• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi
Mgr Hakizimana Celestin uyobora diyoseze ya Gikongoro

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Editorial 24 Apr 2018 Mu Rwanda

Ndikubwimana Augustin wari umupadiri muri Diyosezi ya Gikongoro yahagaritswe imyaka ibiri, ashinjwa ubusinzi bukabije ndetse n’ubusambanyi.

Uyu mupadiri yasabwe kwisubiraho muri iki gihe cy’imyaka ibiri, byagaragara koko ko yisubiyeho akaba yababarirwa agasubizwa mu gipadiri.

Musenyeri Celestin Hakizimana uyobora Diyoseze ya Gikongoro, abicishije mu ibaruwa ihagarika uyu mupadiri, yavuze ko uyu mupadiri yahagarikiwe imirimo y’Ubusaseridoti irimo gusoma misa no gutanga amasakaramentu, akaba; nta n’umuntu wemerewe kumugisha inama mu by’iyobokamana.

Muri iyi baruwa Musenyeri Hakizimana yasabye abakiritsu kumusabira ku mana, kugira ngo abashe kwisubiraho agaruke mu muryango w’abana b’Imana.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru Musenyeri Hakizimana, yemeje ko Padiri Ndikubwimana Augustin, yari umupadiri wasomaga agahiye cyane kandi yaba yagasomye imyitwarire igahinduka akaba undi muntu udakwiriye kwitwa Padiri.

Yagize ati “ Ubusanzwe umupadiri asezerana ubukene, kumvira ndetse n’ubumanzi, iyo ayarenze ho uramwiyama, ukamuyanga byamunarira kwisubiraho ukamuhagarika.

Ibyo yakoraga byagiraga ingaruka ku bakirisitu (scandale pubilique). Iyo yabaga ari muzima wabonaga ari umupadiri uzi ubwenge wagirira akamaro kiriziya, ariko yamara kugasoma ukabona arahindutse”.

JPEG - 46.5 kb
Ibaruwa ya musenyeri Hakizimana ihagarika Padiri ndikubwimana Augustin mu mirimo y’Ubusaseridoti

Nyuma yo guhagarikwa yoherejwe kwiga, anitekerezaho

Muri kiriziya umupadiri basezereye bamuha imperekeza ariko ngo uyu mupadiri banze kumuha imperekeza kubera ko basanze ashobora kuyapfusha ubusa.

Musenyeri wa Gikongoro yagize ati “Twasanze tumuhaye imperekeza nk’uko kiriziya ibiteganya yayapfusha ubusa, twamusabye ko yakwiga tukamurihira ishuri dutegereje ko namara kwiga tukabona yarisubiyeho tuzamubabarira ariko natikosora tuzamuha indi imyaka ibiri hanyuma dukore raporo I Roma bamusezerere burundu”.

Musenyeri kandi avuga uyu mupadiri yihanagirijwe kenshi kugeza ubwo bamuzanye i Kigali ngo asengerwe ariko bikanga bikaba iby’ubusa.

Muri iyi myaka ibiri uyu mupadiri wahagaritswe ngo agiye kuminuza mu mashuri y’Uburezi, nagaruka bazarebe ko yisubiyeho, nibinanirana azasezererwe Burundi imperekeza ibe ayo mashuri bamurihiye ajye hanze yirwaneho.

Kugeza ubu ntitwabonye uko tuvugana n’uyu mupadiri ngo twumve niba ibyo ashinjwa ari ukuri gusa aramutse abonetse twabigeza ku basomyi bacu.

2018-04-24
Editorial

IZINDI NKURU

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Editorial 24 Dec 2024
RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

Editorial 26 May 2017
Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Editorial 31 Jul 2021
Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Editorial 23 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe
Amakuru

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Editorial 07 Feb 2022
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba
Amakuru

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Editorial 28 Dec 2024
Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho
ITOHOZA

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yahawe udushimwe muri Amerika atakiriho

Editorial 27 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru