• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 31 Dec 2016 IMIKINO

Koffi Olomide yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 29 Ukuboza 2016 aho agomba gutarama mu birori byo gusoza umwaka bya Kigali Count Down. Akigera mu mujyi wa Kigali Koffi Olomide yavuze ku rukundo akunda abanyarwandakazi agaruka no ku bahanzi nyarwanda.

Umunyamakuru yabajije Koffi Olomide niba yaba azi umuziki w’abanyarwanda, na we mu kumusubiza agira ati”Eeeehh njya numva umuziki wanyu…” Abajijwe niba hari amazina ya bamwe mu bahanzi yaba azi neza cyangwa indirimbo zabo yagize ati” Ndabakunda bose, simbazi cyane ariko ndabakunda bose, sinshaka guteza urujijo nyuma ngo mvuge bamwe nibagirwe wenda umwe gusa kimwe ni uko abahanzi bose b’abanyarwanda bose mbakunda.”

Koffi waje mu Rwanda ahagurukiye Brazzaville yaje kubazwa na Inyarwanda.com niba rimwe ajya atekereza ko azakorana indirimbo n’umuhanzi w’umunyarwanda. Asubiza iki kibazo Koffi yongeye kugaragaza ko atekereza abanyarwandakazi agira ati “Nibwo nzabikunda cyane nzabyishimira cyane, erega n’umuhanzikazi w’umunyarwanda birashoboka.”

Koffi Olomide yagaragaje ko azi uburanga bw’abanyarwandakazi igihe yabazwaga n’abanyamakuru umwihariko k’u Rwanda bijyanye n’ibindi bihugu yagezemo, maze agira ati “U Rwanda ruzwiho kuba ari igihugu gifite umubare munini w’abakobwa beza.”

Koffi Olomide wirinze gutangaza amafaranga mu byukuri bamuhaye ngo aze mu Rwanda, ubwo yaganiraga n’umunyamakuru yaje kubazwa niba azava mu Rwanda nta kindi gitaramo akoze maze Koffi ubwe abwira umunyamakuru ko abamutumiye aribo basubiza ibyo bibazo. Ku kijyanye n’iki gitaramo Oscar wateguye iki gitaramo yahise ahamya ko hari ikindi gitaramo Koffi azaririmbamo kikazaba tariki 1 Mutarama 2017 aho kizabera gusa hakaba hamenyekana nyuma.

Agaruka ku gitaramo cye Koffi Olomide yatangaje ko nta mubare runaka w’indirimbo azaririmba ahubwo abafana aribo bazamusaba izo aririmba, naho ku ruhande rw’abateguye ibi birori bo ngo bakurikije abantu bari kwaka amatike mbere, biteze byibuza abafana batari munsi y’ibihumbi bibiri (2000) baturutse imihanda yose.

-5217.jpg

Umuhanzi w’icyamamare Koffi Olomide

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Koffi Olomide yabajijwe niba hari icyo azi cyangwa yavuga kuri Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, aha Koffi Olomide yagize ati ” Ni umugabo ukunda igihugu cye cyane, ukorera igihugu cye, ngira ngo mubona ukuntu u Rwanda ruri kwihuta mu iterambere, njye mugomba icyubahiro ku bw’akazi akora,… njye ubwo mperuka hano hari hazwi Hotel ya Mille Collines ntabwo Radisson yari ihari, mu by’ukuri u Rwanda ruri gutera imbere, hari impamvu ikomeye yo gushimira Perezida wanyu. Ni umugabo wubashywe hanze aha, njye ndabivuze ndabizi ko yubashywe cyane hanze aha.”

Yabajijwe iminsi azamara i Kigali maze arasubiza ati : “ Njye sinabimenya biterwa n’abahagarariye inyungu zanjye ndetse n’abateguye urugendo rwanjye.” Abajijwe umubare w’indirimbo azaririmba Koffi Olomide yatangaje ko bizaterwa nizo abantu bazamusaba ati: ” Mfite indirimbo zirenga magana atatu abantu nicbo bambwira izo ndirimba.”

-5218.jpg

Koffi Olomide ategerejwe mu birori byo gusoza umwaka wa 2016 aho azaba ari kumwe n’abanyarwanda mu gutangira umwaka wa 2017 mu ibirori byiswe Kigali Count Down, bikaba bizabera mu mujyi wa Kigali mu busitani bwa Convention Center. Kwinjira muri ibi birori ni 35,000frw na 50,000frw mu myanya y’icyubahiro.

Source : Inyarwanda.com

2016-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Ubwanditsi 04 Jul 2023
Mukura yatsinze Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro no gukina CAF Confederation Cup 2019

Mukura yatsinze Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro no gukina CAF Confederation Cup 2019

Ubwanditsi 13 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye
HIRYA NO HINO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019
Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera
Amakuru

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026
i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]
INKURU NYAMUKURU

i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru