• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ubwanditsi 16 Aug 2017 Mu Rwanda

Ngirinshuti Alain, Visi Perezida wa Ibuka akaba n’umwe mu banyarwanda barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yandikiye ibaruwa ifunguye Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, amugaragariza ko adakwiye kwirengagiza na rimwe uruhare rw’igihugu ayoboye muri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana imbaga.

Nk’uko bigaragara mu binyamakuru nka Lemonde n’ibindi bitandukanye byagaragaje iyi bauruwa ifunguye yandikiwe Perezida Macron, Ngirinshuti Alain uhagarariye uyu muryango wa Ibuka ukorera mu gihugu cy’Ubufaransa (Ibuka-France) yagaragaje ko uruhare Abafaransa bagize muri Jenoside yahitanye imbaga y’Abatusti rudakwiye kwirengagizwa n’uwo ariwe wese uhereye kuri Perezida w’iki gihugu.

Mu ibaruwa ye Ngirinshuti yagiraga ati “Nyakubahwa Perezida (Macron), Imyaka isaga 23 irashize habaye Jenoside ya nyuma ku Isi mu kinyejana cya 20 ariyo tuzi Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Rwanda. Byibuze mu mezi atatu kuva muri Mata kugeza muri Nyakanga mu w’1994, Abantu basaga Miliyoni barishwe. Kuri njyewe ariko uwo mubare sinawirengagiza.”

Iyi baruwa ikomeza igira iti “Njye nawe twari mu kigero kimwe cy’ingimbi muri uwo mwaka wa 1994, wari iwanyu mu Bufaransa nanjye ndi mu Rwanda gusa sinzi niba wibuka mu gihe cyawe ufite imyaka 16 uko wari ubayeho.Njyewe icyo gihe nari mu bihe by’amage aho abavandimwe banjye n’abaturanyi twicishwaga imihoro, bashiki banjye basambanywa ku ngufu bakanicwa urw’agashinyaguro.Ibyo bihe bibi nanyuzemo nibyo byangize impfubyi kuri iyi si. Gusa twagombaga kubyakira kandi tugakenera kubaho.

Nafunguraga amaso nareba igihugu cyanjye n’amahano yakiberagamo nkibuka ibyabaye ahandi hose mu Burayi mu myaka yashize ubwo imiryango yo mu Burengerazuba yahuraga na Politiki mbi yateje intambara ya kabiri y’Isi kandi amahanga akaba yari yaremeranijwe ko bitazongera. Imiryango yanjye yishwe urw’agashinyaguro mu maso y’abashinzwe kurinda amahoro ariko imiryango mpuzamahanga ntiyigeze ifata umwanzuro wo kuza kutugoboka ngo idukize abaduhigaga”

Ngirinshuti avuga ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho avuga ko abasirikare babwo baje mu Rwanda bitwikiriye gutabara ariko abatutsi bakicwa barebera.

Ngirinshuti Ati ” Si ngombwa kubibutsa uburyo igihugu cyawe cyafashije bigaragara ubutegetsi bwa Habyarimana bwakoze Jenoside mu ntambara yo kurwanya ingabo za FPR. Sinibaza niba Abafaransa ubwabo bazi ko igihugu cyabo cyinjiye mu buryo butaziguye mu ntambara yari igamije kumaraho abasivili b’Abatutsi. Ndetse no gutera inkunga ubwo butegetsi kwari ugushyigikira ubwo bwicanyi.

Ababivuga buhumyi batekereza ko uruhare rw’u Bufaransa buhera ku itariki 7 Mata 1994. Wasobanura ute uburyo u Bufaransa bwonyine ari bwo bwakiriye abategetsi bakomeye bo muri guverinoma yishe abantu, banagize uruhare rukomeye mu ishyirwa mu bikorwa ryayo, ku wa 21 Mata, mu gihe ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi bwari bwarababujije gukandagira ku butaka bwabyo? Wasobanura ute igitekerezo cyo kohereza ingabo muri “Opération Turquoise” kugira ngo barwanye ingabo zari zije guhagarika ubwicanyi?

Ngirinshuti yakomeje ibaruwa ye igenewe Perezida Macron agira ati “Nyakubahwa Perezida, uruhare rw’u Bufaransa mu Rwanda, rurazwi. Kugeza ubu nta we ubishyira mu mbwirwaruhame ye. Ibikorwa byo guhakana nibyo byakurikiye ibyo byakozwe.

Perezida, ibyo muherutse gutangaza muri Oradour-sur-Glane mu muhango wo kwibuka Vel d’Hiv byerekana ubushobozi bw’igihugu n’abayobozi bacyo ku kureba ahahise batarya iminwa. Ni kuki Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kuba ari yo ikurwamo kandi ariyo izagaragaza ukuri? Uwo mukoro w’ukuri ku Bufaransa nibwo ugaruka kurusha ibindi bihugu.

Muri iyi baruwa ye Ngirinshuti yasoje agira ati “Tuba mu gihugu kidasaba uwo ari we wese kubeshya acyitwaje cyangwa ashakisha ukuri, kandi nubwo byabaho, ntibikwiye gutambamira imigirire myiza, ndizera ko ayo magambo muzayagira ayanyu kuko icyubahiro cy’igihugu cyanyu kidapimirwa mu guhakana, ahubwo mu gushyira umuhate wo guhangana n’ibyahise.” Aha akaba yasubiragamo amagambo yavuzwe n’Umuhanga w’Umufaransa mu by’imitekerereze,

Ati “Ndatekereza ko aya magambo murayumva kandi mukayaha umwanya kuko icyubahiro cy’ibihugu byacu ntikigaragarira mu kwirengagiza ahubwo kigaragarira mu buryo dushyira umuhate mu guhangana n’ibyahise

-7630.jpg

Ngirinshuti Alain, Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa

2017-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Abanyarwanda basaga 90 bafatiwe mu mukwabu muri Uganda bahita bahambirizwa

Abanyarwanda basaga 90 bafatiwe mu mukwabu muri Uganda bahita bahambirizwa

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Ubwanditsi 10 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda : Abanyamakuru babiri bahagaritswe gukora
INKURU NYAMUKURU

Mu Rwanda : Abanyamakuru babiri bahagaritswe gukora

Ubwanditsi 27 Feb 2018
RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda
ITOHOZA

RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Umwarimu yatewe inda  n’Umwana  yigisha
ITOHOZA

Umwarimu yatewe inda n’Umwana yigisha

Ubwanditsi 18 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru