• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018 HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry n’umukunzi we Meghan Markle bitegura kurushinga bidatinze, ubukwe bukirangira bazajya ahantu hatuje basangire ibyishimo by’urukundo rwabo, u Rwanda ruri mu bihugu bashobora kujyamo.

Ubukwe bwa Meghan Markle na Harry buzataha kuwa 19 Gicurasi 2018, bazasezeranira muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu St George imaze imyaka 500 ishinzwe muri Windsor.

Ikinyamakuru Travel + Leisure yavuze ahantu h’ingenzi abageni bashobora kuzarira ukwezi kwa buki. Nubwo nta gihamya ntakuka yemeza aya makuru, Harry n’umukunzi we Meghan Markle bakunda cyane Umugabene wa Afurika ari naho batangiriye urugendo rwo gukundana bisesuye.

Mu bihugu Meghan Markle n’umugabo we bashobora kuzaruhukiramo bakimara gukora ubukwe, harimo u Rwanda. By’umwihariko nibaramuka bahaririye buki, bazajya mu gice cy’ibirunga basure n’ingagi nk’inyamaswa Meghan Markle akunda cyane.

Meghan asanzwe afite ishusho nziza ku Rwanda ndetse mbere y’uko yambikwa impeta yari yasuye iki gihugu kiri mu burasirazuba bwa Afurika. Yaherukaga kuhasura mu mwaka wa 2016 akiri Ambasaderi wa World Vision, akigera iwabo yavuze ko yagize “urugendo rw’agatangaza.”

Namibia, nayo iri mu bihugu bya Afurika aba bageni bashobora kuzajyamo nibamara gusezerana. Nibemeza urugendo rwabo muri Namibia baruhukira muri hoteli zigezweho zubatswe mu kibaya cya Hoanib Valley Camp.

Harry n’umukunzi we nibajya muri Namibia bazaruhukira muri Hoanib Valley Campa

Mu mwaka ushize, Markle yaherekeje igikomangoma Harry ubwo yasuraga bwa mbere Botswana[ihana imbibi na Namibia]. Igihe baherukira kuhasura bahagiriye ibihe byiza bityo bigakekwa ko bazasubirayo gusura ibindi bice nyaburanga batagezemo.

Igikomangoma Harry yasuye Brazil bwa mbere ari wenyine mu 2012, yahavuye ageze mu duce twose dukundwa bikomeye n’abakerarugendo. Markle na we aherutse kwandika ku rubuga rwe rwa The Tig ko yifuza kuzagirira ibihe byiza muri Brazil.

Igikomangoma Harry n’umukunzi we Meghan Markle nibaza mu Rwanda baziyakirira mu mahoteli yo mu gice cy’ibirunga nka Bisate Lodge

Ikindi gihugu Markle yifuza kujyamo ni Philippines by’umwihariko muri Palawan. Uvuye mu Murwa Mukuru Manila ujya Palawan, indege ikoresha iminota 90.

Iby’ingenzi wamenya kuri ubu bukwe

News.com yatangaje ko abageni batumiye abantu 2640 barimo 1200 bazava mu baturage basanzwe, 200 bakoranye na Harry n’umukunzi we mu bikorwa by’ubugiraneza, abanyeshuri 100 biga mu mashuri yo muri aka gace n’abandi.

Mu mbuga ya Windsor[ahubatse chapelle abageni bazasezeraniramo] hitezwe ikivunge cy’abantu babarirwa mu bihumbi. Imbere mu Kiliziya hafite ubushobozi bwo kwakira abagera kuri 800.

Muri aba magana inani bazinjira, harimo 600 bemerewe kuzasangira n’abageni mu gihe 200 gusa aribo bazajya mu cyumba bazabyiniramo bishimana.

Ubwo Meghan Markle yari ari mu ntara y’Amajyaruguru vuba aha

Ubukwe buzabera muri Chapelle ya St George muri Windsor Castle guhera saa sita z’amanywa ku isaha yo mu Bwongereza[9pm AEST(Australian Eastern Standard Time)].

Umuhango wo gusezerana uzayoborwa na Reverend David Conner hanyuma mu kwambikana impeta biyoborwe na Archbishop wa Canterbury, Justin Welby ari na we wabatije mu buryo bw’ibanga Meghan Markle.

Ibirori bizatambutswa imbona nkubone kuri Televiziyo mpuzamahanga yo muri Australia ndetse na ABC izerekana uyu muhango. Abazabikurikirana kuri televiziyo ntibazerekwa ibyabereye mu kwiyakira.

Aba bombi bazasezeranira muri Chapelle ya St. George

Ubukwe bwa Harry n’umukunzi we butandukanye n’ubw’igikomangoma William na Kate bwabaye mu 2011 bugakorwa ku rwego rw’igihugu hatumiwe n’abayobozi b’ibihugu batandukanye.

Mu batumiwe harimo Barack Obama wahoze ayobora USA nk’umwe mu nshuti magara za Harry. Hazaba hari kandi abaririmbyi nka Spice Girls, Elton John, abakobwa bakundanyeho na Harry barimo Cressida Bonas na Chelsy Davy.

Mu nshuti magara za Meghan harimo ibyamamare nka Jessica Mulroney, Priyanka Chopra ndetse na Misha Nonoo.

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Ubwanditsi 29 Aug 2023
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021
U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda

U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Ubwanditsi 20 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba
INKURU NYAMUKURU

‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe
Mu Rwanda

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Ubwanditsi 03 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru