• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Ubwanditsi 10 Dec 2018 IMIKINO

Nyuma y’umwaka n’amezi arindwi Masudi Djuma aririmbiwe indirimbo z’intsinzi kuri Stade ya Kigali ubwo yaheshaga Rayon Sports igikombe cya shampiyona, ubu yaririmbiwe izo kwihanganishwa kuko AS Kigali atoza yatsinzwe na Rayon Sports 1-0 cy’umunya-Ghana, Michael Sarpong.

Ku ya 17 Gicurasi 2017, Masudi Djuma yanditse amateka akomeye ubwo yaheshaga Rayon Sports igikombe cya Shampiyona. Intsinzi y’ibitego 2-1 Rayon Sports yakuye imbere ya Mukura VS yatumye izina ashimangira izina rya Comando maze aririmbirwa n’abafana bati ‘Masudi Wacu!!!’.

Kuri iki Cyumweru tariki 9 Ukuboza 2018 uyu mutoza ukomoka mu Burundi yagarutse kuri iyi stade ashaka kubabaza ba bafana yashimishije kuko ubu ari umutoza wa AS Kigali yahanganaga na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona y’u Rwanda, AZAM Rwanda Premier League.

Ikipe ya Rayon Sports yakinaga idafite bamwe mu bakinnyi basanzwe babanza mu kibuga nka Donkor Prosper Kuka na Bimenyimana Bonfils Caleb bahanwe na FERWAFA kubera amakarita babonye mu mikino ishize.

Byatumye umutoza Roberto Oliviera Goncalves (Robertinho) agirira icyizere mu Mugisha Gilbert wakinaga umukino wa mbere muri uyu mwaka w’imikino na Yannick Mukunzi wari usanzwe winjira mu kibuga asimbuye.

Umukino watangiranye imbaraga nyinshi ku mpande zombi ariko ihangana rikomeye ryagaragaraga hagati mu kibuga aho Ally Niyonzima na Nsabimana Eric Zidane bahanganaga na Yannick Mukunzi na Fabrice Mugheni.
Iri shyaka ryo gushaka intsinzi ya mbere muri uyu mwaka ku ruhande rwa AS Kigali ryatumye itangirana amakosa menshi mu gice cya mbere nk’iryo Ally Niyonzima yakoreye Fabrice Mugheni bituma akuka urutugu anajyanwa kwa muganga ku munota wa 17.

Igice cya mbere cyaranzwe no guhusha ibitego byari byabazwe birimo amashoti yo hanze y’urubuga rw’amahina yatewe na Mugisha Gilbert na Rutanga Eric ariko umunyezamu Bate Shamiru ahagarara neza atabara ikipe ye.

Mu gice cya kabiri AS Kigali yagaragazaga inyota yo gushaka igitego byihuse isatira. Ku munota wa 47 Rayon Sports yayitunguye ikora ‘contre attaque’ yayobowe na Yannick Mukunzi aha umupira Manishimwe Djabel wacenze ba myugaruro babiri ba AS Kigali atera ishoti rikomeye mu izamu umupira ufata igiti cy’izamu ugarutse mu rubuga rw’amahina uhura na Michael Sarpong bita Balloteri ahita afungura amazamu.

Masudi Djuma yahise asimbuza abakinnyi babiri; Nsabimana Eric Zidane asimbuzwa Ishimwe Kevin usatira aciye ku ruhande rw’ibumoso ku munota wa 52 naho Muhozi Freddy afata umwanya wa Ndayisenga Fuadi ku munota wa 64.

Izi mpinduka nta kinini zafashije ikipe ya Masudi kuko nta gitego cyo kwishyura yabonye mu minota yakurikiye ho ahubwo yakomeje gukora amakosa menshi yaviriyemo abakinnyi bayo batanu guhabwa amakarita y’umuhondo aribo Ally Niyonzima, Ntamuhanga Tumaine Tity, Ininahazwe Fabrice Messi, Ishimwe Kevin na Mossi Rurangwa.

Ku munota wa 88 abakinnyi batatu ba Rayon Sports; Manishimwe Djabel, Yannick Mukunzi na Gilbert Mugisha bahererekanyije umupira neza, bawuha Sarpong wirukankaga agana izamu ariko akururwa imyenda na Rurangwa Mossi ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo biba ikarita itukura.

Nyuma y’iminota ibiri gusa Ishimwe Kevin wagiye mu kibuga asimbuye yakoreye amakosa abiri Rutanga Eric na Niyonzima Olivier Sefu mu maso y’umusifuzi nawe ahabwa ikarita y’umutuku, byatumye umukino urangira AS Kigali ifite abakinnyi icyenda mu kibuga.

AS Kigali yagumye ku mwanya wa 15 n’amanota ane naho Rayon Sports ijya ku mwanya wa gatatu n’amanota 15 inganya na APR FC ya kabiri amanota, ikipe zizacakirana kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukuboza 2018 ku munsi wa munani wa Shampiyona y’u Rwanda.

2018-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL

Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Amavubi yaguye miswi na RDC mu mukino yarushijwemo bikomeye

Amavubi yaguye miswi na RDC mu mukino yarushijwemo bikomeye

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Amafoto – Willy Essombe Onana wa Rayon Sports yageze i Kigali ngo afatanye n’ikipe ye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Amafoto – Willy Essombe Onana wa Rayon Sports yageze i Kigali ngo afatanye n’ikipe ye kwitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Ubwanditsi 28 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania
INKURU NYAMUKURU

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Uganda : Umurinzi wa Museveni yatorokanye imbunda zirimo amasasu 120
Mu Mahanga

Uganda : Umurinzi wa Museveni yatorokanye imbunda zirimo amasasu 120

Ubwanditsi 13 May 2018
Polisi y’ u Rwanda yataye muri yombi Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru
ITOHOZA

Polisi y’ u Rwanda yataye muri yombi Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru

Ubwanditsi 10 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru