• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Editorial 28 Apr 2019 ITOHOZA

Ubusanzwe BBC ntiyakunze kuvuga neza u Rwanda ndetse ishami ryayo ry’Ikinyarwanda rizwi nka ‘Gahuzamiryango’ ryahagaritswe kumvikana mu Rwanda kubera ibyo yari imaze igihe irutangazaho kandi bijorwa cyane.

Himbara nta kibazo na kimwe yigeze agira ku nkuru zivuga nabi ku Rwanda, nyamara iziruvuga neza zikamurya ahantu.

Ikinyamakuru IGIHE cyatangaje ko ku nshuro ya mbere mu gihe kirenga ukwezi, David Himbara ufatwa nk’umwe mu bakora uko bashoboye ngo basebye leta y’u Rwanda, yanditse inkuru irenga ibika bitatu mu cyo yise ibaruwa ifunguye yandikiye abayobozi ba BBC, yijujutira ikiganiro yakoze ku Rwanda.

Ngo ni ishyari yatewe n’ikiganiro  ” Business Africa ” cyibandaga ku Rwanda, cyakozwe n’abanyamakuru Nancy Kacungira na Maggie Mutesi. Kigaragaza iterambere ry’u Rwanda nk’igihugu gifite ubukungu bwihuta, gikataje mu ikoranabuhanga no guhanga ibishya, kigeze ku rwego rwo kwakira miliyari z’amadolari mu ishoramari ry’abanyamahanga buri mwaka ndetse cyatangiye guteranyirizwamo imodoka za Volkswagen.

Umwanditsi Alain Mucyo avuga ko Himbara yinyuramo aho yandika ko “… Iyo sura y’u Rwanda ihura neza n’ikunda kwamamazwa …” muri make ko ikibazo afite ari uburyo ibintu bigaragara kandi bivugwa.

Yakomeje ati “[Himbara] amaze amezi mu magambo ye ku Rwanda avuga ko rwazahajwe n’ubukene. Yakomeje kugerageza kumvisha Isi ko u Rwanda rudatekanye, ko iterambere ari igihuha.

Ikiganiro cya BBC ni nk’urushyi rwakubise mu isura ye; birashoboka ko byamuriye ahantu kubona amafoto ya Kigali itekanye. Iki kiganiro gishobora kuba gishyira ihurizo ku masezerano yahawe yo guharabika u Rwanda kubera ko abaterankunga be baza kubona ko imbaraga bakoresha n’amafaranga yabo bitabashije guhindanya isura y’u Rwanda.”

David Himbara

Ku bw’ibyo ngo mu kurwana ku mugati we, yanditse inkuru ndende harimo amakuru avanye kuri Google, ku buryo umwarimu wa kaminuza udashobora gukoresha ibitekerezo bye nk’impuguke, ari umwarimu ku izina.

Yakomeje ati “Iyo nkuru yanditswe gusa kugira ngo ishimishe Rujugiro, Museveni, RNC na FDLR.” bo baterankunga be.

Byongeye, ngo Himbara yiyita impirimbanyi ya demokarasi nyamara akibasira itangazamakuru ryigenga, agakumira ibiganiro.

Umwanditsi avuga ko Himbara bitewe n’uko ari mu mpera z’ukwezi kandi akeneye amaramuko, yazamuye ijwi yibasira abakomeye ngo yerekane ko afite ijwi rigera kure.

2019-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Editorial 07 Oct 2019
Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Editorial 27 Mar 2017
Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Editorial 04 Feb 2017
Umunyarwanda Ismael Mbonigaba araregwa guhohotera abakobwa muri Canada

Umunyarwanda Ismael Mbonigaba araregwa guhohotera abakobwa muri Canada

Editorial 01 Jun 2016
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Editorial 07 Oct 2019
Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Editorial 27 Mar 2017
Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Editorial 04 Feb 2017
Umunyarwanda Ismael Mbonigaba araregwa guhohotera abakobwa muri Canada

Umunyarwanda Ismael Mbonigaba araregwa guhohotera abakobwa muri Canada

Editorial 01 Jun 2016
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Editorial 07 Oct 2019
Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Editorial 27 Mar 2017
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude, Ruhango Mbuye Rugarama
    April 29, 201911:33 am -

    Yewe Devide Ndamusetse Urwandase Ararusebya Bishoboke? Abanyamahanga Benshi Bararuzi, Abakuru Bibihugu Bitandukanye Barugezemo Bararuzi, Kd Bazinezako Urwanda Ari Indashyikirwa Yarusebyahe? Ahubwo Arimo Arisebya

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru