N’ubwo ari ubushakashatsi bwakorewe ko bagore bo mu bwongereza, hari impamvu zisa cyane kubakundana n’abubakanye zishobora gutuma bananirwa kubana. Ubwo bushakashatsi bwakozwe n’ikinyamakuru cosmo cyabajije abagore bagera ku gihumbi na magana ane impamvu zagaragaye zimwe zisanzwe zizwi nubwo zimwe muri zo zisa n’izitangaje. Impamvu ya cumi : Kutaba intyoza mu gutera akabariro. Nubwo benshi bakeka ko byaza ku mwanya wa mbere muri ubu bushakashatsi byagaragye nk’impamvu ya nyuma mu zatuma basaba gatane. Abagera kuri 15.7% basaba gatanya kubera ko umugabo wabo atari intyoza mu gutera akabariro. Impamvu ya cyenda : Kunanirwa kumvikana n’abo mu muryangwo w’iwabo w’umugabo, abagore bananirwa kubana ndetse biakanageza kuri gatanya cydiane cyane kuko abagore benshi kumvikana na ba nyirabukwe biba ikibazo gikomeye. Impamvu ya Munani : Aho gutura cyane cyane ku bashakanye 20.2% bananiwe kubana kuko umwe aba kure cyane y’undi bishobora gutuma abakundanaga bananirwa kubana bikanabageza kuri gatanya. Impamvu ya Karindwi : Kuba umugabo ananirw gutera imbere mu kazi ke bibabaza umugore we bikaba byaba n’impamvu imwe mu zishobora gutuma umugore asaba gatanya. Abagore bagera kuri 20.6% bananiwe kubana n’abagabo babo kuko abagabo babo badatera imbere mu kazi ndetse bakaba batanabiharanira Impamvu ya Gatandatu : Impamvu ya gatandatu mu zituma abagore n’abakobwa bananiranywa n’abakunzi babo ni uko abakunzi babo baba batabereka urukundo nkuko babyifuza. Abagore n’abakobwa bagera kuri 21.1% bo bananiwe kubana n’abagabo cyangwa abakunzi batagira batabagirira urukundo. Impamvu ya Gatanu : Abagore n’abakobwa bagera kuri 21.1% nabo bananiwe kubana n’abakunzi babo kuko bumva bishakira kuba bonyine. Umukunzi akenera rimw ena rimwe kuba atari kumwe n’uwoo bakundana akongera agasa rimwe na rimwe n’umu celibataire. Impamvu ya kane : Kubera gushwana n’intonganya nyinshi abagore birabagora kugumana n’abakunzi babo kugeza ubwo bemeza ko urukundo rushobora kuba bafite ari urwundi. Impamvu ya gatatu : kuburira icyizere cy’umukunzi biza ku mwanya wa gatatu mu bitanya abakundanye bikanageza ndetse no kuba bananirwa kubana burundu. Impamvu ya kabiri : 36.6% by’abatandukana babiterwa no kuba abo bakundana bafite ingeso ikomeye yo kubaca inyuma. Impamvu ya mbere :N’ubwo bisa n’ibitangaje, impamvu ituma 39.7% by’abananirwa kubana bikaba byanageza kuri gatanya ni uko umugore mu by’ukuri aba adakunda umugabo we mbese yumva nta rukundo amufitiye. Nubwo muri iki gihe benshi batagiha agaciro kenshi urukundo, muri ubu bushakashatsi byaragaraaye ko urukundo ari ingenzi mu mibanire y’abashakanye. M.Fils

Inkuru zigezweho
-
U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20 | 09 May 2026
-
Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza | 06 May 2026
-
Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa | 06 May 2026
-
Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League | 05 May 2026
-
Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali | 03 May 2026
-
POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026 | 02 May 2026



