• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Editorial 10 Jul 2017 HIRYA NO HINO

Ku wa 03 Nyakanga 2017 umunsi ukurikirwa n’uwo kwibohora kw’Abanyarwanda uba ku wa 04 Nyakanga buri mwaka, hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” inzira y’umusalaba Abatutsi banyuzemo uhereye mu mwaka wa 1959 kugeza 1994 igihe cya Jenoside nyirizina yashyirwaga mu bikorwa.

Icyo gitabo gifite amapaji 297 cyanditswe n’itsinda ry’abantu 15 cyandikwa mu rurimi rw’igifaransa, kigaragaza itotezwa ry’Abatutsi n’ubuhamya bw’abantu bagiye bahura n’iryo totezwa mu cyahoze ari komini na segiteri zariho mbere ya Jenoside kandi ko urwo rw’uruhererekane n’urwango byatumye habaho Jenoside mu 1994.

Naho ku bantu bitwaza ko Jenoside yatewe n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ari ukujijisha no kuyobya uburari, kuko yari yarateguwe kandi ko wari umugambi w’igihe kirekire, bigaragazwa n’itozwa ry’interahamwe n’uburyo amashyaka atavugaga rumwe n’ubutegetsi bwariho icyo gihe yagiye atakaza abayoboke babo.

Mukamugema Annonciata umwe mu bagize iryo tsinda yagize ati ”iyi kayi twayanditse kugira ngo twandikemo abantu twakundakaga b’inkoramutima tudashobora kuzibagirwa, dushaka ko abana bazadukomokaho n’abandi batazi amateka yagwiriye u Rwanda ko barushaho kuyamenya no kuyasobanukirwa”.

Yakomeje agira ati ”Twishyize hamwe twandika iki gitabo uhereye mu 2014 twari itsinda ry’abantu 15 twandika amateka mu buryo bwa rusange n’uburyo buri umwe yagiye ahura n’iryo totezwa ry’Abatutsi, kuko mbere y’icyo gihe imitima y’abantu ntabwo yari ituje yari ihangayitse, byadusaba kubanza kwiyegeranya, kuko imitima yari ishengaguritse yarakomeretse”.

Florence Prudhomme na we wagize uruhare mu iyandikwa ry’icyo gitabo ”amakaye y’urwibutso” yavuze ko iki gitabo yagituye uwitwa Naason Munyandamutsa utakiriho, Emmelienne na Béatrice kuko ngo kubera bo batumye agera mu Rwanda avuye mu Bufaransa kubera amateka n’ibyo yumvise ku Rwanda.

Yagize ati ”Munyandamutsa witabye Imana yagize uruhare mu iyubakwa ry’umudugudu w’Imena w’abapfakazi n’imfubyi za Jenoside n’incike za Jenoside uherereye Kimironko, icyo gihe hari mu 2004”.

Florence yavuze ko nubwo icyo gitabo cyasohowe mu rurimi rw’igifaransa kandi n’Abafaransa bakaba baramaze kukibona inzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo uhereye mu 1959 kugeza 1994 yagize ati ”Twashatse kwandika ku ikubitiro muri urwo rurimi, kuko akenshi abafaransa bahoraga bashyigikira abakoraga Jenoside, twashatse ko n’abaturage batuye mu Bufaransa bakibona bakamenya n’amateka y’ibyabaye”.

Iryo tsinda ry’abantu 15 ngo barateganya kandi kuzandika icyo gitabo no mu rurimi rw’ikinyarwanda ndetse n’icyongereza mu minsi iri imbere kandi ko buguruye amarembo ku muntu wese waba ashaka kwandika amateka y’urwibutso mbere n’igihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

-7154.jpg

Kuri ubu amakopi y’icyo gitabo kimaze gusohoka bigera kuri 900 kandi ko bagikeneye gukomeza gusohora n’ibindi bitabo bagaragaza inzira y’umusaraba Abatutsi bagiye bahura na yo n’uburyo banyuze mu itotezwa uhereye mu 1959.

Iryo tsinda bavuga ko nubwo bahuye n’iryo totezwa harimo no kwicwa ko ngo bahisemo kubabarira kandi ngo bakaba bashaka kwiyubaka kugira ngo bakomeze babeho.

Bamwe mu naditse icyo gitabo bunze mu ijambo rya Paul Kagame Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda aho yagize ati “Les faits sont têtus” ko amateka atajya ahinduka ko ukuri ntaho kujya.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame mu kwibuka ku incuro ya 20 yagize ati ‘‘Ntabwo abantu bagurirwa cyangwa ngo bashyirweho agahato kugira ngo bahindure amateka yabo. Kandi nta gihugu, nubwo cyaba ariko cyibwira, gifite ububasha bwo guhindura ukuri kw’amateka y’abantu. Erega n’ubundi ukuri ntiguhinduka, guca mu ziko ntabwo gushya’’.

Muri icyo gitabo kirimo itotezwa ry’Abatutsi bagiye bahura na ryo ariko ko kubera Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda kuri ubu babanye neza nta rwikekwe abanyarwanda babanye mu mahoro bahamya ko nta kintu kizongera kubazanamo amacakubiri ngo bongere basubiranemo kandi ko inzira barimo ibaganisha aheza.

Ubwanditsi

2017-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero

U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero

Editorial 09 Jul 2018
Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Editorial 27 Jan 2018
Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Editorial 26 Mar 2018
RDC: Ingabo za Uganda ziyobowe na Maj Gen. Muhoozi ziritegura igitero simusiga kuri ADF

RDC: Ingabo za Uganda ziyobowe na Maj Gen. Muhoozi ziritegura igitero simusiga kuri ADF

Editorial 17 Dec 2017
U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero

U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero

Editorial 09 Jul 2018
Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Editorial 27 Jan 2018
Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Editorial 26 Mar 2018
RDC: Ingabo za Uganda ziyobowe na Maj Gen. Muhoozi ziritegura igitero simusiga kuri ADF

RDC: Ingabo za Uganda ziyobowe na Maj Gen. Muhoozi ziritegura igitero simusiga kuri ADF

Editorial 17 Dec 2017
U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero

U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero

Editorial 09 Jul 2018
Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Editorial 27 Jan 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru