• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»“He attacked me and my family. ” Rusagara

“He attacked me and my family. ” Rusagara

Editorial 11 Jan 2016 Mu Mahanga

*‘Our guy is finished’ ntabyo navuze

*N’iyo umuntu akekwaho icyaha, mu cyubahiro cye birakwiye ko hatazamo family ye.

*Kwivuguruza, gutegura ubuhamya nibyo Rusagara n’avoka we ngo biri mubyo ashinjwe n’abasirikare bakomeye

Kanombe – Ibi ni bimwe mu byo Frank Rusagara na Me Buhuru P. Celestin umwunganira mu mategeko kuri uyu wa gatatu bavuze mu Rukiko rukuru rwa gisiriare banenga ubuhamya bwatanzwe n’abasirikare n’abahoze ari bo nka Col Camile Karege, Col Mulisa, Brg Gn Kalyango na Brg Gen (rtd) Geofrew Byegeka. Uregwa yari ahawe umwanya ngo akomereze aho yasubikiye mu iburanisha ry’ejo avuga ku buhamya bw’abamushinje.

Uyu musirikare wigeze kuba umuyobozi w’uru rukiko, araregwa ibyaha byo gukangurira rubanda kwanga ubutegetsi buriho abicishije mu magambo yagiye atangaza, ndetse no gusebya umukuru w’igihugu kandi ari umuyobozi.

Agendeye ku nyandiko mvugo z’aba basirikare, Rusagara yavuze ko aba bagiye bavuguruzanya ndetse ko ibyo bavuze ko yavuze bitigeze bimusohoka mu kanwa.

Uyu musirikare (Rusagara) wasezerewe mu ngabo avuga ko yababajwe no kuba muri ubu buhamya hari uwagarutse ku muryango we awusebya ndetse anamusebya, we ubwe.

Yifashishije inyandiko mvugo ikubiyemo ubuhamya bwatanzwe na Col Camile Karege, Rusagara yabwiye umucamanza ko ubwo uyu mutangabuhamya yabazwaga icyo yongera ku buhamya bwe yavuze ko “Akurikije uko Rusagara yagiriwe inama akabyanga bishoboka ko agira (Rusagara) indwara yo mu mutwe cyane cyane ko no mu muryango w’iwabo bagira icyo kibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe”

Mu mvugo yuzuye amarangamutima, Rusagara yagize ati “n’iyo umuntu akekwaho icyaha, mu cyubahiro cye birakwiye ko hatazanwamo umuryango we… my family should be protected, no mu mibereho y’abantu my family is protected.”

Rusagara yakomeje abwira Umucamanza ko no mahame mpuzamaganga areba uburenganzira bwa muntu umuryango we ukwiye icyubahiro ndetse ko imvugo zakoreshejwe n’uyu musirikare zidakwiye haba mu muryango mugari no mu mvugo za RDF.

We n’umwunganizi we babwiye Umucamanza ko aya magambo yavuzwe na Col Camile bumva ntacyo yamarira Urukiko uretse gusebya umuryango w’uregwa. Rusagara ati “He attacked me and my family. ”

2016-01-11
Editorial

IZINDI NKURU

Umusirikare w’u Rwanda yahitanwe n’impanuka y’imodoka

Umusirikare w’u Rwanda yahitanwe n’impanuka y’imodoka

Editorial 07 Jul 2016
Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Editorial 12 Dec 2022
Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Editorial 03 Apr 2019
Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Editorial 18 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora
Mu Rwanda

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Editorial 28 Jul 2017
Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye
Amakuru

Ingabire Grace yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021 asimbuye Nishimwe Naomie wari umaze umwaka aryambaye

Editorial 21 Mar 2021
Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR
Mu Mahanga

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Editorial 28 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru