• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Editorial 21 Oct 2018 Mu Rwanda

Urugaga rw’abahanzi Nyarwanda (Rwanda Music Federation) rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wahawe kuyobora Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) ibaruwa ifunguye, bamuha ikaze mu mirimo yahawe ariko kandi banamugaragariza ibibazo bikomeje gutsikamira iterambere ry’umuhanzi Nyarwanda.

Intore Tuyisenge Umuyobozi w’Urugaga rw’abahanzi Nyarwanda yabwiye Itangazamakuru  ko bahaye ikaze Minisitiri Nyirasafari Esperance uyoboye Minisiteri ifite abahanzi mu nshingano ariko kandi ngo hari ibyo bamusabye n’ibyo bamweretse bigikomeje gutsikamira iterambere ry’umuhanzi Nyarwanda ukeneye nawe kwambuka imipaka.

Mu ibarurwa Ubuyobozi bw’urugaga rw’abahanzi Nyarwanda bwanyujije ku rukuta rwa Instagram kuri uyu 20 Ukwakira 2018 batangiye baha ikaze Minisitiri Nyirasafari muri Minisiteri y’Umuco na Sipor (MINISPOC) aherutse guhabwa kuyobora, bavuga ko bamwitezeho ko ‘umuhanzi Nyarwanda azarushaho guhabwa agaciro agatungwa n’umwuga we’. Banditse bati :

Nyakubahwa Minister, murakaza neza muri MINISPOC ifite mu nshingano abahanzi umunsi ku munsi. Tubitezeho ko umuhanzi arushaho kugira agaciro agatungwa n’ibihangano bye! Leta y’u Rwanda ihora idushishikariza kwihangira umurimo no kuwunoza kandi nk’uko mubizi abahanzi iyo ntero twayikirije mu ba mbere.

Basabye Minisitiri Nyirasafari kubafasha bagatungwa n’umutungo wabo mu by’ubwenge nk’uko undi muntu wese ufite umurimo akora umutunze hano mu Rwanda. Bati “Tukaba tubasaba ko mudufasha amategeko arengera abahanzi yubahirizwe mu gihugu hose kuko igihangano cy’umuhanzi n’umutungo bwite we ugomba kumubeshaho nk’uko undi muntu ufite isambu, imodoka, inzu n’ibindi bimubeshaho.”

Muri iyi baruwa basabye kandi Minisitiri Nyirasafari gufasha abahanzi Nyarwanda kubona ibikorwaremezo bimufasha gukora akazi ke neza. Bati “Gufasha abahanzi kubona ibikorwaremezo biborohereza gukora akazi kabo Kinyamwuga.”

Urugaga rw’abahanzi Nyarwanda banasabye ko bafashwa bakabona isoko ryagutse ryo gucuruza ibihangano byabo. Banasabye ko abahanzi bakongererwa ubumenyi mu byo bakora, bakanaterwa inkunga kuko birya bakimara. Bagize bati “Gufasha abahanzi kubona uburyo bugezweho no kwagura isoko mu icuruzwa ry’ibihangano byabo. Kongerera ubumenyi abahanzi mu byo bakora mu buryo butandukanye. Gutera inkunga ibikorwa by’abahanzi kuko turakirya tukimara.”

Bisunze gahunda ya ‘Made in Rwanda’, Urugaga basabye ko umuhanzi Nyarwanda yajya ahabwa umwanya wa mbere mu birori ndetse n’ibitaramo bitegurwa n’inzego za Leta mu Rwanda. Bavuze ko aho bagiye batumirwa bagiye bahacana umucyo, icyirenze kuri ibyo ngo abahanzi b’abanyamahanga batumirwa ntibarusha abahanzi Nyarwanda gushimisha abitabiriye ibirori. Bati:

Muri Gahunda yo gukomeza guteza imbere ibikorerwa iwacu turabasaba ko mwadukorera ubuvugizi mu birori byateguwe cyane cyane n’inzego za Leta, abahanzi b’abanyarwanda bajye batekerezwa mu bambere kuko bashoboye. Nk’uko mubizi mwagiye munababona muri gahunda zitandukanye harimo n’amatora y’umukuru w’igihugu kandi umusaruro batanze ugaragarira buri wese.

Mu gihe kandi bibayengombwa ko n’umunyamahanga atumirwa. Turabasaba guhabwa agaciro kangana ku bahanzi bitabiriye ibikorwa byateguwe kuko usanga umunyamahanga ahembwa akubye inshuro 30 cyangwa zirenga ayo abanyarwanda bahembwa nyamara usanga abanyarwanda bamurushije gushimisha abitabiriye ibirori, hato batazakomeza kugira bati “Nta muhanzi wemerwa iwabo.

Basoje basaba Minisitiri Nyirasafari kubafasha ubushobozi bugenerwa abahanzi bukabonekera igihe, gushyigikira inzego z’abahanzi bahereye ku mahuriro (unions). Bijeje Minisitiri ‘ubufatanye mu kabaka u Rwanda rwifuzwa rufite abanyamuziki baruhagararira bakaruhesha ishema mu ruhando mpuzamahanga.”

Mubo iyi baruwa yagenewe harimo: Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), Inteko Nyarwanda y’Umuco n’Ururimi (RALC), Minisiteri y’Urubyiruko (MINIYOUTH), Ibiro bya Minisiteri w’Intebe w’u Rwanda (Primature Rwanda), Village Urugwiro ndetse na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Minisitiri Nyirasafari Esperance yahawe kuyobora Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) asimbuye Madamu Uwacu Julienne. Nyirasafari yari asanzwe ari Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF).

2018-10-21
Editorial

IZINDI NKURU

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Editorial 02 Jul 2020
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara  bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Editorial 22 Sep 2017
Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Editorial 31 Jul 2021
Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Editorial 01 Nov 2016
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Editorial 02 Jul 2020
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara  bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Editorial 22 Sep 2017
Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Editorial 31 Jul 2021
Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Editorial 01 Nov 2016
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Editorial 02 Jul 2020
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara  bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Editorial 22 Sep 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru