• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Editorial 05 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashize iminsi mike Pierre Nkerenke arashwe n’inzego z’umutekano ubwo yageragezaga kwinjiza magendu yari avanye muri Uganda, yahagarikwa n’inzego zishinzwe umutekano akazirwanya. Ibi ni kimwe mu bimenyetso bigaragaza agasuzuguro ko kwanga kubahiriza ibyemezo by’ubuyobozi bw’u Rwanda, inzego za Uganda zikaba zikomeje gushishikariza abaturage bo ku mupaka wa Uganda n’u Rwanda kutabyubahiriza.

Ariko Nkerenke wari utuye mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare yishwe ari kumwe n’umuturage wa Uganda bafatanyije kurwanya inzego z’umutekano z’u Rwanda bitwaje imihoro.

Uganda yahise itangaza ko Nkerenke yarashwe n’abashinzwe umutekano mu Rwanda bakamurasira ku butaka bwayo. Ni amakuru u Rwanda rwanyomoje rwivuye inyuma.

Ikinyamakuru The New Times cyageze mu gace iryo sanganya ryabereyemo kazwi nko ku Misave.

Indangamerekezo y’ikoranabuhanga izwi nka GPS ndetse n’ibyo abaturage bahaturiye bavuga, bigaragaza ko abo bantu barasiwe ku butaka bw’u Rwanda bashaka kurwanya inzego z’umutekamo.

Muri ako gace, abaturage b’ibihugu byombi basa n’abaturanye ariko hagiye habamo inkingi z’amabuye zerekana aho ibihugu byombi bigabanira.

Uvuye gato kuri izo nkingi, imbere yazo hari umuhanda uri ku butaka bw’u Rwanda ari naho habereye iryo raswa.

Hafi aho hari urutoki rw’umunyarwanda hakuno y’umuhanda hafi ya Uganda, hakaba n’ibiti birindwi by’imisave ari nayo nkomoko y’izina ry’ako gace.

Aho akaziga ka A kagaragaza ni ahari inkingi igaragaza umupaka w’u Rwanda na Uganda, B igaragaza aho isanganya yabereye naho C igaragaza urutoki rw’umunyarwanda Rubambantare ruri ku butaka bw’u Rwanda
Akambi kakagaragaza aho isanganya ryabereye

Ibi bihabanye kure n’ibyatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Uganda, bivuga ko hafi y’aho Nkerenke yarasiwe hari ibiti by’inturusu.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyagatare, Tebuka Pierre, yavuze ko ukurikije ahari imbago z’inkingi z’amabuye, bigaragaza ko iraswa ry’abo bantu ryabereye mu Rwanda.

Yagize ati “Izi nkingi zashyizweho ngo zigaragaze umupaka. Bigaragaza neza ko ibyabaye byose byabereye ku butaka bw’u Rwanda.”

Imbere neza y’aho byabereye hari inzu y’umunyarwanda Francis Rubambantare n’akazu gato ka Airtel.

Ibimenyetso byose bigaragaza ko iryo sanganya ryabereye mu Mudugudu wa Kagarama, akagari ka Tabagwe mu Murenge wa Tabagwe wo muri Nyagatare.

Rubambantare, umuturage utuye hafi y’aho byabereye, yavuze ko bitangira yumvise urusaku, yasohoka agasanga ni Nkerenke afashijwe n’abaturage ba Uganda barwanyaga abashinzwe umutekano bo mu Rwanda.

Yavuze ko yahise ajya gutabaza abandi baturanyi ngo baze guhashya abo ba magendu bashakaga gutema abashinzwe umutekano mu Rwanda.

Yagize ati “Byaragaragaraga ko bashaka gutema abashinzwe umutekano bacu. Bari bafite imihoro, banakomeza gutyo ubwo abasirikare bazaga.”

Ibinyamakuru byo muri Uganda byatangaje ko umuhanda abo bagizi ba nabi barasiwemo ari uwo muri Uganda, nyamara ibimenyetso bigabanya ibihugu byombi ndetse n’ubuhamya bw’ahatuye bigaragaza ko umuhanda uri mu Rwanda.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ibyo bimenyetso byeretswe abayobozi ba Uganda bahageze.

Abaturage bavuga ko abo bayobozi bamaze kubona ukuri, abashinzwe umutekano ba Uganda bari boherejwe muri ako gace bahise bahava bagasubira aho bari bavuye.

Magendu iva muri Uganda si bishya muri ako gace

Abatuye muri aka gace bavuga ko ibyo kwambutsa magendu atari bishya kuri uwo mupaka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Tabagwe, Habarugira Edmond, yavuze ko hari bamwe mu baturage ba Uganda baha ruswa bamwe mu banyarwanda kugira ngo bambutse ibiyobyabwenge n’ibindi bitemewe n’amategeko.

Habarugira yerekanye inzu iri muri ako gace ko hakurya y’umupaka muri Uganda, yubatswe mu mezi atatu ashize ibikwamo ibicuruzwa bitemewe.

Yagize ati “Ni inzu y’umuturage wa Uganda. Ni ububiko bw’ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose. Nyirayo yayubatse mu mezi atatu ashize ngo bijye bimworohera kubizana mu Rwanda mu buryo bwa magendu.”

Nubwo kenshi abanya-Uganda bagiye bihanangirizwa guhagarika ubwo bucuruzi, Habarugira avuga ko ntacyo bitanga kuko abaturage babikora ku ruhande rwa Uganda badahanwa.

Bimwe mu biyobyabwenge binyuzwa kuri uwo mupaka rwihishwa bivuye muri Uganda harimo kanyanga, urumogi n’ibindi.

Ugukabya gukabije n’iterabwoba ry’ubuyobozi bwa Uganda mu muhango wo gushyikiriza u Rwanda umurambo w’umuturage warwo, Nkerenke.

Ni kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda ugenda ufata intera kandi hatagize igikorwa wageza no ku ntambara nk’uko byemezwa n’Umunyamakuru, Andrew Mwenda, akaba n’inararibonye mu mubano w’ibi bihugu byombi by’ibituranyi, watangaje  ubutumwa Perezida Kagame yamuhaye ngo ashyikirize Museveni nawe agasubiza.

Mu nkuru yanditse igaragara ku rubuga rw’ikinyamakuru cye The Independent, Andrew Mwenda atangira yibutsa ko mu minsi ishize Uganda yemeje ko ingabo z’u Rwanda zambutse zikinjira muri Uganda zikarasa abantu babiri bagapfa. U Rwanda rwo rwavuze ko ibi byabereye ku butaka bwabyo. Mwenda akavuga ko ukurikije uko ibintu byifashe ibimenyetso mu by’ukuri ntacyo bivuze.

Avuga ko mu gihe cy’umwuka nk’uyu, ibiba bikurikirwa na poropaganda zigamije kwereka abaturage ba buri ruhande ko uruhande rwabo ari rwo ruhemukirwa.

Kandi ngo iyo igihugu gihaye igisirikare cyacyo amabwiriza yo kuryamira amajanja, biragorana kubasha kugenzura ibintu bishobora kuba bitunguranye. Ngo nko kwibeshya gato no kumva nabi ibintu bishobora gutuma ibintu birushaho gukara byoroshye kandi byihuse ku buryo birenga icyo umuyobozi yateganyaga.

Mwenda aravuga ko buri gihugu cyarunze abasirikare ku mupaka baba barebana ay’ingwe. Hagati mu mwaka ushize, ngo Perezida Kagame akaba yaragize ubutumwa aha Mwenda ngo amugereze kuri Perezida Museveni undi nawe arabusubiza.

Ati: “Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere. Museveni yambwiye ko adashaka intambara n’u Rwanda kubera ko intambara nk’iyo yaba ari ubucucu.”

Ngo ukurikije uko ibintu bimeze, intambara hagati ya Uganda n’u Rwanda irashoboka ndetse ngo ishobora no kuba itakwirindwa. Ngo intambara hagati y’u Rwanda na Uganda bwaba ari ubwenge bucye ariko ibi ntibivuze ko idashoboka.

2019-06-05
Editorial

IZINDI NKURU

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Editorial 05 Oct 2024
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Editorial 13 Dec 2024
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 21 Nov 2023
Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Editorial 24 Jun 2021

Igitekerezo kimwe

  1. nkotanyi
    June 8, 20196:37 am -

    mwaramutse museveni ubundi arashaka gukora indi jenoside murwanda niko mbibona kuko niba arigufasha fdrl yarasize ikoze jenoside yaratumariye abacu bigaragazako ashaka ko baza kutumara akwiye gukurikiranwa namategeko mubihe agaciro nko mbibona murakoze Imana ikomezekuturinda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Editorial 24 Dec 2018
Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti
Mu Mahanga

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Editorial 24 Jul 2016
Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Editorial 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru