• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Ibyihariye ku ndege ya Embraer E190-E2 ifite ishusho nk’iy’ifi ya ‘Shark’

Editorial 03 Dec 2018 UBUKERARUGENDO

Kuva mu mezi make ashize abantu batandukanye by’umwihariko abakurikira imbuga nkoranyambaga zivuga cyane ku birebana n’ingendo, bakomeje kwibaza ku ndege yakozwe n’uruganda Embraer rwo muri Brazil.

Abatari bake bakomeje kwibaza ku byihariye kuri iyi ndege ya Embraer E190-E2, yasizwe irangi ku buryo uyibonye wagira ngo n’ifi nini ya ‘Shark’ izwiho kugira amenyo ateye ubwoba.

Iyi ndege yahawe akazina ka ‘Profit Hunter’ yitezweho guhigika indege nto za Airbus A220 zakozwe ku bufatanye na Bombardier.

Izi zombi zisa n’izihanganye ku isoko nyuma y’uko mu minsi ishize Sosiyete y’Abanyamerika itwara abantu n’ibintu mu ndege ya JetBlue Airways itumije indege 60 za A220, zizayigeraho mu 2020, zikazasimbura izo mu bwoko bwa E2 yari isanzwe ikoresha.

Embraer isanzwe ikora indege nto ariko ntiyacitse intege, kuko yiteze ko udushya dukoranye na E190-E2, turimo amadirishya manini tuzatuma yigarurira isoko ndetse igakundwa n’abagenzi.

Visi perezida w’Ishami rishinzwe imenyekanishabikorwa muri Embraer Commercial Aviation, Rodrigo Silva e Souza, yatangarije CNN Travel ko impamvu iyi ndege bayihaye amadirishya manini ari ukugira ngo urumuri rurusheho kwinjiramo imbere.

Umwanya ushyirwamo ibikapu by’abagenzi, hejuru y’aho baba bicaye wongerewe kugera kuri 40%, kandi abagenzi bicara bisanzuye ku buryo bagira ngo bari mu ndege nini.

Nubwo ariko ngo abari muri iyi ndege bashobora kumva ari nini bitewe n’uburyo yisanzuye, ngo iracyafite umwihariko w’indege zikorwa na Embraer, kuko nta mwanya wo hagati ifite bivuze ko uyirimo yicara yegereye idirishya cyangwa ku ruhande rw’inzira inyurwamo (aisle). Ifite imyanya 114.

Mu rwego rwo gufasha abagenzi kugenda bicaye neza ntawe ubangamira undi kandi ngo hari uburyo intebe z’iyi ndege zishobora gushyirwamo zisumbanye.

Uretse imiterere y’imbere, indege ya E190-E2, inakoresha amavuta make ndetse imbaraga nyinshi zashyizwe mu guharanira ko ikoresha uburyo butuma idahumanya ikirere.

Indege ya mbere ya E190-E2 ariko idafite ariya mabara ayiha ishusho ya ‘Shark’ yashyikirijwe sosiyete ya Widerøe ikorera muri Norvège aho kugeza ubu imaze kugira eshatu zitwara abantu muri iki gihugu.

Flight Global ivuga ko sosiyete zikomeye zo muri Amerika nka SkyWest, Alaska Airlines, Spirit na United ari zimwe mu zamaze kugaraza ko zifuza kugura indege za E2.

Sosiyete ya AerCap isanzwe igurisha indege ku nguzanyo ku masosiyete ari hirya no hino ku Isi nayo yamaze gutumiza indege za E2 zigera kuri 20 zirimo izo mu bwoko bwa E190-E2 na E195-E2 ijyamo abantu 146.

Mu kuyimenyekanisha bayisiza amarangi atuma igira ishusho nk’iya ‘Shark’

Utabanje kwitegereza neza wagira ngo n’ifi ya ‘Shark’

Iyi ndege yitezweho guhangana ku isoko na A220 ya Airbus

Banafite indi yasizwe amarangi asa n’ay’igisamagwe

2018-12-03
Editorial

IZINDI NKURU

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Editorial 26 Sep 2018
Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Editorial 04 Apr 2018
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Editorial 19 Jun 2023
Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Editorial 29 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere
Mu Rwanda

Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Editorial 01 Apr 2018
Ingingo zishimangira umusaruro w’inama y’Intekorusange ya FIFA ku Rwanda nk’umusingi w’imenyekanishagihugu mu bukerarugendo
Amakuru

Ingingo zishimangira umusaruro w’inama y’Intekorusange ya FIFA ku Rwanda nk’umusingi w’imenyekanishagihugu mu bukerarugendo

Editorial 20 Mar 2023
RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo
ITOHOZA

RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo

Editorial 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru