• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Ubwanditsi 10 Jul 2017 HIRYA NO HINO

Ku wa 03 Nyakanga 2017 umunsi ukurikirwa n’uwo kwibohora kw’Abanyarwanda uba ku wa 04 Nyakanga buri mwaka, hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” inzira y’umusalaba Abatutsi banyuzemo uhereye mu mwaka wa 1959 kugeza 1994 igihe cya Jenoside nyirizina yashyirwaga mu bikorwa.

Icyo gitabo gifite amapaji 297 cyanditswe n’itsinda ry’abantu 15 cyandikwa mu rurimi rw’igifaransa, kigaragaza itotezwa ry’Abatutsi n’ubuhamya bw’abantu bagiye bahura n’iryo totezwa mu cyahoze ari komini na segiteri zariho mbere ya Jenoside kandi ko urwo rw’uruhererekane n’urwango byatumye habaho Jenoside mu 1994.

Naho ku bantu bitwaza ko Jenoside yatewe n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ari ukujijisha no kuyobya uburari, kuko yari yarateguwe kandi ko wari umugambi w’igihe kirekire, bigaragazwa n’itozwa ry’interahamwe n’uburyo amashyaka atavugaga rumwe n’ubutegetsi bwariho icyo gihe yagiye atakaza abayoboke babo.

Mukamugema Annonciata umwe mu bagize iryo tsinda yagize ati ”iyi kayi twayanditse kugira ngo twandikemo abantu twakundakaga b’inkoramutima tudashobora kuzibagirwa, dushaka ko abana bazadukomokaho n’abandi batazi amateka yagwiriye u Rwanda ko barushaho kuyamenya no kuyasobanukirwa”.

Yakomeje agira ati ”Twishyize hamwe twandika iki gitabo uhereye mu 2014 twari itsinda ry’abantu 15 twandika amateka mu buryo bwa rusange n’uburyo buri umwe yagiye ahura n’iryo totezwa ry’Abatutsi, kuko mbere y’icyo gihe imitima y’abantu ntabwo yari ituje yari ihangayitse, byadusaba kubanza kwiyegeranya, kuko imitima yari ishengaguritse yarakomeretse”.

Florence Prudhomme na we wagize uruhare mu iyandikwa ry’icyo gitabo ”amakaye y’urwibutso” yavuze ko iki gitabo yagituye uwitwa Naason Munyandamutsa utakiriho, Emmelienne na Béatrice kuko ngo kubera bo batumye agera mu Rwanda avuye mu Bufaransa kubera amateka n’ibyo yumvise ku Rwanda.

Yagize ati ”Munyandamutsa witabye Imana yagize uruhare mu iyubakwa ry’umudugudu w’Imena w’abapfakazi n’imfubyi za Jenoside n’incike za Jenoside uherereye Kimironko, icyo gihe hari mu 2004”.

Florence yavuze ko nubwo icyo gitabo cyasohowe mu rurimi rw’igifaransa kandi n’Abafaransa bakaba baramaze kukibona inzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo uhereye mu 1959 kugeza 1994 yagize ati ”Twashatse kwandika ku ikubitiro muri urwo rurimi, kuko akenshi abafaransa bahoraga bashyigikira abakoraga Jenoside, twashatse ko n’abaturage batuye mu Bufaransa bakibona bakamenya n’amateka y’ibyabaye”.

Iryo tsinda ry’abantu 15 ngo barateganya kandi kuzandika icyo gitabo no mu rurimi rw’ikinyarwanda ndetse n’icyongereza mu minsi iri imbere kandi ko buguruye amarembo ku muntu wese waba ashaka kwandika amateka y’urwibutso mbere n’igihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

-7154.jpg

Kuri ubu amakopi y’icyo gitabo kimaze gusohoka bigera kuri 900 kandi ko bagikeneye gukomeza gusohora n’ibindi bitabo bagaragaza inzira y’umusaraba Abatutsi bagiye bahura na yo n’uburyo banyuze mu itotezwa uhereye mu 1959.

Iryo tsinda bavuga ko nubwo bahuye n’iryo totezwa harimo no kwicwa ko ngo bahisemo kubabarira kandi ngo bakaba bashaka kwiyubaka kugira ngo bakomeze babeho.

Bamwe mu naditse icyo gitabo bunze mu ijambo rya Paul Kagame Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda aho yagize ati “Les faits sont têtus” ko amateka atajya ahinduka ko ukuri ntaho kujya.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame mu kwibuka ku incuro ya 20 yagize ati ‘‘Ntabwo abantu bagurirwa cyangwa ngo bashyirweho agahato kugira ngo bahindure amateka yabo. Kandi nta gihugu, nubwo cyaba ariko cyibwira, gifite ububasha bwo guhindura ukuri kw’amateka y’abantu. Erega n’ubundi ukuri ntiguhinduka, guca mu ziko ntabwo gushya’’.

Muri icyo gitabo kirimo itotezwa ry’Abatutsi bagiye bahura na ryo ariko ko kubera Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda kuri ubu babanye neza nta rwikekwe abanyarwanda babanye mu mahoro bahamya ko nta kintu kizongera kubazanamo amacakubiri ngo bongere basubiranemo kandi ko inzira barimo ibaganisha aheza.

Ubwanditsi

2017-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 10 Apr 2020
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

RUSHYASHYA 13 Jun 2026
Leta  iraburira  abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ubwanditsi 06 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kubera urukundo, asuka amarira iyo abonye Perezida Kagame
ITOHOZA

Kubera urukundo, asuka amarira iyo abonye Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 17 May 2016
Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane
ITOHOZA

Umusomyi : SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru