• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Ibibazo by’Uburezi mu Rwanda

Editorial 14 Nov 2016 Mu Mahanga

Kuva RPF inkotanyi iyobora mu Rwanda ifatanije n’andi mashyaka cyangwa imitwe ya politiki nka MDR, PSD, PL n’ayandi, minisiteri zitandukanye zagiye zihindurirwa abayobozi harimo n’izo abantu bakunze kwita minisiteri zikomeye nka minisiteri y’ingabo, minisiteri y’imari, minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

Muri izi minisiteri n’izindi zizwi, nubwo zagiye zihindura amazina, izi ntabwo zihindura ahubwo hongerwaho ijambo ariko umusingi cyangwa igishyitsi ntigihinduka.

Ni ingabo, imari, ububanyi n’amahanga. nibyo rero iyo ufite ingabo, ukagira imari, ukabana n’abantu ibindi bigenda neza kuko uba ufite umutekano, uba ufite ubukire cyangwa umutungo kandi ubana neza, wirinda kandi ukamenya ibyo hanze cyangwa nyuma y’urugo mu baturanyi, abagenzi n’abanyamahanga kuko no mu Kinyarwanda abanyamuhana n’ibimanuka iyo utabarebye neza niho hava ingasire mbi n’imbeba y’uruhuga ndetse n’abatera iwawe.

Ibindi byubaka urugo, umuryango, agasozi n’igihugu byubakira kuribyo. Ibi kandi nicyo kimwe na minisiteri kuko gishingira ku miyoborere, ubutunzi n’icyerekezo cyabatuye igihugu cyangwa abaturarwanda n’abanyarwanda.

Minisiteri y’uburezi ishinzwe kurera no kwigisha abanyarwanda. Mugusesengura ibibazo by’uburezi mu Rwanda, nahereye ku nama y’abayobozi b’uburezi mu gihugu. Naganiriye nabo kuya 10 ugushyingo 2016 aho nahuye na bamwe bavuye mu nana kuri hoteli chez Lando iri mu mujyi wa Kigali. Iyi nama yarimo abayobozi batandukanye barimo abo muri minisiteri harimo n’umunyamabanga uhoraho wayo, abayobozi baza kaminuza, harimo n’izigenga nk’iyitwaga INATEK ubu yitwa UNIK n’izindi.

-4656.jpg

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba

Harimo kandi abayobozi bakuru ba Rwanda Education Board (REB) ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi n’imyigire n’imyigishirize mu Rwanda ndetse n’abaterankunga n’abafatanyabikorwa mu burezi.

Ikibazo: kuki ibibazo mu burezi bidakemuka? Kuki iyi minisiteri iyoborwa n’abahanga ariko ibibazo ntibikemuke?

Nawe se reba abaminisitiri bamaze kuyiyobora mu myaka makumyabiri gusa, nabo ni nka makumyabiri.
Mr. BIZIMANA J.P.
Mr. NGIRABANZI
Mr. MUDIDI
Mr. MUREKERAHO
Mr. RWAMUKWAYA
Mr. NSENGIYUMVA Albert
Mr. Pierre Cel. RWIGEMA
Mr. MUTSINDASHYAKA
Dr. HABUMUREMYI P. D.
Dr. HAREBAMUNGU
Dr. NTAWUKURIRYAYO
Dr. GAHAKWA
Dr. MURIGANDE
Dr NSENGIMANA
Dr KAREMERA
Dr Jeanne d’Arc MUJAWAMARIYA
Dr MUSAFIRI
Prof MURENZI
Prof. RWAKABAMBA

Aba baminisitiri ni abantu bazwiho kuba ari abahanga mubyo kwigisha, ubushakashatsi ndetse n’umuco n’ubujyanama. Ikigo cya Rwanda Education Board (REB) gishinzwe gutegura no kumenya inyigisho, gishinzwe gutegura no gutanga ubumenyi, gishinzwe kandi no gukurikirana imiyoborere myiza mu mashuli n’imyigire n’ibindi birebana n’uburezi, nubwo ari gishya nacyo kiyobowe n’abantu bamenyerewe mu burezi ndetse hari n’abayoboye ibigo by’abihaye cyangwa abavugabutumwa n’amadini y’abagaturika, abadivantisiti, abaporoso n’abandi.

Abagerageza kuganira no gusesengura uko ikibazo giteye no kumenya impamvu, bavuga ibintu bitatu. Icyambere bati ni system: bisobanura umuyoboro bakoreramo, nanjye nti reka da! Sibyo.

System y’u Rwanda n’inkotanyi imeze neza rwose nta kibazo ifite ahubwo abatayizi batanasesengura nibo bicwa no kutayimenya bakavuga ibyo. Kuko mu ngabo ikora neza,mu mari ikora neza no mububanyi ikora neza!

Abandi bati ni ubuswa no kutabaza!

Nanjye nti yego! Nkongera nti oya! Ubwo rero ni byombi.

Harimo ubuswa bwa bamwe no kutabaza kw’abandi. Abaswa ni nkabo umuntu agana akabereka ibitagenda ndetse akanabagira n’inama ntibashake kumva cyangwa ngo bashishoze barebe icyo inama ubagira iganishaho, ahubwo bagatsimbarara ku kwitwa abayobozi cyangwa ba Diregiteri.

Ati jyewe nshinzwe imfashanyigisho cyangwa iki n’iki ibyo umbwiye ntibindeba. Undi ati jyewe nshinzwe ibizami ntabwo imyigire indeba. Ndetse hari n’abagera muri iyo myanya bakabona ko ba minisitiri babayobora ntacyo babarusha ibyo bababwiye bakabyumva ariko ntibabikurikize bati natwe twayobora. Bakaba bigize ba kaganga, uburezi bukahazaharira.

Ikibazo rero nyacyo ntigishingiye kubuswa ahubwo gishingiye k’umugani w’ikinyarwanda ugira uti: “intabaza irira ku miziro.” Abayobozi b’uburezi aho bava bakagera nibite ku bintu bitatu bikurikira cyane cyane abo mu rwego rwa minisiteri n’aba REB:

Mwarimu cyangwa umwigisha

Umunyeshuri cyangwa uwiga

Icyigwa cyangwa inyigisho n’imfashanyigisho naho yigira!

Ntabwo umuyobozi w’uburezi ugendera mu modoka imeze cyangwa ijya kumera nk’indege, bazanira icyayi n’umugati usize buri nyuma y’amasaha abiri azibuka aho yigiye cyangwa ahasa naho cyereka nacisha bugufi akaganira no kumva ibitekerezo byabarugana.

Kugirango uburezi bugende neza nuko nawe yabazwa igihe aherukira gusura amashuri asa nayo yizemo, akamenya ibibazo bihari byibura akibonera hamwe na hamwe uko imibereho ya Mwarimu n’umunyeshuri imeze!

Abayobozi ba REB n’abayobozi bandi ba minisiteri n’ibigo bikuru by’amashuri nibashake “uruvugiro” n’uburyo babona cyangwa bumva ababyeyi, abarimu n’abanyarwanda muri rusange, icyo bavuga ku nyigisho zitangwa, ibitabo bikoreshwa aho kwita ku masoko cyane, rimwe na rimwe akurura irari ry’amafaranga na ruswa yambaye igishura cyangwa isinde cyangwa ingofero!

Abayobozi b’uburezi guhera kubo hejuru muri minisiteri na REB byaba byiza bagerageje gushyiraho urubuga rw’ibitekerezo no gusesengura ibyo abafatanyabikorwa nu burezi bavuga kandi bagashyiraho itsinda ry’ubushakashatsi mu burezi “Education system research & Evaluation” ibi byashoboka kandi abitwa “Board” y’uburezi iteye intambwe ikajya iterana no gushyiraho ingamba zifatika kuko hari ibidindira byinshi kubera ko bamwe mu babishinzwe bategereje ko ngo board iterana, kuko aho mfite gihamya, umuyobozi wagejejweho ibintu ngo abyigeho, nyuma y’amezi umunani agasubiza ko ategereje ko board iterana ngo atange igisubizo!

Harageze ko Uburezi mu Rwanda bagisha inama zisesuye, bagakora kandi bagakoresha ubushakashatsi n’ubushishozi no kungurana ibitekerezo nkuko umwanditsi w’iyi nkuru yabiganiriye n’umwe wari muri iyo nama yo kuwa 10 Ugushyingo 2016.

-4657.jpg

Umwanditsi w’iyi nkuru amaze imyaka 30 yigisha kandi akaba n’umushakashatsi.
Prof. Pacifique MALONGA

2016-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Editorial 06 Jun 2025
Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi

Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi

Editorial 05 Nov 2018
Kirehe: Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo ibiro 25 by’urumogi

Kirehe: Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo ibiro 25 by’urumogi

Editorial 15 Aug 2016
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Editorial 12 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada
SHOWBIZ

Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada

Editorial 10 Jan 2018
Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”
POLITIKI

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Editorial 27 Jul 2018
Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana
ITOHOZA

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Editorial 13 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru