• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Ubwanditsi 10 Dec 2018 IMIKINO

Nyuma y’umwaka n’amezi arindwi Masudi Djuma aririmbiwe indirimbo z’intsinzi kuri Stade ya Kigali ubwo yaheshaga Rayon Sports igikombe cya shampiyona, ubu yaririmbiwe izo kwihanganishwa kuko AS Kigali atoza yatsinzwe na Rayon Sports 1-0 cy’umunya-Ghana, Michael Sarpong.

Ku ya 17 Gicurasi 2017, Masudi Djuma yanditse amateka akomeye ubwo yaheshaga Rayon Sports igikombe cya Shampiyona. Intsinzi y’ibitego 2-1 Rayon Sports yakuye imbere ya Mukura VS yatumye izina ashimangira izina rya Comando maze aririmbirwa n’abafana bati ‘Masudi Wacu!!!’.

Kuri iki Cyumweru tariki 9 Ukuboza 2018 uyu mutoza ukomoka mu Burundi yagarutse kuri iyi stade ashaka kubabaza ba bafana yashimishije kuko ubu ari umutoza wa AS Kigali yahanganaga na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona y’u Rwanda, AZAM Rwanda Premier League.

Ikipe ya Rayon Sports yakinaga idafite bamwe mu bakinnyi basanzwe babanza mu kibuga nka Donkor Prosper Kuka na Bimenyimana Bonfils Caleb bahanwe na FERWAFA kubera amakarita babonye mu mikino ishize.

Byatumye umutoza Roberto Oliviera Goncalves (Robertinho) agirira icyizere mu Mugisha Gilbert wakinaga umukino wa mbere muri uyu mwaka w’imikino na Yannick Mukunzi wari usanzwe winjira mu kibuga asimbuye.

Umukino watangiranye imbaraga nyinshi ku mpande zombi ariko ihangana rikomeye ryagaragaraga hagati mu kibuga aho Ally Niyonzima na Nsabimana Eric Zidane bahanganaga na Yannick Mukunzi na Fabrice Mugheni.
Iri shyaka ryo gushaka intsinzi ya mbere muri uyu mwaka ku ruhande rwa AS Kigali ryatumye itangirana amakosa menshi mu gice cya mbere nk’iryo Ally Niyonzima yakoreye Fabrice Mugheni bituma akuka urutugu anajyanwa kwa muganga ku munota wa 17.

Igice cya mbere cyaranzwe no guhusha ibitego byari byabazwe birimo amashoti yo hanze y’urubuga rw’amahina yatewe na Mugisha Gilbert na Rutanga Eric ariko umunyezamu Bate Shamiru ahagarara neza atabara ikipe ye.

Mu gice cya kabiri AS Kigali yagaragazaga inyota yo gushaka igitego byihuse isatira. Ku munota wa 47 Rayon Sports yayitunguye ikora ‘contre attaque’ yayobowe na Yannick Mukunzi aha umupira Manishimwe Djabel wacenze ba myugaruro babiri ba AS Kigali atera ishoti rikomeye mu izamu umupira ufata igiti cy’izamu ugarutse mu rubuga rw’amahina uhura na Michael Sarpong bita Balloteri ahita afungura amazamu.

Masudi Djuma yahise asimbuza abakinnyi babiri; Nsabimana Eric Zidane asimbuzwa Ishimwe Kevin usatira aciye ku ruhande rw’ibumoso ku munota wa 52 naho Muhozi Freddy afata umwanya wa Ndayisenga Fuadi ku munota wa 64.

Izi mpinduka nta kinini zafashije ikipe ya Masudi kuko nta gitego cyo kwishyura yabonye mu minota yakurikiye ho ahubwo yakomeje gukora amakosa menshi yaviriyemo abakinnyi bayo batanu guhabwa amakarita y’umuhondo aribo Ally Niyonzima, Ntamuhanga Tumaine Tity, Ininahazwe Fabrice Messi, Ishimwe Kevin na Mossi Rurangwa.

Ku munota wa 88 abakinnyi batatu ba Rayon Sports; Manishimwe Djabel, Yannick Mukunzi na Gilbert Mugisha bahererekanyije umupira neza, bawuha Sarpong wirukankaga agana izamu ariko akururwa imyenda na Rurangwa Mossi ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo biba ikarita itukura.

Nyuma y’iminota ibiri gusa Ishimwe Kevin wagiye mu kibuga asimbuye yakoreye amakosa abiri Rutanga Eric na Niyonzima Olivier Sefu mu maso y’umusifuzi nawe ahabwa ikarita y’umutuku, byatumye umukino urangira AS Kigali ifite abakinnyi icyenda mu kibuga.

AS Kigali yagumye ku mwanya wa 15 n’amanota ane naho Rayon Sports ijya ku mwanya wa gatatu n’amanota 15 inganya na APR FC ya kabiri amanota, ikipe zizacakirana kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukuboza 2018 ku munsi wa munani wa Shampiyona y’u Rwanda.

2018-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi batatu muri bane baserukiye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga rya Triathlon ryaberaga I Bangui muri Santrafrika begukanye imidali

Abakinnyi batatu muri bane baserukiye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga rya Triathlon ryaberaga I Bangui muri Santrafrika begukanye imidali

Ubwanditsi 28 Mar 2021
Kuba tugeze  muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Kuba tugeze muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 21 Jan 2016
APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

APR FC yatsinze Mogadishu City Club yo muri Somalia ibitego 2-1, ikomeza mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Ubwanditsi 19 Sep 2021
Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United

Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United

RUSHYASHYA 02 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC
Amakuru

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Ubwanditsi 21 Jun 2022
Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa
Amakuru

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Ubwanditsi 02 Dec 2024
Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira
POLITIKI

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Ubwanditsi 27 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru