• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

  • P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi   |   26 Jun 2026

  • Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere   |   25 Jun 2026

  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Giramata Nadja, umunyarwandakazi muri bake bazwi ku rwego mpuzamahanga mu kumurika imideli yasigiwe ibikomere bidakira na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nadja Giramata yavukiye mu Rwanda mu Mujyi wa Rubavu ahahoze hitwa i Gisenyi, ariko yakuriye mu Bufaransa aho yageze afite imyaka itanu y’amavuko.

Yageze mu Bufaransa asanzeyo mukuru we witwa Natacha nyuma aza kwimukira mu Bwongereza mu Mujyi wa Manchester ari naho yatangiriye ibyo kumurika imideli.

Uyu mukobwa yakoranye n’ibigo bikomeye mu by’imideli ku Isi ndetse yerekanye iyahanzwe n’abakomeye barimo Tom Ford, Philip Treacy, Jasper Conran, Kimora Lee Simmons[wahoze ari umugore wa Russell Brand], Naeem Khan, Jenny Packham, Tadashi Shoji, Rodebjer, Lela Rose, Tracy Reese, Adam Selman, Daks, Amanda Wakeley n’abandi benshi.

Abahanga mu gutoranya abanyamideli, bavumbuye impano ya Giramata ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye mu Mujyi wa Manchester ibyerekeye ‘Icyongereza n’Ubuvanganzo’.

Nubwo amaze kuba icyamamare mu mideli ku Isi yabwiye Forbes Magazine mu kiganiro kirambuye bagiranye ko ‘azirikana inkomoko ye’ ndetse iteka iyo yibutse abe yabuze muri jenoside ahita atekereza ku babishe.

Giramata i New York…

Ni Umunyarwandakazi mu maraso ariko afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza akaba n’Umunyamerika, ubu atuye mu Mujyi wa New York.

Mu ndimi esheshatu avuga adategwa, harimo n’Ikinyarwanda gusa ku bwo kuba mu mahanga imyaka myinshi hari amagambo amucika. Izindi ndimi Giramata avuga harimo Igifaransa, Igitaliyani, Icyesipanyoro, Igi- Portuguese n’Icyongereza.

Jenoside yakorewe Abatutsi yasize ibikomere bidakira ku mutima wa Giramata Nadja kubera ubwicanyi ndengakamere yabonye bwakorewe Abatutsi; by’umwihariko ashengurwa n’abavandimwe be bishwe.

Mu be yabuze, harimo nyina, musaza we mukuru, nyirakuru ndetse na babyara be batandukanye. Nyina yiciwe mu kivunge cy’abandi 600 bari bahungiye mu kiliziya[ntavuga izina rya Paruwasi], amakuru y’urupfu rwe n’aho yaguye ngo yayahawe n’umwe muri babyara be babonye interahamwe zimwica.

Umunyamakuru Claire Coghlan wa Forbes, yabajije Giramata umuntu wishe abavandimwe be, undi atazuyaje yahise avuga ati “Ni abaturanyi!”.

Ibikomere bya Jenoside…

Yongeraho ati “Ahanini abatutsi bishwe n’abaturanyi babo ubundi bigakorwa n’abaturutse ahandi. Niyo mpamvu usanga harapfuye umubare munini cyane, kuko nta wamenya urugo rwawe kurusha umuturanyi wawe. Nubwo Abatutsi aribo bahigwaga, Abahutu n’Abatwa barwanyaga ubwicanyi icyo gihe nabo barishwe.”

Giramata yashimangiye ko mu mutwe we akigendana amashusho y’ibyo yabonye muri Jenoside; by’umwihariko ngo yibuka cyane igitondo kimwe ubwo yari kumwe na nyina bavuye mu bwihisho bagaca ku mirambo y’Abatutsi itabarika yari yiciwe hafi y’urugo rwabo.

Yagize ati “Ntabwo nzigera nibagirwa icyo gitondo kibi, ubwo twajyaga mu rugo ahantu hose hari hacecetse, mama yavugije induru… Nabonye abagabo bafite imihoro baririmba ko ari twe bagiye gukurikizaho ko nubwo twakwihisha amaherezo tugomba gupfa.”

Yongeraho ati “Bivugaga imyato, bavugaga uburyo banyotewe no gusogongera umugore w’Umututsi. Ntabwo niyumvishaga uburyo banywaga bakanaririmba bishima kandi ubuzima bwacu buri mu kaga.”

Giramata yibuka ko Interahamwe zishe abaturanyi babo hari bamwe zasambanyaga ku ngufu kugira ngo “zinezeze, zinasogongere abagore b’abatutsi”.

Yavuze ko akurikije ibyo yabonye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo yavanyemo isomo rikomeye ko “amacakubiri atubaka ahubwo asenya”.

Giramata Nadja, umunyamideli warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Giramata yahaye imbabazi abishe umuryango we nubwo nta n’umwe wamusabye imbabazi, ngo kubaha imbabazi ku mutima byamuhaye umutuzo no kumva umutima we utaremerewe bityo agasaba n’abandi gutera intambwe bakimika ubumwe n’ubwiyunge.

Inzozi za Giramata…

Yinjiye mu by’imideli nk’inzozi yakuranye nyuma y’uko mukuru we witwa Natacha yigeze kumubwira ko azamera nk’icyamamare Naomi Campbell. Ati “Ntabwo numvaga icyo bivuze kumbwira ko ‘umunsi umwe nzamera nka Naomi Campbell’, ariko nakunze igitekerezo cye kandi cyangumye mu mutwe.”

Yongeraho ati “Mu myaka yakurikiyeho ubwo nari mfite ubushobozi bwo kuba muri Amerika no gukora nk’umunyamideli, bisobanuye ikintu gikomeye cyane kuri njye. Byanyeretse imbaraga ziri mu kwizera no kugira inzozi aho waba uturuka hose.”

Inzozi afite muri we uretse kuzamura impano ye mu by’imideli, Giramata yifuza kuba umuvugizi w’abatagira kivurira, imfubyi n’abagore bafashwe ku ngufu.

Ati “Abo bahohotewe [abagore n’abana] nibo bababaye cyane mu muryango, ikindi kandi ubuzima bwanjye n’amateka yanjye byabereka ko ubuzima bwabo butageze ku iherezo.”

Giramata akora akazi ko kumurika imideli nk’umwuga muri Amerika

Giramata mu mwaka wa 2017 ubwo mukuru we Natacha yari yahawe impamyabumenyi ya Kaminuza


2018-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Nkurunziza yaba yaragiye ku butegetsi ashaka amafaranga kurusha kunga Abarundi?

Perezida Nkurunziza yaba yaragiye ku butegetsi ashaka amafaranga kurusha kunga Abarundi?

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Ubwanditsi 28 Dec 2019
Burundi : Abatoni 5 bagiye gukora ” AKANTU ” murwego  rwo kwikiza  Perezida Nkurunziza

Burundi : Abatoni 5 bagiye gukora ” AKANTU ” murwego rwo kwikiza Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 10 May 2018
Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda
Mu Rwanda

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Aug 2017
Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko
Amakuru

Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Ubwanditsi 26 Jan 2023
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa
Amakuru

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Ubwanditsi 01 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru