• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Hon. Dr.Habineza avuga ko n’abanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore

Hon. Dr.Habineza avuga ko n’abanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore

Editorial 26 Oct 2018 HIRYA NO HINO

Perezida w’Ishyaka Riharanira Demokorasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ntiyemeranya n’umuyobozi w’itorero ry’u Rwanda, Bamporiki Edouard, wambuye Ubutore umuhanzikazi, Uzamberumwana uzwi ku izina rya Oda Paccy.

Ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukwakira 2018, nibwo umuyobozi w’itorero ry’u Rwanda, Bamporiki Edouard yasohoye itangazo anarishyiraho umukono avuga ko ku bw’ububasha ahabwa n’umutoza w’ikirenga, yambuye Paccy ubutore.

Ibaruwa yambura ubutore, Oda Paccy

Kwamburwa ubutore, byatewe n’ifoto yamamaza indirimbo ye yitwa ‘Ibyatsi’, aho yakoresheje ifoto igaragaza ikibuno cy’umukobwa wambaye uko yavutse, yafashwe nk’idakwiye mu muco nyarwanda, bityo bimuviramo kubwamburwa burundu.

Hon. Dr Habineza avuga ko ibyo Paccy yakoze atari icyaha, ahubwo ko ari ikosa, bityo ko adakwiye guhutazwa yamaganwa, ahubwo ko abanyereza imitungo ya Leta baraciye mu Itorero ry’Igihugu, aribo bakwiye gufatirwa ingamba mbere y’abandi bakamburwa ubwo butore.

Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Hon Dr Habineza yagize ati “umuraperi Uzamberumwana Odda Paccy nta cyaha yakoze, ni ikosa gusa kandi nta mpamvu yo gukomeza kumuhutaza yamaganwa, ntibikwiye ko afatirwa ibindi bihano birenze ibyo kumukura mu Ntore, abasaba ko ibihangano bye bihagarika, natwe tubasabye kudakomeza”.

Abantu benshi bakomeje kugaruka kuri iki cyemezo Bamporiki yafatiye Odda Paccy, bamwe bavuga ko atari we muntu wa mbere ukoze ikosa kandi yaraciye mu itorero, bamwe bakavuga ko n’abo bose bakwiye kubwamburwa.

Hagendewe ku bitekerezo by’abantu batandukanye bagiye bagaruka kuri iyi myanzuro yafatiwe uyu muhanzikazi, Bwiza.com yabajije Hon Dr Habineza Frank, iti “Ese kuba hari abayobozi banyereza imitungo ya Leta n’ibindi byaha bikorwa kandi baraciye mu itorero, ubihuje n’ibi Oda Passy yakoze, ubona bo bakwiye iki?

Yasubiye agira ati “Abo nibo bakwiriye kwirukanwa mu itorero,… Njyewe mbona nta cyaha yakoze, nk’umuhanzi yari yatekereje ko yakoze agashya kandi biri mu burenganzira bwe, Ntabwo bikwiriye kumwamagana”.

Umwe mu bakurikiranira hafi ibya politiki yo mu Rwanda, Ndahayo Gerrard [izina ryahinduwe] abajijwe ku cyemezo cyafatiwe Paccy, yagize ati “ariko abantu ntibakirize nkana ku bandi, nkaho bo ari mikese igoroye, uru Rwanda rufite abibye amakariso n’amaserengeri, abize bakopera, rufite abarya ruswa, abambura abaturage, abarya Girinka n’abandi, none ngo Ibyatsi ni ikibazo”.

Aha aragaruka cyane kuri iyi ngingo y’uko n’abanyereza ibya Leta ndetse n’abanyunyuza imitsi y’abaturage ku bw’ingunyu zabo bwite nabo bagakwiye kwambura Ubutore.

Ati “Aba Meya n’abagitifu barya Girinka se, abahombya amamiliyari se nizo Ntore u Rwanda rushaka, Ingabire yavuze ko ukoze ibyoroshye ahanwa, uw’ibikomeye akagororerwa, none arabihamije. Paccy nta mukati yatswe, nakomeze yikorere akazi, kuko u Rwanda ni igihugu kigendera ku mategeko”.

Undi na we yagarutse ku muhanzi nyarwanda uherutse gukubita umugore we akamukura amenyo, uwo na we ari mu bahanzi batojwe gitore, mu ‘Indatabigwi’ , ariko nta byemezo yigeze afatirwa ngo na we abe yakwamburwa Ubutore.

Yagize ati “Mu minsi ishize umwe mu bahanzi batojwe n’Itorero muyobora [….] yakubise umugore amukuramo amenyo anavuga ko azamugurira andi ya zahabu (niko twumvise) ko nta baruwa imwambura izina ry’Ubutore, kandi hakaba hashize igihe, cyangwa dukomeze gutegereze?

Akomeza avuga ko ikosa yakoze ryaba riremereye kurusha irya Paccy, ko we yanakoze iryo gukubita umuntu akanamukuramo ingingo z’umubiri, ariko ngo n’iyi saha, nta baruwa imwambura ubutore irasohoka.

Akibona iri tangazo, Paccy yavuze ko ifoto ye ari iy’ubugeni ndetse ko ntaho ihuriye n’ibyo umuntu yahita atekereza, intego ye ko ariyo kwamamaza indirimbo ye ‘Ibyatsi’.

Uzamberumwana Pacifique uzwi nka Oda Paccy ni umuraperikazi wamamaye mu Rwanda ku ndirimbo ze zitandukanye, zirimo nka ‘Kano, Igikuba, Rendez-Vous’,… umwaka ushize nabwo yaragarutsweho mu itangazamakuru ubwo yasohoraga indirimbo ‘Order’ yikinze ku ikoma yambaye ubusa.

Ifoto yatumye Paccy afatirwa ibihano bikakaye

 

2018-10-26
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Editorial 20 Nov 2017
Burundi: Abagore mu myiyerekano ishyigikira ko Perezida Nkurunziza ahindura Itegekonshinga

Burundi: Abagore mu myiyerekano ishyigikira ko Perezida Nkurunziza ahindura Itegekonshinga

Editorial 17 Dec 2017
RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo

RDC: FDLR yihimuye kuri FARDC yicamo babiri nyuma yo gufata abayobozi bayo

Editorial 18 Dec 2018
Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Editorial 30 Mar 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Kamari
    November 7, 20186:19 am -

    Bamooriki ni asubize itorero umutoza w’ikirenga ryamunaniye. Ubwo se niba Odda Paccy ari kwishakishiriza akaba ntawe yibye, akaba adahembwa ku musoro, … Bamporiki amushakaho iki??? Ubwo Itorero ry’Igihugu rihindutse Traffic Police niyo igushinja icyaha, ikakuburanisha, ikanahita iguhana utavuze n’ijambo rimwe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje
Amakuru

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina
Amakuru

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Editorial 21 Sep 2021
Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze
Amakuru

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Editorial 09 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru