• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Editorial 18 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko ibyo Abanyarwanda bakora byose bishoboka iyo igihugu gifite umutekano, abasaba kubigiramo uruhare.

Yabivuze nyuma yo kwakira indahiro z’abayobozi bashya baherutse gushyirwa mu myanya, umuhango wabaye kuri uyu wa kane 18 Mata 2019.

Abo bayobozi ni Lt Gen Jean-Jacques Mupenzi uherutse kugirwa umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, Hitiyaremye Alphonse uherutse kugirwa umucamanza mu rukiko rw’ikirenga, Rukundakuvuga Francois Regis na we uherutse kugirwa umucamanza mu rukiko rw’ikirenga, Tugireyezu Venantie wagizwe umucamanza mu rukiko rw’ubujurire, hamwe na Ndoriyobijya Emmanuel uherutse kwinjira mu Nteko ishinga Amategeko umutwe w’abadepite nk’umudepite.

Nyuma yo kwakira izo ndahiro, Perezida Kagame yibukije abayobozi uburemere bw’inshingano bahawe, ndetse n’ibisabwa kugira ngo bazabashe kuzuzuza neza.

Perezida Kagame yavuze ko buri munyarwanda akwiye guha umurimo yashinzwe agaciro, ndetse byaba na ngombwa akawitangira.

Ati “Birazwi ko dusaba buri munyarwanda cyane cyane abari mu nzego z’ubuyobozi guha umurimo bakora agaciro ukwiye, bakawukorana ubushishozi, umurava, ndetse n’aho bibaye ngombwa ubwitange”.

Perezida wa Repubulika kandi yibukije Abanyarwanda bose ko n’ubwo hari inzego zishinzwe umutekano mu buryo bwihariye, Abanyarwanda muri rusange na bo bagomba kugaragaza uruhare rwabo, kugira ngo ibikorwa byose bibashe kugerwaho.

Ati “Ibyo dukora byose nanone bishoboka iyo dufite umutekano. Ubwo birumvikana ko hari inzego zishinzwe umutekano by’umwihariko, ariko buri munyarwanda wese agomba gufatanya n’izo nzego kugira ngo bigende neza. Iyo igihugu gifite umutekano n’ibindi byose biroroha biganisha ku majyambare twifuza”.

Ku bacamanza barahiye, Perezida Kagame yabasabye kuzirikana amahame y’umwuga w’ubucamanza, bityo intambwe nziza yatewe mu rwego rw’ubutabera igakomeza kujya imbere.

Yagize ati “Hari amahame y’umwuga yo murayazi kuturusha. Ayo mahame akwiye kuba agenderwaho. Mu minsi ishize bigaragara ko hari intambwe yagiye iterwa muri uyu mwuga ndetse ishimishije, ariko iyo mu nzego zose twumva dukora neza, iteka haba hari byinshi bidutegereje”.

JPEG - 223.3 kb
Perezida Kagame yafashe ifoto hamwe n’abarahiye

Yabasabye kandi kuzarangwa n’ubutabera, ubudakemwa, kudasumbanya, guca imanza mu gihe gikwiye ndetse no kutavugirwamo.

Ati “Ibi ni byo byaha icyizere Abanyarwanda bose, ndetse n’abanyamahanga baba bafite ibyo bakorera mu gihugu cyacu”.

Ndoriyobijya Emmanuel warahiriye kwinjira mu Nteko ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite, avuga ko azagendera ku mirongo migari y’Umuryango FPR Inkotanyi kuko ari wo yinjiriyeho mu nteko, bityo akazafatanya n’abandi badepite babarizwa muri uwo muryango kugeza ku banyarwanda ibyo babasezeranyije. n’ibitangazwa na KT.

Venantie Tugireyezu we warahiriye kuba umucamanza mu rukiko rw’ubujurire, yabwiye iki kinyamakuru  ko azihatira gutanga ubutabera nyabwo ku banyarwanda nta kubogama kuko ari cyo Abanyarwanda bifuza.

Yavuze kandi ko azaca imanza agendeye ku mutima nama we, kugira ngo yirinde ko hari umunyarwanda yarenganya.

Ati”Icyo nzanye nk’umusanzu ni ubunyangamugayo kuko umucamanza ari kimwe mu bigomba kumuranga, kugira ngo hatabaho kubogama, ndetse nkazanihutira gutanga ubutabera nkurikije umutima nama, kugira ngo ejo hatazagira umunyarwanda urengana”.

Src : KT

2019-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Editorial 29 Jul 2022
U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

Editorial 28 Aug 2018
Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Editorial 07 Aug 2019
Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Editorial 23 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.
INKURU NYAMUKURU

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Editorial 01 Sep 2020
Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania
POLITIKI

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Editorial 01 Jul 2016
Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bo kwinjira muri Miss Rwanda 2018 kirarimbanije
SHOWBIZ

Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bo kwinjira muri Miss Rwanda 2018 kirarimbanije

Editorial 14 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru