• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Umuherwe Howard Buffet yashimangiye ko manda ya gatatu kuri Kagame ari nta makemwa

Ubwanditsi 13 May 2016 Mu Mahanga

Umuherwe w’Umunyamerika Howard Buffet, avuga ko iyo manda ya gatatu kuri Perezida Kagame iza kuba itari yubahirije amategeko, ubu inama ikomeye yiga ku kubungu bwa Afurika iba itarimo kubera mu Rwanda.

Mu kiganiro uyu muherwe amaze gutanga ari kumwe na Perezida Paul Kagame ndetse na Tony Blair wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Howard Buffet yemeje ko kuba isi yaragiriye icyizere u Rwanda rukakira inama ikomeye nk’iyi ari ukubera imiyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame.

Iki kiganiro cyavugaga ku bufatanye mu iterambere muri Afurika.

Guhera kuri uyu wa 11 Gicurasi 2016 ni bwo mu Rwanda hateraniye Inama yiga ku bukungu bwa Afurika (World Economic Forum on Africa), aho abanyacubahiro batandukanye biga uko uyu mugabane wavanwa mu bukene.

Mu kiganiro cyari kiyobowe na Tony Blair, Perezida Paul Kagame ari kumwe n’umuherwe Howard Buffet, bavuze ku ngingo zitandukanye zirimo kurwanya ruswa, gusa bongera kugaruka ku bijyanye n’imiyoborere mu Rwanda nyuma y’imyaka 22, no ku bijyanye na manda ya gatatu kuri Perezida Kagame, aho abaturage basaga miliyoni 3,7 banditse basaba ko Perezida Kagame yakomeza kubayobora.

-2785.jpg

Umuherwe Howard Buffet

Ku muherwe Howard Buffet, Abanyarwanda ubwabo ni no bagomba kwifatira icyemezo cyo guhindura itegeko nshinga nk’uko babikoze, avuga ko n’irya Amerika (igihugu cye) rimaze guhindurwa inshuro zisaga 20.

Ari imbere y’imbaga y’abari bamuteze amatwi, Howard Buffet yagize ati “Ntabwo ari ahazaza hanjye cyangwa ahawe (Kagame). Ni ahazaza h’u Rwanda n’Abanyarwanda. Ni ngombwa ko bifatira icyemezo kibabereye, ibihugu byose binyura mu mpinduka nyinshi, igihugu cyanjye cyahinduye itegeko nshinga inshuro 27.”

Yunzemo ati “Iyo tuba tudatekereza ko kongera Perezida Kagame indi myaka 7 ari igitekerezo cyiza, ntituba twaraje hano, reka tujye tureka gutekereza ko tuzi byinshi ku Rwanda, kurusha Abanyarwanda kuko ni bo ubwabo bazi aho bashaka kuganisha igihugu cyabo.”

-2786.jpg

Perezida Paul Kagame , Tony Blair , n’Umuherwe w’Umunyamerika Howard Buffet (Ifoto/Village Urugwiro)

Perezida Paul Kagame na we yavuze ko icyemezo cyiza ku gihugu, atari ikigirwamo uruhare n’amahanga, ati “Nisanze ubwange naragombaga gufata icyemezo nshingiye ku byo Abanyarwanda bashakaga cyangwa ibyo Abanyamahanga bashakaga.”

Perezida Paul Kagame ubwo yagarukaga ku nkunga ziva mu mahanga, yavuze ko zigira akamaro kanini, ariko igikenewe ari ukuba abafatanyabikorwa mu kuyikoresha no kugira ngo igire akamaro.

Perezida Kagame ati “Ubufatanye bugomba kugendera ku kubahana aho kugira ngo inkunga isimbure amahitamo y’abaturage, turashaka kugira uruhare mu bidukorerwa twakabaye twikorera iyo tugira ubushobozi.”

U Rwanda rukomeje gushimirwa aho rumaze kuva mu myaka 22 ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abanenga amahanga yivanga muri Politike y’u Rwanda, bashingira ku kuba Jenoside yakorewe Abatutsi yarabaye amahanga arebera, Abanyarwanda ubwabo bakifatira umwanzuro wo kuyihagarika ariko Abatutsi barenga miliyoni bishwe.

Source: Izuba rirashe

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Ubwanditsi 30 Oct 2021
Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi

Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi

Ubwanditsi 05 Nov 2018
UK Minister for International Development honours victims of the Genocide against the Tutsi at Kigali Genocide Memorial

UK Minister for International Development honours victims of the Genocide against the Tutsi at Kigali Genocide Memorial

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Ubwanditsi 28 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Ubwanditsi 18 May 2018
Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR
Mu Mahanga

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Ubwanditsi 28 Apr 2016
APR FC yanyagiye Anse Réunion FC itera intambwe igana mu ijonjora rya nyuma
IMIKINO

APR FC yanyagiye Anse Réunion FC itera intambwe igana mu ijonjora rya nyuma

Ubwanditsi 12 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru