• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Nyamara bamwe mu bategetsi ba Kongo si ubuswa n’ubuhubutsi gusa, ahubwo bafite ihungabana tutazi aho rizavurirwa. Ubanza bakoreshwa n’amadayimoni cyangwa ibiyayuramutwe si gusa.

Dore nk’ubu ubuyobozi bukuru bw’igisirikari cy’icyo gihugu, bumaze gusohora inyandiko ndende ishinja u Rwanda umugambi ngo wo gutera Kongo. Umuvugizi wa FARDC, ibyo ngo arabishingira ku itangazo Tshisekedi n’abambari be barose gusa, ngo Leta y’uRwanda yasohoye ejo tariki 18/07/2023, ngo ivuga ko “igiye kohereza ingabo za RDF ku butaka bwa Kongo”.

Iryo tangazo ntaryigezo bavuga nta ryigeze ribaho.Uwashaka kubigenzura yareba ku mbuga nkoranyambaga zose za Guverinoma y’uRwanda cyangwa iza RDF zisanzwe zishyirwaho amatangazo, cyangwa akabaza igitangazamakuru icyo ari cyo cyose, cyaba icyo mu Gihugu cyangwa icyo mu mahanga.

Icyo u Rwanda rwavuze, ni uko rufite amakuru ko umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ubifashijwemo n’ubutegetsi bwa Kongo, urimo kwisuganya ngo uhungabanye umutekano mu Rwanda, cyane cyane mu duce duhana imbibi na Kongo.
Umuvugizi wa Guverinoma y’uRwanda ndetse na RDF bahumurije Abanyarwanda kuko ingabo zabo ziryamiye amajanja, kugirango zihashye umwanzi, nabo babasaba kuba maso bityo bakazafatanya nazo gukoma imbere ibyo bikorwa by’iterabwoba.
Uwo mugambi mubisha wa FDLR wanashimangiwe n’umuvugizi wayo, wumvikanye kuri radiyo Ijwi ry’Amerika, VOA, avuga ko”batazava ku ntego yo kurwana u Rwanda”.

Iryo tangazo ry’igisirikari cya Kongo ryuzuyemo ibipapirano rero, nta kindi rigamije, uretse gutanguranwa, kugirango ubwo FDLR izaba ishyize mu bikorwa uwo mugambi wayo, RDF izatinye gukurikira ibyo byihebe kugeza mu ndiri yabyo ku butaka bwa Kongo.

U Rwanda ntirukangwa n’ibihuha. Naho niba abategeka Kongo bumva igihugu cyabo kizabeshwaho no guha induru umunwa bashingiye ku bihuha, bahisemo inzira ya giswa kuko ikinyoma kitaramba. Amateka yagombye kuba yarabigishije .

2023-07-20
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Editorial 19 Mar 2020
RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

Editorial 21 Feb 2017
Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Editorial 11 Feb 2025
Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Editorial 20 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutana-Burundi: kudatanga umusanzu w’amatora bigiye kujya bihanirwa
INKURU NYAMUKURU

Rutana-Burundi: kudatanga umusanzu w’amatora bigiye kujya bihanirwa

Editorial 07 Dec 2018
Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji
Mu Rwanda

Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Editorial 07 Feb 2018
Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga
Amakuru

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Editorial 16 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru