• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Editorial 10 Dec 2018 IMIKINO

Nyuma y’umwaka n’amezi arindwi Masudi Djuma aririmbiwe indirimbo z’intsinzi kuri Stade ya Kigali ubwo yaheshaga Rayon Sports igikombe cya shampiyona, ubu yaririmbiwe izo kwihanganishwa kuko AS Kigali atoza yatsinzwe na Rayon Sports 1-0 cy’umunya-Ghana, Michael Sarpong.

Ku ya 17 Gicurasi 2017, Masudi Djuma yanditse amateka akomeye ubwo yaheshaga Rayon Sports igikombe cya Shampiyona. Intsinzi y’ibitego 2-1 Rayon Sports yakuye imbere ya Mukura VS yatumye izina ashimangira izina rya Comando maze aririmbirwa n’abafana bati ‘Masudi Wacu!!!’.

Kuri iki Cyumweru tariki 9 Ukuboza 2018 uyu mutoza ukomoka mu Burundi yagarutse kuri iyi stade ashaka kubabaza ba bafana yashimishije kuko ubu ari umutoza wa AS Kigali yahanganaga na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona y’u Rwanda, AZAM Rwanda Premier League.

Ikipe ya Rayon Sports yakinaga idafite bamwe mu bakinnyi basanzwe babanza mu kibuga nka Donkor Prosper Kuka na Bimenyimana Bonfils Caleb bahanwe na FERWAFA kubera amakarita babonye mu mikino ishize.

Byatumye umutoza Roberto Oliviera Goncalves (Robertinho) agirira icyizere mu Mugisha Gilbert wakinaga umukino wa mbere muri uyu mwaka w’imikino na Yannick Mukunzi wari usanzwe winjira mu kibuga asimbuye.

Umukino watangiranye imbaraga nyinshi ku mpande zombi ariko ihangana rikomeye ryagaragaraga hagati mu kibuga aho Ally Niyonzima na Nsabimana Eric Zidane bahanganaga na Yannick Mukunzi na Fabrice Mugheni.
Iri shyaka ryo gushaka intsinzi ya mbere muri uyu mwaka ku ruhande rwa AS Kigali ryatumye itangirana amakosa menshi mu gice cya mbere nk’iryo Ally Niyonzima yakoreye Fabrice Mugheni bituma akuka urutugu anajyanwa kwa muganga ku munota wa 17.

Igice cya mbere cyaranzwe no guhusha ibitego byari byabazwe birimo amashoti yo hanze y’urubuga rw’amahina yatewe na Mugisha Gilbert na Rutanga Eric ariko umunyezamu Bate Shamiru ahagarara neza atabara ikipe ye.

Mu gice cya kabiri AS Kigali yagaragazaga inyota yo gushaka igitego byihuse isatira. Ku munota wa 47 Rayon Sports yayitunguye ikora ‘contre attaque’ yayobowe na Yannick Mukunzi aha umupira Manishimwe Djabel wacenze ba myugaruro babiri ba AS Kigali atera ishoti rikomeye mu izamu umupira ufata igiti cy’izamu ugarutse mu rubuga rw’amahina uhura na Michael Sarpong bita Balloteri ahita afungura amazamu.

Masudi Djuma yahise asimbuza abakinnyi babiri; Nsabimana Eric Zidane asimbuzwa Ishimwe Kevin usatira aciye ku ruhande rw’ibumoso ku munota wa 52 naho Muhozi Freddy afata umwanya wa Ndayisenga Fuadi ku munota wa 64.

Izi mpinduka nta kinini zafashije ikipe ya Masudi kuko nta gitego cyo kwishyura yabonye mu minota yakurikiye ho ahubwo yakomeje gukora amakosa menshi yaviriyemo abakinnyi bayo batanu guhabwa amakarita y’umuhondo aribo Ally Niyonzima, Ntamuhanga Tumaine Tity, Ininahazwe Fabrice Messi, Ishimwe Kevin na Mossi Rurangwa.

Ku munota wa 88 abakinnyi batatu ba Rayon Sports; Manishimwe Djabel, Yannick Mukunzi na Gilbert Mugisha bahererekanyije umupira neza, bawuha Sarpong wirukankaga agana izamu ariko akururwa imyenda na Rurangwa Mossi ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo biba ikarita itukura.

Nyuma y’iminota ibiri gusa Ishimwe Kevin wagiye mu kibuga asimbuye yakoreye amakosa abiri Rutanga Eric na Niyonzima Olivier Sefu mu maso y’umusifuzi nawe ahabwa ikarita y’umutuku, byatumye umukino urangira AS Kigali ifite abakinnyi icyenda mu kibuga.

AS Kigali yagumye ku mwanya wa 15 n’amanota ane naho Rayon Sports ijya ku mwanya wa gatatu n’amanota 15 inganya na APR FC ya kabiri amanota, ikipe zizacakirana kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukuboza 2018 ku munsi wa munani wa Shampiyona y’u Rwanda.

2018-12-10
Editorial

IZINDI NKURU

Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi

Henok Muluberhan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, Byukusenge Patrick aba Umunya-Rwanda waje hafi

Editorial 24 Feb 2025
Ali Kiba yahigitse Diamond mu bahanzi bo muri Tanzania bitwaye neza muri 2015

Ali Kiba yahigitse Diamond mu bahanzi bo muri Tanzania bitwaye neza muri 2015

Editorial 07 Jan 2016
Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Editorial 06 Jan 2016
Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Editorial 21 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru