• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ubwanditsi 16 Aug 2017 Mu Rwanda

Ngirinshuti Alain, Visi Perezida wa Ibuka akaba n’umwe mu banyarwanda barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yandikiye ibaruwa ifunguye Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, amugaragariza ko adakwiye kwirengagiza na rimwe uruhare rw’igihugu ayoboye muri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana imbaga.

Nk’uko bigaragara mu binyamakuru nka Lemonde n’ibindi bitandukanye byagaragaje iyi bauruwa ifunguye yandikiwe Perezida Macron, Ngirinshuti Alain uhagarariye uyu muryango wa Ibuka ukorera mu gihugu cy’Ubufaransa (Ibuka-France) yagaragaje ko uruhare Abafaransa bagize muri Jenoside yahitanye imbaga y’Abatusti rudakwiye kwirengagizwa n’uwo ariwe wese uhereye kuri Perezida w’iki gihugu.

Mu ibaruwa ye Ngirinshuti yagiraga ati “Nyakubahwa Perezida (Macron), Imyaka isaga 23 irashize habaye Jenoside ya nyuma ku Isi mu kinyejana cya 20 ariyo tuzi Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Rwanda. Byibuze mu mezi atatu kuva muri Mata kugeza muri Nyakanga mu w’1994, Abantu basaga Miliyoni barishwe. Kuri njyewe ariko uwo mubare sinawirengagiza.”

Iyi baruwa ikomeza igira iti “Njye nawe twari mu kigero kimwe cy’ingimbi muri uwo mwaka wa 1994, wari iwanyu mu Bufaransa nanjye ndi mu Rwanda gusa sinzi niba wibuka mu gihe cyawe ufite imyaka 16 uko wari ubayeho.Njyewe icyo gihe nari mu bihe by’amage aho abavandimwe banjye n’abaturanyi twicishwaga imihoro, bashiki banjye basambanywa ku ngufu bakanicwa urw’agashinyaguro.Ibyo bihe bibi nanyuzemo nibyo byangize impfubyi kuri iyi si. Gusa twagombaga kubyakira kandi tugakenera kubaho.

Nafunguraga amaso nareba igihugu cyanjye n’amahano yakiberagamo nkibuka ibyabaye ahandi hose mu Burayi mu myaka yashize ubwo imiryango yo mu Burengerazuba yahuraga na Politiki mbi yateje intambara ya kabiri y’Isi kandi amahanga akaba yari yaremeranijwe ko bitazongera. Imiryango yanjye yishwe urw’agashinyaguro mu maso y’abashinzwe kurinda amahoro ariko imiryango mpuzamahanga ntiyigeze ifata umwanzuro wo kuza kutugoboka ngo idukize abaduhigaga”

Ngirinshuti avuga ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho avuga ko abasirikare babwo baje mu Rwanda bitwikiriye gutabara ariko abatutsi bakicwa barebera.

Ngirinshuti Ati ” Si ngombwa kubibutsa uburyo igihugu cyawe cyafashije bigaragara ubutegetsi bwa Habyarimana bwakoze Jenoside mu ntambara yo kurwanya ingabo za FPR. Sinibaza niba Abafaransa ubwabo bazi ko igihugu cyabo cyinjiye mu buryo butaziguye mu ntambara yari igamije kumaraho abasivili b’Abatutsi. Ndetse no gutera inkunga ubwo butegetsi kwari ugushyigikira ubwo bwicanyi.

Ababivuga buhumyi batekereza ko uruhare rw’u Bufaransa buhera ku itariki 7 Mata 1994. Wasobanura ute uburyo u Bufaransa bwonyine ari bwo bwakiriye abategetsi bakomeye bo muri guverinoma yishe abantu, banagize uruhare rukomeye mu ishyirwa mu bikorwa ryayo, ku wa 21 Mata, mu gihe ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi bwari bwarababujije gukandagira ku butaka bwabyo? Wasobanura ute igitekerezo cyo kohereza ingabo muri “Opération Turquoise” kugira ngo barwanye ingabo zari zije guhagarika ubwicanyi?

Ngirinshuti yakomeje ibaruwa ye igenewe Perezida Macron agira ati “Nyakubahwa Perezida, uruhare rw’u Bufaransa mu Rwanda, rurazwi. Kugeza ubu nta we ubishyira mu mbwirwaruhame ye. Ibikorwa byo guhakana nibyo byakurikiye ibyo byakozwe.

Perezida, ibyo muherutse gutangaza muri Oradour-sur-Glane mu muhango wo kwibuka Vel d’Hiv byerekana ubushobozi bw’igihugu n’abayobozi bacyo ku kureba ahahise batarya iminwa. Ni kuki Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kuba ari yo ikurwamo kandi ariyo izagaragaza ukuri? Uwo mukoro w’ukuri ku Bufaransa nibwo ugaruka kurusha ibindi bihugu.

Muri iyi baruwa ye Ngirinshuti yasoje agira ati “Tuba mu gihugu kidasaba uwo ari we wese kubeshya acyitwaje cyangwa ashakisha ukuri, kandi nubwo byabaho, ntibikwiye gutambamira imigirire myiza, ndizera ko ayo magambo muzayagira ayanyu kuko icyubahiro cy’igihugu cyanyu kidapimirwa mu guhakana, ahubwo mu gushyira umuhate wo guhangana n’ibyahise.” Aha akaba yasubiragamo amagambo yavuzwe n’Umuhanga w’Umufaransa mu by’imitekerereze,

Ati “Ndatekereza ko aya magambo murayumva kandi mukayaha umwanya kuko icyubahiro cy’ibihugu byacu ntikigaragarira mu kwirengagiza ahubwo kigaragarira mu buryo dushyira umuhate mu guhangana n’ibyahise

-7630.jpg

Ngirinshuti Alain, Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa

2017-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Ubwanditsi 23 Oct 2017
2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Amagana y’Abanye- Congo yakiriye i Kigali Moïse Katumbi udacana uwaka na Perezida Kabila

Amagana y’Abanye- Congo yakiriye i Kigali Moïse Katumbi udacana uwaka na Perezida Kabila

Ubwanditsi 29 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )
POLITIKI

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.
Amakuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Ubwanditsi 09 Dec 2020
Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda
Amakuru

Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru