu Mahanga

U Rwanda rurasaba ibihugu byose byateye inkunga ya politiki, ya gisirikare n’iy’imari, guverinoma yakoze jenoside guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda kuva mu 1990 kugeza mu 1994 mu nyungu z’ukuri kw’amateka n’ubutabera nk’uko byatangarijwe mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda wabereye mu gihugu cy’u Busuwisi wateguwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Mata ku bufatanye bw’umuryango w’Abibumbye na ambasade y’u Rwanda i Geneve.

Muri iki gikorwa havuzwe ko kwibuka bigomba kuba bigamije kumva neza impamvu zateye jenoside n’uburyo yakozwemo kugirango hajye hamenyekana ibimenyetso byayo hakiri kare hashyirweho ingamba zo kuyikumira kandi zishyirwe mu bikorwa mu gihe itangiye gukorwa.

Havuzwe kandi ko abari mu cyumba kibukirwagamo badakwiye gusiga ibyo bumvise mu byicaro nko kurangiza umuhango ahubwo bakwiye kuhava biyemeje gukora igishoboka cyose kugirango imizi ya jenoside irandurwe kimwe n’ibyaha byibasira inyokomuntu n’ibindi byaha ndengakamere bihonyora uburenganzira bwa muntu.

Mu biganiro byatanzwe kandi havuzwe ko mu Rwanda, kwibuka ari imbaraga zihuza ahahise n’uyu munsi ndetse n’igihe kizaza Abanyarwanda bifuza, bikongera ingufu mu bushake bwo kuvumbura no gukumira ibintu by’ibanze bihembera jenoside.

Kwibuka jenoside kandi ngo ni isoko y’ibanze y’inyigisho zigamije kubaka u Rwanda rushya rwabaye, ku buyobozi bwa perezida Kagame, urugero rwo kwiyubaka byihuse bishyigikiwe n’ubutegetsi bugendera ku mategeko nk’uko byatangajwe na ambasaderi Francois Xavier Ngarambe uhagarariye u Rwanda i Geneve.

Yakomeje ashimangira ko u Rwanda rusaba ibihugu byateye inkunga ya politiki, iya gisirikare n’iy’imari, guverinoma yakoze jenoside gufungura inyandiko zibitse zigaragaza uko ubwo bufatanye na guverinoma y’u Rwanda bwari buteye kuva mu 1990 kugeza mu 1994, mu nyungu z’ukuri kw’amateka n’iz’ubutabera.

Kurwanya no gukumira jenoside ngo bikwiye guca cyane cyane mu guhana ihakana ryayo. U Rwanda rukaba rushimira ibihugu byose byashyizeho amategeko ahana ihakana rya jenoside yakorewe Abatutsi ndetse aha rukaba rwongeye gusaba ibihugu bitarabikora kubikora mu rwego rwo guhangana n’umuco ukomeje gukura wo kuyihakana ndetse n’inyigisho zo kuyikomeza.

Havuzwe ko gusana bakwiye guha abagizweho ingaruka na jenoside ari ugufatanya mu kubumbatira amahoro n’umutekano kuri bose, mu rwego rwo guteza imbere no kurinda uburenganzira bwa muntu no kwizera iterambere ry’ubukungu n’imibereho birambye kandi kuri bose.

Guhana ihakana rya jenoside, ni ugukumira ko izindi jenoside zazakorwa, kuyamagana bikaba ari ugusohoka mu magambo ahubwo bigashyirwa mu bikorwa haharanirwa Isi itarangwamo ingengabitekerezo yayo.

U Rwanda kandi muri uyu muhango rwongeye gusaba ubufatanye bw’ibihugu byose bicumbikiye abantu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kubaburanisha cyangwa bikabohereza mu Rwanda hakurikijwe amategeko mpuzamahanga akaba ari ho baburanishirizwa nk’uko ibihugu bimwe byagiye bibikora birimo Denmark iteganya kohereza Wenceslas Twagirayezu ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda.

2018-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Editorial 06 Jan 2017
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Editorial 17 Nov 2021
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Editorial 01 Jun 2023
Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Editorial 06 Jan 2017
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Editorial 17 Nov 2021
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Editorial 01 Jun 2023
Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Editorial 06 Jan 2017
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru