• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Editorial 21 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 20 Mutarama 2022 nibwo hasozwaga imikino y’amatsinda mu gikombe cya Afurika gikomeje kubera mu gihugu cya Cameroon, nyuma yo gusoza iyi mikino amakipe arimo Algeria na Ghana zamaze gusezererwa muri iri rushanwa.

Mu mikino yo gusoza amatsinda, ikipe ya Sierra Leone yatsinzwe na Guine Equatorial igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Pablo Ganet ubwo hari ku munota wa 38 w’umukino.

Mu wundi mukino wo mu itsinda E ikipe ya Cote d’Ivoire yatsinze Algérie ibitego 3-1, ni ibitego byatsinzwe na Frank Kessie, Ibrahim Sangare ndetse na Nicolas Pepe, igitego kimwe cya Algeria cyatsinzwe na Sofiane Bendebka.

Mu itsinda rya nyuma rya F, ikipe ya Gambia yatsinze Tunisia igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Abie Jallow ubwo hari ku munota wa 3 w’inyogera ku minota 90 w’umukino.

Ku rundi ruhande ikipe ya Mali yo yatsinze ikipe ya Mauritania ibitego 2-0, ni ibitego byatsinzwe na Massadio Haidara ku munota wa 2 ikindi kikaba cyatsinzwe na Ibrahima Kone ubwo hari ku munota wa 49 kuri Penalite.

Nyuma y’iyi mikino yo mu matsinda yose yaraye irangiye amakipe 2 ya mbere muri buri tsinda yakomeje muri 1/8, ni ukuvuga amakipe 12 yakomeje hakiyongeraho andi 4 yitwaye neza mu makipe 6 yabaye aya gatatu muri buri tsinda.

Mu makipe 6 yaraye asezerewe harimo ikipe y’Igihugu ya Algérie ifite Igikombe cya Afurika giheruka cya 2019 ndetse hiyongeraho ikipe y’igihugu ya Ghana nayo yasezerewe muri iki gikombe cya Afurika.

Uko ibihugu bizahura muri 1/8 cy’irangiza mu gikombe cya Afurika gikomeje kubera muri Cameroon:

Ku Cyumweru, tariki ya 23 Mutarama 2022:
18:00: Burkina Faso vs Gabon, i Limbé
21:00: Nigeria vs Tunisie, i Garoua

Ku wa Mbere, tariki ya 24 Mutarama:
18:00: Guinée vs Gambie, i Bafoussam
21:00: Cameroun vs Comores, kuri Stade Olembe (Yaoundé)

Ku wa Kabiri, tariki ya 25 Mutarama:
18:00: Sénégal vs Cap-Vert, i Bafoussam
21:00: Maroc vs Malawi, kuri Stade Ahmadou Ahidjo i Yaoundé

Ku wa Gatatu, tariki ya 26 Mutarama 2022:
18:00: Côte d’Ivoire vs Misiri, kuri Stade Japoma
21:00: Mali vs Guinée Equatoriale, i Limbé

2022-01-21
Editorial

IZINDI NKURU

Arsenal yirukanye Unai Emery

Arsenal yirukanye Unai Emery

Editorial 29 Nov 2019
Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Editorial 28 Aug 2016
Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Editorial 15 May 2018
Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Editorial 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?
HIRYA NO HINO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Editorial 09 May 2017
Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha
Amakuru

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021
Iki noneho si ikinyoma, ni ikinamico. Nyuma y’iminsi isaga 300 ageze mu Rwanda, abo kwa Rusesabagina badukanye amatakirangoyi ko ngo yakorewe iyicarubozo!
Amakuru

Iki noneho si ikinyoma, ni ikinamico. Nyuma y’iminsi isaga 300 ageze mu Rwanda, abo kwa Rusesabagina badukanye amatakirangoyi ko ngo yakorewe iyicarubozo!

Editorial 31 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru