• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Editorial 23 Feb 2017 Mu Rwanda

Kuva tariki 16 kugeza 18 z’uku kwezi abatavuga rumwe mu bibazo by’u Burundi bahuriye Arusha ariko leta y’icyo gihugu ntabwo yarimo, kuko ku munota wa nyuma yatangaje y’uko idashobora kujyayo, naho umuhuza akavuga yuko itari yatumiwe !

-5796.jpg

Uwari Perezida wa Tanzania Benjamin Mkapa

Umuhuza w’Abarundi, Benjamin Mkapa, ubusanzwe n’ inshuti y’ishyaka riri kubutegetsi mu Burundi, kuko mugihe Mkapa yari Perezida wa Tanzania yafashije cyane inyeshyamba za CNDD-FDD zari ziyobowe na Petero Nkurunziza, bityo kuba Perezida Museveni yaragennye Mkapa nk’umuhuza kukibazo cy’u Burundi, abantu barwanya Leta ya Nkurunziza n’abasesengura ibya Politiki y’u Burundi babona ko ntacyo iyi mishyikirano izagereaho.

-5795.jpg

-5794.jpg

Petero Nkurunziza yiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu

N’ubwo umuhuza avuga yuko ari ngombwa kwihutisha ibyo biganira bigamije kugarura amahoro arambye mu Burundi, kugira ngo nibura amasezerano azava mu mishyikirano azabe yashyizweho umukono bitarenze Kamena uyu mwaka. Kuko Kamena itari kure birumvikana impamvu Mkapa,yiyemeje gushyiraho umwete ngo ibintu bive mu inzira ari nayo mpamvu yagerageje gutumira imitwe ya politike n’izindi nzego zitandukanye zishobora kugira umusanzu zatanga ngo amahoro agaruke mu Burundi !

Ibiganiro nk’ibyo by’Abarundi biherutse na none kubera Arusha tariki 16 z’ukwezi gushize ariko imitwe ya politike ikomeye muri Opozisiyo y’u Burundi yanga kubyitabira bashinja Mkapa yuko abogamiye kuri leta y’u Burundi, bakaba bari barafashe icyemezo cyo kutazongera kumwemera nk’umuhuza !

Iyo mitwe ikomeye muri Opozisiyo y’u Burundi yibumbiye mu ihuriro ryitwa CNARED, hafi ya bose mu bayigize bakaba bari mu buhungiro hanze y’igihugu. Muri ibyo biganiro byo mu kwezi gushize Mkapa yari yatumiye abantu 24 kuva muri CNARED ariko ubwo butumire bwitabirwa n’abantu batandatu gusa, nabo badakomeye muri iryo huririro, bashobora kuba barikurikiriye amafaranga ofisi y’umuhuza igenera abaje muri izo mishyikirano !

-5797.jpg

Opozisiyo y’u Burundi yibumbiye mu ihuriro ryitwa CNARED

Umuhuza nawe arabizi yuko nta CNARED, nta biganiro bifatika byaba. Amakuru dufite n’uko CNARED yakomeje kotswa igitutu n’abaterankunga bayo ngo ntizongere kunangira yanga kujya mu mishyikirano ngo kuko byayigaragaza nk’ihuriro ry’abanyapolitike badashobotse. Iyo niyo mpamvu nini yatumye CNARED yemera kwitabira imishyikira yatangiye Arusha uyu munsi, ikazarangira ejobundi tariki 18 z’uku.

Kuva ku izima kwa kwa CNARED ikemeza yuko izaba iri muri iyo mishyikirano Arusha bigomba kuba byaratunguye cyane ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza, bugomba kuba bwarifuzaga yuko yakomeza kwanga kwitabira imishyikirano, amahanga akayifata yuko ari yo itifuza yuko u Burundi bwagira amahoro !

Ibi bigaragazwa n’itangazo ritunguranye leta y’u Bundi yasohoye, ivuga yuko idashobora kuba iri muri ibyo biganiro bya Arusha, ariko imishyikirano iri hafi gutangira Mkapa atangaza yuko leta y’u Burundi itari yatumiwe ngo ahubwo hatumiwe ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD kandi koko abarihagarariye bashoboye kugera Arusha !

Ibi byateye urujijo mu bantu bibaza uwaba avuga ukuri cyangwa ibinyoma hagati ya leta y’u Burundi cyangwa umuhuza ariko washishoza ugasanga Mkapa yarakinaga Diplomasi kugira ngo habeho umwuka mwiza mu mishyikirano, naho ubundi leta yari yatumiwe ahubwo koko yanga kujyayo !

-5798.jpg

Fillipo Nzobonariba

Umuvugizi w’iyo leta y’u Burundi, Fillipo Nzobonariba, yatangaje yuko Bujumbura idashobora kwitabira ibiganiro byatumiwemo bamwe mu bakoze kudeta igapfuba muri Gicurasi 2015, ngo kuko abo bantu aho kujya mu biganiro ahubwo bashyikirizwa inkiko mu Burundi zikabacira imanza ngo kuko icyo cyaha gikomeye cyane !

Iryo tangazo ryashyizwe ahagaragara n’uwo muvugizi, Phillipo Nzobonariba, rigaragaza yuko leta y’u Burundi yateye indi ntambwe ikomeye igambiriye kuburizamo burundu iyo mishyikirano ihagarikiwe n’umuryango w’ibihugu byo mu burasirazuba bwa Afurika (EAC) ariko ikaba ishyigikiwe n’umuryango mpuzamahanga.

Nzobonariba yavuze yuko leta y’u Burundi itanabona n’impamvu zituma iyo mishyikirano ibera hanze y’igihugu nko mui Tanzania. Ubutegetsi bwa Nkurunziza bukavuga yuko iyo mishyikirano y’Abarundi igomba kuzajya ibera mu Burundi, bukizeza yuko buri muntu wayitabiriye azacungirwa neza umutekano we cyane yuko ngo mu Burundi ubu ari amahoro. Ukuri ariko uko kumeze n’uko nta muntu wo muri opozisiyo nya opoziyio wava aho ari mu buhungiro ngo agiye gushyikirana mu Burundi, kuko uwo yaba ntacyo yahunze !

Iyi ngingo ya leta y’u Burindi yo gukora ibishoboka byose kwica iyo mishyikirano igomba kuba ari gahunda ndende kandi y’igihe kirekire kuko umunyamabanga mukuru w’iryo shyaka riri ku butegesi, CNDD-FDD, amaze iminsi avuga yuko bitabaho gushyikirana n’abantu bakoze kudeta igapfuba !

-5799.jpg

Evariste Ndayishimiye

Uwo munyamabanga mukuru, Evariste Ndayishimiye, anavuga kandi yuko nta gushyikirana n’abantu badafite ingufu za gisirikare. Ndayishimiye aharutse kubwira ijwi rya America (VOA) yuko leta zishyikirana n’imitwe ya gisirikare yigaruriye uduce runaka tw’igihugu ariko ngo abarwanya ubutegetsi mu Burundi ntacyo bafite cyatuma ubaha uburemere.

Ukurikije rero iyo myumvire ya Ndayishimiye, ubona yuko ubutegetsi mu Burundi busa nk’ubwarangije kwikura mu mishyikirano ! Ubu igisabwa n’uko EAC n’amahanga bashyiraho akabo. Nubwo CNDD-FDD yagiye Arusha muri iyo mishyikira ariko intumwa zayo zanze kwicara mu cyumba kikwe n’abo muri CNARED bibangombwa yuko umuhuza abonanira na bamwe ahabo n’abandi ahabo !

Bujumbura kandi yari yashyikirije leta ya Tanzania impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi abo bo muri CNARED bari Arusha ariko ubutegetsi bwa Perezida Pombe Magufuri ntibwaha agaciro ubwo busabe bw’u Burundi nk’uko n’Ububiligi bwabikoze mu mpera z’umwaka ushize, bigatuma u Burundi bubibwangira !

Casmiry Kayumba

2017-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Editorial 29 Jan 2022
Abakobwa bafite uburanga buhebuje nibo biganje muri Mama ya Urban Boyz

Abakobwa bafite uburanga buhebuje nibo biganje muri Mama ya Urban Boyz

Editorial 23 Aug 2017
Kagame yabaye Umukuru w’Igihugu wa 97 uteye igiti cy’amahoro muri Isiraheli

Kagame yabaye Umukuru w’Igihugu wa 97 uteye igiti cy’amahoro muri Isiraheli

Editorial 10 Jul 2017
Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Urubanza Rwa Kizito Mihigo Rwongeye Gusubikwa Rwimurirwa Mu Gihe Kitazwi

Editorial 11 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije
Mu Mahanga

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Editorial 08 Oct 2016
Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Editorial 16 Oct 2018
Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda
Mu Mahanga

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Editorial 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru