• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018 HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry n’umukunzi we Meghan Markle bitegura kurushinga bidatinze, ubukwe bukirangira bazajya ahantu hatuje basangire ibyishimo by’urukundo rwabo, u Rwanda ruri mu bihugu bashobora kujyamo.

Ubukwe bwa Meghan Markle na Harry buzataha kuwa 19 Gicurasi 2018, bazasezeranira muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu St George imaze imyaka 500 ishinzwe muri Windsor.

Ikinyamakuru Travel + Leisure yavuze ahantu h’ingenzi abageni bashobora kuzarira ukwezi kwa buki. Nubwo nta gihamya ntakuka yemeza aya makuru, Harry n’umukunzi we Meghan Markle bakunda cyane Umugabene wa Afurika ari naho batangiriye urugendo rwo gukundana bisesuye.

Mu bihugu Meghan Markle n’umugabo we bashobora kuzaruhukiramo bakimara gukora ubukwe, harimo u Rwanda. By’umwihariko nibaramuka bahaririye buki, bazajya mu gice cy’ibirunga basure n’ingagi nk’inyamaswa Meghan Markle akunda cyane.

Meghan asanzwe afite ishusho nziza ku Rwanda ndetse mbere y’uko yambikwa impeta yari yasuye iki gihugu kiri mu burasirazuba bwa Afurika. Yaherukaga kuhasura mu mwaka wa 2016 akiri Ambasaderi wa World Vision, akigera iwabo yavuze ko yagize “urugendo rw’agatangaza.”

Namibia, nayo iri mu bihugu bya Afurika aba bageni bashobora kuzajyamo nibamara gusezerana. Nibemeza urugendo rwabo muri Namibia baruhukira muri hoteli zigezweho zubatswe mu kibaya cya Hoanib Valley Camp.

Harry n’umukunzi we nibajya muri Namibia bazaruhukira muri Hoanib Valley Campa

Mu mwaka ushize, Markle yaherekeje igikomangoma Harry ubwo yasuraga bwa mbere Botswana[ihana imbibi na Namibia]. Igihe baherukira kuhasura bahagiriye ibihe byiza bityo bigakekwa ko bazasubirayo gusura ibindi bice nyaburanga batagezemo.

Igikomangoma Harry yasuye Brazil bwa mbere ari wenyine mu 2012, yahavuye ageze mu duce twose dukundwa bikomeye n’abakerarugendo. Markle na we aherutse kwandika ku rubuga rwe rwa The Tig ko yifuza kuzagirira ibihe byiza muri Brazil.

Igikomangoma Harry n’umukunzi we Meghan Markle nibaza mu Rwanda baziyakirira mu mahoteli yo mu gice cy’ibirunga nka Bisate Lodge

Ikindi gihugu Markle yifuza kujyamo ni Philippines by’umwihariko muri Palawan. Uvuye mu Murwa Mukuru Manila ujya Palawan, indege ikoresha iminota 90.

Iby’ingenzi wamenya kuri ubu bukwe

News.com yatangaje ko abageni batumiye abantu 2640 barimo 1200 bazava mu baturage basanzwe, 200 bakoranye na Harry n’umukunzi we mu bikorwa by’ubugiraneza, abanyeshuri 100 biga mu mashuri yo muri aka gace n’abandi.

Mu mbuga ya Windsor[ahubatse chapelle abageni bazasezeraniramo] hitezwe ikivunge cy’abantu babarirwa mu bihumbi. Imbere mu Kiliziya hafite ubushobozi bwo kwakira abagera kuri 800.

Muri aba magana inani bazinjira, harimo 600 bemerewe kuzasangira n’abageni mu gihe 200 gusa aribo bazajya mu cyumba bazabyiniramo bishimana.

Ubwo Meghan Markle yari ari mu ntara y’Amajyaruguru vuba aha

Ubukwe buzabera muri Chapelle ya St George muri Windsor Castle guhera saa sita z’amanywa ku isaha yo mu Bwongereza[9pm AEST(Australian Eastern Standard Time)].

Umuhango wo gusezerana uzayoborwa na Reverend David Conner hanyuma mu kwambikana impeta biyoborwe na Archbishop wa Canterbury, Justin Welby ari na we wabatije mu buryo bw’ibanga Meghan Markle.

Ibirori bizatambutswa imbona nkubone kuri Televiziyo mpuzamahanga yo muri Australia ndetse na ABC izerekana uyu muhango. Abazabikurikirana kuri televiziyo ntibazerekwa ibyabereye mu kwiyakira.

Aba bombi bazasezeranira muri Chapelle ya St. George

Ubukwe bwa Harry n’umukunzi we butandukanye n’ubw’igikomangoma William na Kate bwabaye mu 2011 bugakorwa ku rwego rw’igihugu hatumiwe n’abayobozi b’ibihugu batandukanye.

Mu batumiwe harimo Barack Obama wahoze ayobora USA nk’umwe mu nshuti magara za Harry. Hazaba hari kandi abaririmbyi nka Spice Girls, Elton John, abakobwa bakundanyeho na Harry barimo Cressida Bonas na Chelsy Davy.

Mu nshuti magara za Meghan harimo ibyamamare nka Jessica Mulroney, Priyanka Chopra ndetse na Misha Nonoo.

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Reba amafoto y’ikizungerezi kiri mu rukundo na Diamond

Reba amafoto y’ikizungerezi kiri mu rukundo na Diamond

Ubwanditsi 28 Oct 2018
Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385
Mu Rwanda

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon
Mu Rwanda

Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru