• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Ibihugu by’Afurika biriga ku buryo bwo gusigasira ibimera n’imbuto zabyo

Editorial 20 Sep 2017 Mu Rwanda

Ibihugu bigize umuryango w’ubumwe bw’Afurika birasanga bikwiye kwongerera uburyo bwatuma ibimera n’imbuto bisigasirwa kugirango bitazimira cyangwa bikabura burundu ku isi.

Ubusanzwe hari amasezerano mpuzamahanga atuma isi irinda ibimera n’imbuto yitwa “International Treaty on Plant Generic Resources for Food and Agriculture” yashyizweho umukomo n’ibihugu kuri ubu bigera 144 byo kwisi. Ibyo bihugu biyemera biterana nyuma yaburi myaka ibiri hasuzumwa aho bigeze bisigasira ibimera n’imbuto kugirango bitazimira ku isi, Ariko izo nama zaberaga ku mugabane itandukanye y’isi.

Ubwa mbere mu mateka y’iyo nama igiye kuberai muri kimwe mu gihugu cy’Afurika kiri munsi y’Ubutayu bwa Sahara aricyo u Rwanda. Muri urwo rwego, Ibihugu bigize umuryango w’ubumwe bw’Afurika biteraniye mu Rwanda mu nama itegura iyo nama mpuzamahanga arinako biganira kugirango bigire ijwi rimwe kucyo umugabane w’Afurika wakungukira muri aya masezerano,Iyi nama ikaba yarateguwe n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa n’ubuhinzi FAO.

Aganira n ’Itangazamakuru Bwana Muhinda Otto, Umuyobozi wungirije ushinwe porogaramu muri FAO yavuze ko muri iyi nama bari kurebera hamwe uko hasigasirwa ibimera ndetse n’imbuto zabyo,uko abantu bagera ku bimera bishya hakorshejwe ikoranabuhanga ndetse n’uko ibimera gakondo byagumaho.

-8010.jpg

Bwana Muhinda Otto

-8012.jpg

-8011.jpg

Yakomeje avuga ko kandi bari kurebera hamwe uburyo bwo kubikora no kubihuza kugira ngo byose bibeho, uko abahinzi babona imbuto batera zizana umusaruro mwinshi ariko ibimera gakondo bikagumya kubaho kuko nabyo ari ingirakamaro.
Ikindi ngo nuko bazarebera hamwe uburyo bwo guhanahana umutungo w’ibihingwa, n’ubworozi nta mbogamizi, igihugu kikaba cyaha ikindi nk’imbuto kidafite mugihe izo gifite zaba zagize ikibazo.

Muri iyi nama kandi ngo abitabiriye iyi nama bagamije guhuza umugambi umwe ku cyakorwa nka Afrika ku bijyanye no gusigasira ibimera n’imbuto zabyo bityo afrika ikazaba ifite imyumvire imwe cyangwa ijwi rimwe muri iriya nama mpuzamahanga izabera Kigali.

U Rwanda rwasinye ayo masezerano mu mwaka wa 2010, inama mpuzamahanga nyirizina izaba tariki ya 30 Ukwakira kugeza kuya 3 Ugushyingo, ikazahuza ibihugu byose byo ku isi bigera ku 144 aho abazitabira iyi nama bazaba barebera hamwe amasezerano mpuzamahanga yo kurinda no gutunganya ibikomoka ku buhinzi.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-20
Editorial

IZINDI NKURU

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Editorial 29 Jul 2022
Police FC ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsindira Mukura VS iwayo

Police FC ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsindira Mukura VS iwayo

Editorial 13 Mar 2017
Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Editorial 15 May 2021
Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Editorial 26 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo
Mu Mahanga

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Editorial 19 Sep 2019
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari
UBUKUNGU

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Editorial 05 Nov 2018
Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira
INKURU NYAMUKURU

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Editorial 06 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru