• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Editorial 19 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Byari bimenyerewe ko Nahimana Thomas ari umutekamutwe, ugambiriye kwirira imisanzu y’abajenosideri n’ibigarasha, abeshya ko azabakiza kugwa igihugu igicuri. Ubu ariko noneho ntibikiri ubujura gusa, Nahimana aranagaragaza ibimenyetso by’uko ari hafi gutora amashashi.

Muri izi mpera z’icyumweru, Nahimana yakoranyirije indindagire zigenzi ze i Washington DC muri Amerika, maze bongera kwerekana ko ahubwo ari abantu bo gutabarizwa, kuko uburwayi bw’ihungabana rikabije.

Iyo witegereje abari bateraniye muri iyo nama bise” GREX Convention”, ukumva amateshwa abavamo, abenshi baragobwe abandi basusumira, kubera ubusaza, uburwayi, ubusinzi, ubukene n’ubundi bujyahabi, ntibigusaba ubundi buhanga ngo ubone ko ari agatsiko k’abantu basizwe n’ibihe, batazi na mba aho isi yerekeza.

Nimutekereze indindagire ziyita” guverinoma yo mu buhungiro”, hafi ya bose batagira n’urwara rwo kwishima, abandi bahora bikanga ko ibihugu barimo igihe icyo aricyo cyose byabahambiriza, dore ko barimo n’abakurikiranyweho ibyaha basize bakoze mu Rwanda, n’ibyo bakora uyu munsi birimo kurema imitwe y’abagizi ba nabi.

Ubundi” convention ” nk’iyo aba basazi barotaga, aba ari ihuriro rigari, rigizwe n’imitwe ya politiki yemewe n’amategego, sosiyete sivile n’andi mashyirahamwe ya politiki, bifite intego yumvikana cyangwa “projet de société” ifitiye rubanda akamaro. Si agatsiko nk’aka k’indindagire zirota ku manywa y’ihangu, zigifite imyumvire yarengeje igihe, ihabanye kure n’imitere y’uRwanda rwa none.

Muri uko guhondobera kubera intege nke z’unubiri n’iz’ubwonko, Nahimana n’abarwayi be barihandagaje bemeza ko bari hafi guhirika ubutegetsi bwa Perezida Kagame, ndetse” Jenerali” Kanyamibwa ngo utegeka igisirikari cyabo, avuga ko mu mezi atandatu gusa(6) ingabo ze zizaba zamaze kwigarurira uRwanda!

Ubu koko uRwanda ni urwo gufatwa n’impehe za kadahumeka Kanyamibwa, wabinaniwe agikanyakanya nkanswe ubu izabukuru zimwanzuranya!

Nta mupfu winukira koko. Abantu ntibashinga, ariko bati:” Tugiye kubyina umudiho w’intsinzi twicaye mu Rugwiro”!

Ikindi kikwereka ko aba bantu batazi ko Umunyarwanda wa none yabasize kure mu myumvire, ni uko bagishyize imbere iturufu y’ubwoko, batazi ko ibyo byabaye amateka mu Rwanda. Nimutekereze inyangabirama zibwira Abanyarwanda ngo zije kuvanaho ” ivangura Abahutu bakorerwa n’ abavantara b’Abatutsi”! Uretse mu mitwe y’aba bagome, ni hehe mu Rwanda hakiri itotezwa rishingiye ku bwoko?

Imyaka irasaga 30 ababisha nka Nahimana Thomas n’abatekereza nkawe bahigira gusubiza Abanyarwanda mu icuraburindi, ariko ntibabigezeho, ntibazanabigeraho. Zizakomeza kuba inzozi mutazigera mukabya, kuko imbaraga z’abarwanya ikibi ziyongera uko bwije n’uko bukeye.

Kuba umusazi yarota kubaka igorofa, ntibimubuza kurara mu ikarito. Kuba Nahimana nawe warota kuba Perezida w’uRwanda, ntibikubuza kubunza akarago n’akebo iw’abandi, doreko ibisabano aribyo bigufasha kurenza umunsi.

2024-08-19
Editorial

IZINDI NKURU

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Editorial 01 Nov 2017
Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Editorial 13 Sep 2016
Dr Rose Mukankomeje  yafunguwe by’agateganyo

Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Editorial 15 Apr 2016
Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Editorial 12 Jun 2018
Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Editorial 01 Nov 2017
Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Editorial 13 Sep 2016
Dr Rose Mukankomeje  yafunguwe by’agateganyo

Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Editorial 15 Apr 2016
Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Editorial 12 Jun 2018
Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Editorial 01 Nov 2017
Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Editorial 13 Sep 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru