• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ubwanditsi 16 Aug 2017 Mu Rwanda

Ngirinshuti Alain, Visi Perezida wa Ibuka akaba n’umwe mu banyarwanda barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yandikiye ibaruwa ifunguye Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, amugaragariza ko adakwiye kwirengagiza na rimwe uruhare rw’igihugu ayoboye muri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana imbaga.

Nk’uko bigaragara mu binyamakuru nka Lemonde n’ibindi bitandukanye byagaragaje iyi bauruwa ifunguye yandikiwe Perezida Macron, Ngirinshuti Alain uhagarariye uyu muryango wa Ibuka ukorera mu gihugu cy’Ubufaransa (Ibuka-France) yagaragaje ko uruhare Abafaransa bagize muri Jenoside yahitanye imbaga y’Abatusti rudakwiye kwirengagizwa n’uwo ariwe wese uhereye kuri Perezida w’iki gihugu.

Mu ibaruwa ye Ngirinshuti yagiraga ati “Nyakubahwa Perezida (Macron), Imyaka isaga 23 irashize habaye Jenoside ya nyuma ku Isi mu kinyejana cya 20 ariyo tuzi Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Rwanda. Byibuze mu mezi atatu kuva muri Mata kugeza muri Nyakanga mu w’1994, Abantu basaga Miliyoni barishwe. Kuri njyewe ariko uwo mubare sinawirengagiza.”

Iyi baruwa ikomeza igira iti “Njye nawe twari mu kigero kimwe cy’ingimbi muri uwo mwaka wa 1994, wari iwanyu mu Bufaransa nanjye ndi mu Rwanda gusa sinzi niba wibuka mu gihe cyawe ufite imyaka 16 uko wari ubayeho.Njyewe icyo gihe nari mu bihe by’amage aho abavandimwe banjye n’abaturanyi twicishwaga imihoro, bashiki banjye basambanywa ku ngufu bakanicwa urw’agashinyaguro.Ibyo bihe bibi nanyuzemo nibyo byangize impfubyi kuri iyi si. Gusa twagombaga kubyakira kandi tugakenera kubaho.

Nafunguraga amaso nareba igihugu cyanjye n’amahano yakiberagamo nkibuka ibyabaye ahandi hose mu Burayi mu myaka yashize ubwo imiryango yo mu Burengerazuba yahuraga na Politiki mbi yateje intambara ya kabiri y’Isi kandi amahanga akaba yari yaremeranijwe ko bitazongera. Imiryango yanjye yishwe urw’agashinyaguro mu maso y’abashinzwe kurinda amahoro ariko imiryango mpuzamahanga ntiyigeze ifata umwanzuro wo kuza kutugoboka ngo idukize abaduhigaga”

Ngirinshuti avuga ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho avuga ko abasirikare babwo baje mu Rwanda bitwikiriye gutabara ariko abatutsi bakicwa barebera.

Ngirinshuti Ati ” Si ngombwa kubibutsa uburyo igihugu cyawe cyafashije bigaragara ubutegetsi bwa Habyarimana bwakoze Jenoside mu ntambara yo kurwanya ingabo za FPR. Sinibaza niba Abafaransa ubwabo bazi ko igihugu cyabo cyinjiye mu buryo butaziguye mu ntambara yari igamije kumaraho abasivili b’Abatutsi. Ndetse no gutera inkunga ubwo butegetsi kwari ugushyigikira ubwo bwicanyi.

Ababivuga buhumyi batekereza ko uruhare rw’u Bufaransa buhera ku itariki 7 Mata 1994. Wasobanura ute uburyo u Bufaransa bwonyine ari bwo bwakiriye abategetsi bakomeye bo muri guverinoma yishe abantu, banagize uruhare rukomeye mu ishyirwa mu bikorwa ryayo, ku wa 21 Mata, mu gihe ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi bwari bwarababujije gukandagira ku butaka bwabyo? Wasobanura ute igitekerezo cyo kohereza ingabo muri “Opération Turquoise” kugira ngo barwanye ingabo zari zije guhagarika ubwicanyi?

Ngirinshuti yakomeje ibaruwa ye igenewe Perezida Macron agira ati “Nyakubahwa Perezida, uruhare rw’u Bufaransa mu Rwanda, rurazwi. Kugeza ubu nta we ubishyira mu mbwirwaruhame ye. Ibikorwa byo guhakana nibyo byakurikiye ibyo byakozwe.

Perezida, ibyo muherutse gutangaza muri Oradour-sur-Glane mu muhango wo kwibuka Vel d’Hiv byerekana ubushobozi bw’igihugu n’abayobozi bacyo ku kureba ahahise batarya iminwa. Ni kuki Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kuba ari yo ikurwamo kandi ariyo izagaragaza ukuri? Uwo mukoro w’ukuri ku Bufaransa nibwo ugaruka kurusha ibindi bihugu.

Muri iyi baruwa ye Ngirinshuti yasoje agira ati “Tuba mu gihugu kidasaba uwo ari we wese kubeshya acyitwaje cyangwa ashakisha ukuri, kandi nubwo byabaho, ntibikwiye gutambamira imigirire myiza, ndizera ko ayo magambo muzayagira ayanyu kuko icyubahiro cy’igihugu cyanyu kidapimirwa mu guhakana, ahubwo mu gushyira umuhate wo guhangana n’ibyahise.” Aha akaba yasubiragamo amagambo yavuzwe n’Umuhanga w’Umufaransa mu by’imitekerereze,

Ati “Ndatekereza ko aya magambo murayumva kandi mukayaha umwanya kuko icyubahiro cy’ibihugu byacu ntikigaragarira mu kwirengagiza ahubwo kigaragarira mu buryo dushyira umuhate mu guhangana n’ibyahise

-7630.jpg

Ngirinshuti Alain, Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa

2017-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Ubwanditsi 30 Aug 2023
Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Kuri uyu wa gatandatu mu mukino wa gishuti, ikipe ya APR FC irakira Kiyovu SC.

Kuri uyu wa gatandatu mu mukino wa gishuti, ikipe ya APR FC irakira Kiyovu SC.

Ubwanditsi 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka…
IMIKINO

Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka…

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage
Mu Mahanga

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka
ITOHOZA

Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Ubwanditsi 05 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru