• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Editorial 02 Sep 2016 ITOHOZA

Nyuma yaho muri RNC bari gushwana, amakuru aravuga ko amakimbirane yadutse hagati ya David Himbara na Major Robert Higiro.

Barapfa iki ?

Maj Robert Higiro wo mw’ishyaka RNC wabaga mu gihugu cy’Ububiligi yarahavuye agahungira muri Amerika abeshya ko inzego z’umutekano mu Rwanda zimuhiga.

Hashize igihe uyu Maj. Robert Higiro aba muri Amerika muburyo butemewe n’amategeko kuko nta rupapuro narumwe agira, ariko agakingirwa ikibaba n’aba Congress ari nabo bamufashije kugera muri Amerika nyuma y’ikiganiro ya tangiye muri Congre ya Amerika afatanyije na David Himbara bakaba baratanze urutonde rw’abantu 13 batavugaga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ngo bishwe cyangwa bakaburirwa irengero.

David Himbara nawe wigeze gukora mu biro by’umukuru w’igihugu mu Rwanda ubu akaba abarizwa mu gihugu cya Canada mu mujyi wa Toronto, nawe yatanze ubuhamya avuga ko kwica abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahunze bikwiye gufatwa nk’iterabwoba riterwa inkunga na leta y’u Rwanda.

Ninaho Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Willis Shalita, watanze ubuhamya abisabwe na ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba anakora iperereza ku giti cye, yatangaje ko iyo raporo ishinja u Rwanda kugira uruhare mu bwicanyi ntacyo iri cyo ari ibihuha gusa, ariko yongeraho ko yemeranya na Chris Smith ko hakorwa iperereza ryimbitse kandi ibimenyetso byose bikazanwa bigasuzumwa.

Nguko uko abo bagabo bombi Higiro na Himbara bahise bashinga ikitwa “Democracy In Rwanda Now” aba Congress ba Amerika bagiha amafaranga kugirango kigire imbaraga kizarwanye manda ya gatatu ya perezida Kagame.

-3906.jpg

Umwami Kigeki V Ndahindurwa

Kuva Major Robert Higiro yagera muri Amerika icyo kintu yakigize ike kuburyo yagiye abona amafaranga aturutse ku nkunga y’abazungu mu izina rya Democracy In Rwanda Now, ariko ntahe ni iritoboye David Himbara uba muri Canada. Amakuru avuga ko Major Higiro amaze kubona menshi kuko agenda abeshyabeshya mubazungu n’abanyarwanda baba muri Amerika ndetse n’impunzi z’abanyarwanda ziba muri Angola zagiye zimwoherereza amafaranga, avuga ko batazatuma Kagame asubira kubutegetsi nyuma ya 2017.

Nyamara mu byukuri Democracy In Rwanda Now yatangijwe na David Himbara kuko niwe ukora ama project Congre y’Amerika itanga amafaranga ndetse na Rujugiro atanga andi .

Amakuru ava muri Amerika aravuga ko kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 Kanama 2016, Major Robert Higiro yahengereye David Himbara ari mu kiriyo cya mushikiwe mu Bwongereza ajya gushaka Umwami Kigeli ari kumwe na Cpt Cyusa bafatanyije kuba muri RNC igice cya Kayumba Nyamwasa. Kugirango Umwami Kigeli abashakire abantu kuko we aziranye n’abaterankunga benshi.

-3905.jpg

Major Robert Higiro na David Himbara

Aya makuru ngo yaba yageze kuri David Himbara y’uko Higiro yamuciye inyuma akajya kureba Umwami Kigeli mu izina rya Democracy In Rwanda Now none umuriro watangiye kwaka kuburyo David Himbara ngo yitabaje umunyemali Rujugiro ngo amukiranure na Major Robert Higiro. Aya ni amakuru dukuye munshuti zahafi za Major Higiro mu kanya gatoya kashize.

Major Robert Higiro aba muri Amerika ntabyangombwa agira, ntakazi yabona biramugoye kuba mubuzima bwo muri Amerika niko kujya guteka imitwe kwa Kigeli ngo amushakire abazungu bamuhe udufaranga.

Turacyakurikirana aya makuru…..

Cyiza Davidson

2016-09-02
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Editorial 02 Feb 2017
Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Editorial 12 Feb 2018
Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Editorial 14 Apr 2018
Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 16 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017
IMIKINO

Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017

Editorial 19 Nov 2017
Barafinda ari mugahinda  nyuma y’uko ngo  hari abantu bakomeje kumutwara  ‘Udukoryo’
Mu Rwanda

Barafinda ari mugahinda nyuma y’uko ngo hari abantu bakomeje kumutwara ‘Udukoryo’

Editorial 04 Sep 2017
Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate
POLITIKI

Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Editorial 27 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru