• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abasore n’ Abakobwa basigaye banywera shisha mu byumba bihishe nabo akabo kashobotse

Abasore n’ Abakobwa basigaye banywera shisha mu byumba bihishe nabo akabo kashobotse

Ubwanditsi 24 Jan 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma y’aho Minisiteri y’Ubuzima itangarije ko guhera ku wa 15 Ukuboza 2017, itabi rizwi nka Shisha ritemewe ku butaka bw’u Rwanda, abo yari yaragize imbata basigaye bayinywera mu ngo zabo.

Shisha yamaganwe ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’aho bigaragariye ko igira ingaruka ku buzima bw’umuntu harimo gutera kanseri y’ibihaha, indwara z’umutima n’izindi.

Shisha ni uruvangitirane rw’ibinyabutabire rutanga umwotsi ukururwa hifashishijwe igikoresho bita “hookah”, ikunze kugaragara mu tubari aho usanga abantu bayitumura, abenshi bishimira uburyo ihumura.

Bamwe mu rubyiruko rw’i Kigali bakundaga kunywera shisha mu ruhame iyo babaga basohotse, imaze gucibwa babwiye itangazamakuru ko bahinduye umuvuno, basigaye bayinywera mu rugo .

Umusore umwe utuye ahazwi nk ‘kuri 40’ i Nyamirambo wari umaze imyaka itatu atumura shisha yagize ati “ Erega nubwo shisha yaciwe biragoye ko yacika burundu, kubera ko yamaze kuba nk’urumogi, abantu bayikundaga basigaye bayinywera mu ngo kugira ngo batadufunga.”

Undi yagize ati “Shisha iranywebwa cyane ahubwo n’uko abantu basigaye bayinywa bihishe.”

Yakomeje avuga ko abasore n’abakobwa bikundaga shisha basigaye bateranya amafaranga bagahurira mu rugo rw’umuntu wifitiye cya cyuma ishyirwamo, bakaba ariho bajya kuyinywera ntihagire urabukwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Theos Badege, yabwiye itangazamakuru ko iyo ikintu kimaze kuvugwa ko kibujijwe Polisi ikora akazi ko kugenzura ko kitagikoreshwa, hakaba ha teganya kuzakorwa umukwabo.

Yagize ati “Ni ukuvuga icyo Polisi ishinzwe ni ukubahiriza amategeko, iyo ikintu cyamaze kwitwa icyaha …hari amategeko akibuza, Polisi ikora akazi ko kurebako cyacitse. Twahereye rero aho byarangwagwa cyane, ni ukuvuga mu tubari n’amahoteli ariko n’ahandi hose byaraciwe; ntabwo byaciwe mu tubari gusa byaciwe mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko abaturage bakwiye kubimenya ko shisha yaciwe bakayirandura hose.

Yagize ati “Umuntu ubikora iwe, ubikora ahantu hose aba arimo gukora icyaha , tuzabirwanya nk’uko turwanya ibiyobyabwenge bindi.”

2018-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mubyo ba Bishop  bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Mubyo ba Bishop bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Ubwanditsi 14 Nov 2017
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Amahoro ku isi: u Rwanda rwazamutseho imyanya 24, u Burundi umwanya 1

Amahoro ku isi: u Rwanda rwazamutseho imyanya 24, u Burundi umwanya 1

Ubwanditsi 12 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR
INKURU NYAMUKURU

Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR

Ubwanditsi 12 Mar 2020
Perezida Kagame yagiriye ikizere abagore bazamufasha gutanga umusaruro muri AU
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagiriye ikizere abagore bazamufasha gutanga umusaruro muri AU

Ubwanditsi 22 Oct 2016
I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana
Mu Mahanga

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru