• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gushima no kwishimira ibyagezweho

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Editorial 18 May 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yatangiye ku mugaragaro mu gihugu hose, ibikorwa by’iterambere ry’abaturage n’ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha, no guhererekanya ibyatanzwe na Polisi y’u Rwanda ku baturage b’umudugudu wa Nyamikori, akagari ka Cyanya ,umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe; n’abaturage b’umudugudu wa Rugarama, akagari ka Gatobotobo, umurenge wa Giti mu karere ka Gicumbi. Aba baturage baravuga uburyo bashimishijwe n’ibyo bahawe :

Kirehe

Kinyata Lameki, umuhinzi akaba n’umubyeyi w’abana bane , yijeje kuzarinda ivomo ry’amazi meza bahawe.Yavuze ko abaturage bagera kuri 600 bajyaga kuvoma kure, ariko ubu bagiye kujya bakoresha igihe gito bavoma bakabona uko bikorera indi mirimo no kutongera guhura n’imvune nyuma y’uko bubakiwe amavomo 4.

Yankurije Belancile arashimira Polisi y’u Rwanda kandi akizeza ko azatanga amakuru ku bacuruzi b’ibiyobyabwenge bazashaka guhindura agace atuyemo inzira yabyo.

Ndabakeka Samuel, umwe mu bahawe amashanyarazi y’imirasire y’izuba avuga ko mbere yo kuyabona , buri umwe mu bana be bane yakoreshaga itadowa kugirango bakore imikoro yabo yo ku ishuri;hakiyongeraho guhumeka umwotsi w’ayo matadowa utera indwara z’ubuhumekero.

Imitavu: Itorero ry’abana bari hagati y’imyaka 4 na 14 bo mu murenge wa Gahara basusurukije abitabiriye umuhango mu ikinamico irimo urwenya n’inyigisho zitandukanye.

Gicumbi:

Kimonyo Boniface: umukambwe w’imyaka 97 y’amavuko, agira ati:” Dufite imihanda, twahawe inka, dufite umutekano, dufite n’umuriro by’umwihariko no mu nzu yanjye, ibi ntibyigeze bibaho muri Giti, ndinze ngana ntya nta muyobozi nkamwe uje muri Giti, dufite ubuyobozi bwiza.”

Uzamukunda Ruth: umubyeyi w’imyaka 42, ufite abana 6 bose biga we agira ati:” Nishyuraga amafaranga 100 yo gushyira umuriro muri telefoni yanjye, ibyo ntibizongera; umwana wanjye uzakora ikizami cya Leta yari yarabonye amanota 76 ku ijana, ubu ndahamya ko azabona menshi kubera kwigira ku matara, sinabona uko nshimira umukuru w’igihugu wanaduhaye inzitiramibu, twari twarazahajwe na malaria, harakabaho ubuyobozi bwatugejeje kuri ibi byose.”

Mukansanga Ruth: Umubyeyi w’imyaka 58, ufite abana babiri bazakora ibizami bya Leta agira ati:” Ubu nta mpungenge mfite ku manota abana banjye bazagira kuko bigira ku muriro, mudushimirire umukuru w’igihugu Paul Kagame waduhaye uyu muriro akaduha n’inka, muti nta mwana ukirwara bwaki kubera ibyo wabagejejeho.”

RNP

2017-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Editorial 20 Jun 2017
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Editorial 11 Sep 2025
REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

Editorial 16 Dec 2021
Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Editorial 09 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abicanyi bari bahitanye Gen Katumba Wamala Imana ikinga akaboko ariko umukobwa we n’umushoferi bahasiga ubuzima
Amakuru

Abicanyi bari bahitanye Gen Katumba Wamala Imana ikinga akaboko ariko umukobwa we n’umushoferi bahasiga ubuzima

Editorial 01 Jun 2021
Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6
Amakuru

Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6

Editorial 02 Sep 2024
RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere
Mu Mahanga

RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

Editorial 21 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru