• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Ubwanditsi 13 May 2016 Mu Mahanga

Umuherwe w’Umunyamerika Howard Buffet, avuga ko iyo manda ya gatatu kuri Perezida Kagame iza kuba itari yubahirije amategeko, ubu inama ikomeye yiga ku kubungu bwa Afurika iba itarimo kubera mu Rwanda.

Mu kiganiro uyu muherwe amaze gutanga ari kumwe na Perezida Paul Kagame ndetse na Tony Blair wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Howard Buffet yemeje ko kuba isi yaragiriye icyizere u Rwanda rukakira inama ikomeye nk’iyi ari ukubera imiyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame.

Iki kiganiro cyavugaga ku bufatanye mu iterambere muri Afurika.

Guhera kuri uyu wa 11 Gicurasi 2016 ni bwo mu Rwanda hateraniye Inama yiga ku bukungu bwa Afurika (World Economic Forum on Africa), aho abanyacubahiro batandukanye biga uko uyu mugabane wavanwa mu bukene.

Mu kiganiro cyari kiyobowe na Tony Blair, Perezida Paul Kagame ari kumwe n’umuherwe Howard Buffet, bavuze ku ngingo zitandukanye zirimo kurwanya ruswa, gusa bongera kugaruka ku bijyanye n’imiyoborere mu Rwanda nyuma y’imyaka 22, no ku bijyanye na manda ya gatatu kuri Perezida Kagame, aho abaturage basaga miliyoni 3,7 banditse basaba ko Perezida Kagame yakomeza kubayobora.

-2785.jpg

Umuherwe Howard Buffet

Ku muherwe Howard Buffet, Abanyarwanda ubwabo ni no bagomba kwifatira icyemezo cyo guhindura itegeko nshinga nk’uko babikoze, avuga ko n’irya Amerika (igihugu cye) rimaze guhindurwa inshuro zisaga 20.

Ari imbere y’imbaga y’abari bamuteze amatwi, Howard Buffet yagize ati “Ntabwo ari ahazaza hanjye cyangwa ahawe (Kagame). Ni ahazaza h’u Rwanda n’Abanyarwanda. Ni ngombwa ko bifatira icyemezo kibabereye, ibihugu byose binyura mu mpinduka nyinshi, igihugu cyanjye cyahinduye itegeko nshinga inshuro 27.”

Yunzemo ati “Iyo tuba tudatekereza ko kongera Perezida Kagame indi myaka 7 ari igitekerezo cyiza, ntituba twaraje hano, reka tujye tureka gutekereza ko tuzi byinshi ku Rwanda, kurusha Abanyarwanda kuko ni bo ubwabo bazi aho bashaka kuganisha igihugu cyabo.”

-2786.jpg

Perezida Paul Kagame , Tony Blair , n’Umuherwe w’Umunyamerika Howard Buffet (Ifoto/Village Urugwiro)

Perezida Paul Kagame na we yavuze ko icyemezo cyiza ku gihugu, atari ikigirwamo uruhare n’amahanga, ati “Nisanze ubwange naragombaga gufata icyemezo nshingiye ku byo Abanyarwanda bashakaga cyangwa ibyo Abanyamahanga bashakaga.”

Perezida Paul Kagame ubwo yagarukaga ku nkunga ziva mu mahanga, yavuze ko zigira akamaro kanini, ariko igikenewe ari ukuba abafatanyabikorwa mu kuyikoresha no kugira ngo igire akamaro.

Perezida Kagame ati “Ubufatanye bugomba kugendera ku kubahana aho kugira ngo inkunga isimbure amahitamo y’abaturage, turashaka kugira uruhare mu bidukorerwa twakabaye twikorera iyo tugira ubushobozi.”

U Rwanda rukomeje gushimirwa aho rumaze kuva mu myaka 22 ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abanenga amahanga yivanga muri Politike y’u Rwanda, bashingira ku kuba Jenoside yakorewe Abatutsi yarabaye amahanga arebera, Abanyarwanda ubwabo bakifatira umwanzuro wo kuyihagarika ariko Abatutsi barenga miliyoni bishwe.

Source: Izuba rirashe

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Ubwanditsi 19 Aug 2022
Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Ubuyobozi bwa Arsenal bwakuriye inzira ku murima Minisitiri Therese Kayikwamba uharanira gusiga icyasha u Rwanda

Ubuyobozi bwa Arsenal bwakuriye inzira ku murima Minisitiri Therese Kayikwamba uharanira gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Abaturage batishyurira ”  Mutuelle ”  ku gihe bahagurukiwe

Abaturage batishyurira ” Mutuelle ” ku gihe bahagurukiwe

Ubwanditsi 10 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko isoko ry’abakinnyi rihagaze ku mugabane w’uburayi
IMIKINO

Uko isoko ry’abakinnyi rihagaze ku mugabane w’uburayi

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi
Mu Mahanga

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Huye : Hasobanuwe iby’Urupfu rwa Ntaganda wakoreraga Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage
ITOHOZA

Huye : Hasobanuwe iby’Urupfu rwa Ntaganda wakoreraga Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage

Ubwanditsi 09 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru