• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibuka yasabye ko abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho yagaragariye

Ibuka yasabye ko abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside bajya baburanishirizwa aho yagaragariye

Editorial 08 Apr 2018 POLITIKI

Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside mu Rwanda (IBUKA) watangaje ko wifuza ko abakekwaho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bakwiye kuzajya baburanishirizwa aho bikekwa ko bagikoreye.

Perezida wa Ibuka, Prof Dusingizemungu Jean Pierre, yatangarije icyo cyifuzo mu ijoro ryo kwibuka ryabereye kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa 7 Mata 2018.

Uyu muhango wabaye nyuma y’urugendo rwo kwibuka ruzwi nka ‘Walk to Remember’ rwahuje abayobozi bakuru b’igihugu, Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, inshuti z’u Rwanda ndetse n’urubyiruko, aho rwavuye ku Nteko Ishinga Amategeko rugera kuri Stade Amahoro i Remera.

Prof, Dusingizemungu yavuze ko hari ibikorwa bikigaragaza ko ingengabitekerezo ya Jenoside igihari, aho usanga hari ababikora bakanavutsa ubuzima abantu, asaba ko abo bigaragaweho bazajya baburanishirizwa aho babikoreye.

Yagize ati “Turacyabona ibikorwa bitwereka ko hari abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, ibikorwa binagera no ku rwego rukomeye rwo kuvutsa ubuzima. Ntituzahwema kubigaragagaza, ndakangurira abacitse ku icumu ku buryo bw’umwihariko, gufatanya n’inzego zitandukanye batanga byihuse amakuru arebana n’iyo ngingo.”

Yunzemo ati “Abakekwaho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bakwiye kujya baburanira aho bivugwa ko baba baragikoreye, ibi byafasha cyane; uko imanza zigenda n’ibihano bitangwa bikwiye kujya bimenyekana, itanganzazamakuru rikabigiramo uruhare kugira ngo bigire isomo rikomeye rivamo.”

Uyu muyobozi yashimangiye ko bamwe mu bagaragarwaho ingengabitekerezo ya Jenoside usanga ari ababa barahamijwe icyaha cya Jenoside barafunzwe bakarangiza ibihano.

Yavuze ko baba bakwiye kwigishwa uko bikwiye mbere y’uko bajya mu muryango nyarwanda.

Yagize ati “Hari igihe usanga ari abafunguwe, barangije igihano cyabo muri gereza, ubu ngubu hari impaka ku mitegurire y’abasohoka muri gereza barangije igihano baba bagomba kujya kubana n’abandi muri sosiyete abacitse ku icumu bifuza ko imitegurire yihariye yabaho ndetse n’abo uwo ufunguwe agenda asanga bagategurwa, abagize umuryango we, abacitse ku icumu ndetse n’abandi.”

Yanagarutse ku kibazo cy’abantu bakatiwe igihano nsimburagifungo cya TIG ndetse n’abakatiwe ibindi bihano batabikoze bagahitamo kwimukira kure y’iwabo, asaba abantu bose guhanahana amakuru kugira ngo babashe gufatwa.

Muri iri joro kandi hanatanzwemo ubuhamya butandukanye burimo ubwa Numukobwa Assoumpta warokotse Jenoside ndetse na Kayiranga Isidole warokoye abana batatu mu yahoze ari Komine Gishyita ku Kibuye.

2018-04-08
Editorial

IZINDI NKURU

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Editorial 06 Nov 2017
Perezida Mitterrand yihanije Abatutsi atanga n’intwaro zo kubica : Itegurwa rya Jenoside

Perezida Mitterrand yihanije Abatutsi atanga n’intwaro zo kubica : Itegurwa rya Jenoside

Editorial 24 Jan 2020
Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Editorial 09 Nov 2024
Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Editorial 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Editorial 12 Feb 2022
Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade
Amakuru

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Editorial 03 Mar 2022
U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika
Mu Rwanda

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

Editorial 28 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru