• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Editorial 13 Nov 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, akaba ashinzwe n’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko iyo Uganda isaba u Rwanda urutonde rw’Abanyarwanda ishinjwa kuba ifunze iba yigiza nkana.

yarabajijwe icyo avuga ku byanditswe na bimwe mu binyamakuru byo muri Uganda bivuga ko ubutegetsi bw’i Kampala busaba u Rwanda kuyiha urutonde rw’abo ruvuga ko ifunze, asubiza ko ‘utafunga umuntu ngo nurangiza uvuge ko utazi uwo ari we.’-umuseke

Kimwe mu binyamakuru byo muri Uganda kitwa ChimpReports cyanditse ko hari ibyo ubutegetsi bwa Kampala bwasabye u Rwanda ariko bitarakorwa.

Hari ahanditse hati: ‘ …Uganda yasabye u Rwanda kuyiha urutonde rw’abantu ruvuga ko ifunze mu buryo butemewe n’amategeko.

Mu nama yahuje abahagarariye ibihugu byombi muri iki kibazo yabereye i Kigali, Uganda yavuyeyo idahawe urwo rutonde. Ntabwo rwari ruri mu nyandiko yahawe nyuma y’inama.

U Rwanda rwijeje ko ruzoherereza Uganda urwo rutonde kugira ngo rusuzumwe n’inzego za Uganda, kugeza kuri uyu wa Kabiri {12, Ugushyingo, 2019}, urutonde ntiruragera ku nzego za Uganda…’

Kuri Minisitiri Olivier Nduhungirehe asanga ibyo Uganda isaba u Rwanda ibikora nkana kuko itayobewe ko ‘hari Abanyarwanda ifunze mu buryo butemewe n’amategeko.’

Ati: “Iyo ufungiye abantu iwawe, uba ukeneye ko hari uguha lisite yabo ngo umenye abo ari bo maze ubafungure?”

Avuga ko Uganda ari yo izi abo ifunze bityo ko ari yo yagombye kubafungura itiriwe yaka urutonde.

Ngo nta kuntu wafunga abantu hanyuma ukemeza ko utazi amazina yabo n’ibindi bibaranga.

Abajijwe uko bizagenda buri ruhande niruguma ku cyo ruhagazeho (u Rwanda rugasaba ko abantu barwo barekurwa, Uganda na yo ikarusaba kuyiha urutonde rw’abo bantu), Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko ‘afite ikizere ko ibintu bizagenda neza.’

Ku wa Mbere w’Icyumweru gitaha taliki 18, Ugushyingo, 2019 hateganyijwe inama ya kabiri izahuza u Rwanda na Uganda hamwe n’ibihugu byo mu Karere kugira ngo hasuzumwe aho ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda rigeze.

Perezida Kagame ati “Abanyarwanda bafungiwe Uganda nibura nta n’umwe uragezwa imbere y’Ubutabera”

Mu kiganiro giheruka guhuza Perezida Paul Kagame n’itangazamukuru ku wa gatanu w’icyumweru gishize, tariki 8 Ugushyingo 2019, yabajijwe uko umubano w’u Rwanda na Uganda uhagaze, avuga ko hakiri byinshi bitarajya mu buryo.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu nama yabereye i Kigali tariki 16 Nzeri 2019 igahuza intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda hari byinshi byaganiriwemo ariko ngo inama ya kabiri yagombaga kubera muri Uganda tariki 16 Ukwakira 2019 nk’uko byari byari byemejwe n’impande zombi ngo ntiyabaye ku mpamvu u Rwanda rutamenye.

Kagame yagize ati “Impamvu z’uko inama itabaye muri Uganda simbizi, ariko nzi ko itabaye. Yagombaga kuba tariki 16 Ukwakira, yimurirwa ku ya 13 Ugushyingo ariko nta butumire twabonye, nabwo icyo bivuze simbizi, nyuma batubwiye ko inama izaba ku wa 18 Ugushyingo 2019, ishobora no kubata, tuzabyubaha, ariko iriya nama yari gukemura ibibazo byinshi tuvuga bimaze igihe.”

Perezida Kagame avuga ko hari ikibazo cy’abahungabanya u Rwanda bakorera muri Uganda, ariko Uganda ikabihakana, nyamara ngo abafatiwe mu mitwe irwanya u Rwanda bo barabihamya.

Kagame ati “Ibimenyetso birahari, hari abafashwe babyemeza.”

Uganda ishinjwa gufunga Abanyarwanda ku mpamvu zihora zihindagurika, Perezida Paul Kagame yavuze ko ubu impamvu Uganda ivuga ko ifunze Abanyarwanda ari iy’uko babayo nta byangombwa bafite, mbere ho yavugaga ko ibafunga kubera ko ari intasi z’u Rwanda.

Ati “Ni gute ufata abantu 100 ntihagire n’umwe ujya mu nkiko? Nibura umwe?”

Perezida Kagame yabwiye itangazamakuru ko abafashwe barwanya u Rwanda bavuga ko benshi mu bafungirwa u Rwanda baba basabwe kujya mu mitwe yabo bakabyanga, “bakabihanirwa”.

Gusa ngo nyuma y’inama yabereye i Kigali, Uganda yitwikiriye ijoro, irekura Abanyarwanda bakabkaba 40 yari ifunze mu buryo butemewe n’amategeko, ariko ngo nyuma yongeye gufunga abandi.

Nubwo bimeze gutyo, Perezida Paul Kagame avuga ko iki kibazo yizeza ko kizakemuka, ariko ngo imibanire yakabaye ari myiza kurushaho.

2019-11-13
Editorial

IZINDI NKURU

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Editorial 07 Mar 2020
Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Editorial 08 Mar 2019
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Editorial 06 Nov 2024
U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Editorial 01 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Davido wavuzweho gukururana n’abakobwa bo mu Rwanda ngo ntazi gucana inyuma
HIRYA NO HINO

Davido wavuzweho gukururana n’abakobwa bo mu Rwanda ngo ntazi gucana inyuma

Editorial 12 Mar 2018
Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza
Amakuru

Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Editorial 21 Mar 2022
Petroli yongeye kuba ikibazo gikomeye mu Burundi
HIRYA NO HINO

Petroli yongeye kuba ikibazo gikomeye mu Burundi

Editorial 13 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru