• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 07 Jun 2016 Mu Mahanga

Abantu 30 barimo abafite hoteri, moteri na resitora mu mujyi w’akarere ka Huye basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana.

Ibi babisabwe ku itariki 6 Kamena mu nama bagiranye n’ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere, Inspector of Police (IP) Rukundo Mucyo.

Iyo nama yabereye mu kagari ka Butare, ho mu murenge wa Ngoma, yari igamije gukora ubukangurambaga bwo kurinda umwana ihohoterwa, kandi yitabiriwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, Kabalisa Arsene.

Mu ijambo rye, IP Rukundo yabwiye abo bagize ibyo byiciro ati:”Nti hakagire uwo mwemerera ko ahera umwana ibinyobwa bisembuye mu mahoteri, moteri na resitora zanyu kuko byangiza ahazaza he; kandi usibye n’ibyo; binyuranije n’amategeko “.

Ingingo ya 219 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda igira iti:” Umuntu wese uha cyangwa ugurisha umwana inzoga cyangwa itabi, cyangwa umukoresha mu icuruzwa ryabyo, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atatu (3) ariko kitageze ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni imwe (1.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Ni nabyo bihano bihabwa ushishikariza umwana kunywa inzoga cyangwa itabi cyangwa kujya mu tubari”.

Yakomeje ababwira ati:”Nihagira umuntu uzana umuntu utujuje imyaka 18 y’amavuko akababwira ko ashaka icyumba cyo kuraramo, ndetse akongeraho ko ari burarane na we ku gitanda ku buryo mukeka ko yaba agamije kumusambanyirizamo, mujye muhita mubimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe akimara kubasaba icyumba kugira ngo ibye bikurikiranwe mu maguru mashya.”

IP Rukundo yabasabye kandi kujya bandika neza imyirondoro y’abo bacumbikira; kandi bakagenzura ko iyo myirondoro ari umwimerere kugira ngo byoroshye iperereza mu gihe haba hari ufite icyo akurikiranyweho.

Yababwiye kandi ati:”Mwirinde ko inzu zanyu zaba ahanywererwa ibiyobyabwenge nk’urumogi cyangwa ahategurirwa ibindi bikorwa binyuranije n’amategeko. Nihagira umukiriya mubikekaho; mukwiye guhita mubimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe.”

Yagize na none ati:”Bamwe mu bakora icyaha cy’icuruzwa ry’abantu barara mu mahoteri, moteri n’ahandi. Murasabwa gufata ingamba zituma badakoresha inzu zanyu mu kugera ku migambi mibi yabo.”

IP Rukundo yasabye kandi abo bafite amahoteri, moteri na resitora kwirinda kugura inyama z’amatungo atabagiwe mu mabagiro azwi kandi yemewe.

Yagize ati:”Hari abantu biba amatungo maze bakayabaga, hanyuma bakagurisha inyama zayo ahantu hatandukanye. Uruhare rwanyu mu kurwanya ubwo bujura ni ukutagura bene izo inyama, kandi mugatanga amakuru y’abazibunza .”

Kabalisa yashimye Polisi y’u Rwanda muri aka karere ku nama yagiriye abo bafite amahoteri, moteri na resitora; kandi abasaba kuzikurikiza no kuba abafatanyabikorwa beza ba Polisi mu gukumira no kurwanya ibyaha.

RNP

2016-06-07
Editorial

IZINDI NKURU

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Editorial 08 Jul 2019
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Editorial 13 Dec 2016
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Editorial 14 Aug 2025
Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Editorial 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo
Mu Mahanga

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Editorial 07 Oct 2016
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya
Amakuru

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Editorial 30 Aug 2023
Burundi:  Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye
Mu Mahanga

Burundi: Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye

Editorial 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru