• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Giramata Nadja, umunyarwandakazi muri bake bazwi ku rwego mpuzamahanga mu kumurika imideli yasigiwe ibikomere bidakira na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nadja Giramata yavukiye mu Rwanda mu Mujyi wa Rubavu ahahoze hitwa i Gisenyi, ariko yakuriye mu Bufaransa aho yageze afite imyaka itanu y’amavuko.

Yageze mu Bufaransa asanzeyo mukuru we witwa Natacha nyuma aza kwimukira mu Bwongereza mu Mujyi wa Manchester ari naho yatangiriye ibyo kumurika imideli.

Uyu mukobwa yakoranye n’ibigo bikomeye mu by’imideli ku Isi ndetse yerekanye iyahanzwe n’abakomeye barimo Tom Ford, Philip Treacy, Jasper Conran, Kimora Lee Simmons[wahoze ari umugore wa Russell Brand], Naeem Khan, Jenny Packham, Tadashi Shoji, Rodebjer, Lela Rose, Tracy Reese, Adam Selman, Daks, Amanda Wakeley n’abandi benshi.

Abahanga mu gutoranya abanyamideli, bavumbuye impano ya Giramata ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye mu Mujyi wa Manchester ibyerekeye ‘Icyongereza n’Ubuvanganzo’.

Nubwo amaze kuba icyamamare mu mideli ku Isi yabwiye Forbes Magazine mu kiganiro kirambuye bagiranye ko ‘azirikana inkomoko ye’ ndetse iteka iyo yibutse abe yabuze muri jenoside ahita atekereza ku babishe.

Giramata i New York…

Ni Umunyarwandakazi mu maraso ariko afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza akaba n’Umunyamerika, ubu atuye mu Mujyi wa New York.

Mu ndimi esheshatu avuga adategwa, harimo n’Ikinyarwanda gusa ku bwo kuba mu mahanga imyaka myinshi hari amagambo amucika. Izindi ndimi Giramata avuga harimo Igifaransa, Igitaliyani, Icyesipanyoro, Igi- Portuguese n’Icyongereza.

Jenoside yakorewe Abatutsi yasize ibikomere bidakira ku mutima wa Giramata Nadja kubera ubwicanyi ndengakamere yabonye bwakorewe Abatutsi; by’umwihariko ashengurwa n’abavandimwe be bishwe.

Mu be yabuze, harimo nyina, musaza we mukuru, nyirakuru ndetse na babyara be batandukanye. Nyina yiciwe mu kivunge cy’abandi 600 bari bahungiye mu kiliziya[ntavuga izina rya Paruwasi], amakuru y’urupfu rwe n’aho yaguye ngo yayahawe n’umwe muri babyara be babonye interahamwe zimwica.

Umunyamakuru Claire Coghlan wa Forbes, yabajije Giramata umuntu wishe abavandimwe be, undi atazuyaje yahise avuga ati “Ni abaturanyi!”.

Ibikomere bya Jenoside…

Yongeraho ati “Ahanini abatutsi bishwe n’abaturanyi babo ubundi bigakorwa n’abaturutse ahandi. Niyo mpamvu usanga harapfuye umubare munini cyane, kuko nta wamenya urugo rwawe kurusha umuturanyi wawe. Nubwo Abatutsi aribo bahigwaga, Abahutu n’Abatwa barwanyaga ubwicanyi icyo gihe nabo barishwe.”

Giramata yashimangiye ko mu mutwe we akigendana amashusho y’ibyo yabonye muri Jenoside; by’umwihariko ngo yibuka cyane igitondo kimwe ubwo yari kumwe na nyina bavuye mu bwihisho bagaca ku mirambo y’Abatutsi itabarika yari yiciwe hafi y’urugo rwabo.

Yagize ati “Ntabwo nzigera nibagirwa icyo gitondo kibi, ubwo twajyaga mu rugo ahantu hose hari hacecetse, mama yavugije induru… Nabonye abagabo bafite imihoro baririmba ko ari twe bagiye gukurikizaho ko nubwo twakwihisha amaherezo tugomba gupfa.”

Yongeraho ati “Bivugaga imyato, bavugaga uburyo banyotewe no gusogongera umugore w’Umututsi. Ntabwo niyumvishaga uburyo banywaga bakanaririmba bishima kandi ubuzima bwacu buri mu kaga.”

Giramata yibuka ko Interahamwe zishe abaturanyi babo hari bamwe zasambanyaga ku ngufu kugira ngo “zinezeze, zinasogongere abagore b’abatutsi”.

Yavuze ko akurikije ibyo yabonye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo yavanyemo isomo rikomeye ko “amacakubiri atubaka ahubwo asenya”.

Giramata Nadja, umunyamideli warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Giramata yahaye imbabazi abishe umuryango we nubwo nta n’umwe wamusabye imbabazi, ngo kubaha imbabazi ku mutima byamuhaye umutuzo no kumva umutima we utaremerewe bityo agasaba n’abandi gutera intambwe bakimika ubumwe n’ubwiyunge.

Inzozi za Giramata…

Yinjiye mu by’imideli nk’inzozi yakuranye nyuma y’uko mukuru we witwa Natacha yigeze kumubwira ko azamera nk’icyamamare Naomi Campbell. Ati “Ntabwo numvaga icyo bivuze kumbwira ko ‘umunsi umwe nzamera nka Naomi Campbell’, ariko nakunze igitekerezo cye kandi cyangumye mu mutwe.”

Yongeraho ati “Mu myaka yakurikiyeho ubwo nari mfite ubushobozi bwo kuba muri Amerika no gukora nk’umunyamideli, bisobanuye ikintu gikomeye cyane kuri njye. Byanyeretse imbaraga ziri mu kwizera no kugira inzozi aho waba uturuka hose.”

Inzozi afite muri we uretse kuzamura impano ye mu by’imideli, Giramata yifuza kuba umuvugizi w’abatagira kivurira, imfubyi n’abagore bafashwe ku ngufu.

Ati “Abo bahohotewe [abagore n’abana] nibo bababaye cyane mu muryango, ikindi kandi ubuzima bwanjye n’amateka yanjye byabereka ko ubuzima bwabo butageze ku iherezo.”

Giramata akora akazi ko kumurika imideli nk’umwuga muri Amerika

Giramata mu mwaka wa 2017 ubwo mukuru we Natacha yari yahawe impamyabumenyi ya Kaminuza


2018-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Ubwanditsi 17 Jun 2019
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Ubwanditsi 15 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi
INKURU NYAMUKURU

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware
Mu Mahanga

Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda
Mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru