• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Ibyo Mwenda ashingiraho yemeza ko Intambara hagati y’u Rwanda na Uganda ishoboka

Ubwanditsi 05 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashize iminsi mike Pierre Nkerenke arashwe n’inzego z’umutekano ubwo yageragezaga kwinjiza magendu yari avanye muri Uganda, yahagarikwa n’inzego zishinzwe umutekano akazirwanya. Ibi ni kimwe mu bimenyetso bigaragaza agasuzuguro ko kwanga kubahiriza ibyemezo by’ubuyobozi bw’u Rwanda, inzego za Uganda zikaba zikomeje gushishikariza abaturage bo ku mupaka wa Uganda n’u Rwanda kutabyubahiriza.

Ariko Nkerenke wari utuye mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare yishwe ari kumwe n’umuturage wa Uganda bafatanyije kurwanya inzego z’umutekano z’u Rwanda bitwaje imihoro.

Uganda yahise itangaza ko Nkerenke yarashwe n’abashinzwe umutekano mu Rwanda bakamurasira ku butaka bwayo. Ni amakuru u Rwanda rwanyomoje rwivuye inyuma.

Ikinyamakuru The New Times cyageze mu gace iryo sanganya ryabereyemo kazwi nko ku Misave.

Indangamerekezo y’ikoranabuhanga izwi nka GPS ndetse n’ibyo abaturage bahaturiye bavuga, bigaragaza ko abo bantu barasiwe ku butaka bw’u Rwanda bashaka kurwanya inzego z’umutekamo.

Muri ako gace, abaturage b’ibihugu byombi basa n’abaturanye ariko hagiye habamo inkingi z’amabuye zerekana aho ibihugu byombi bigabanira.

Uvuye gato kuri izo nkingi, imbere yazo hari umuhanda uri ku butaka bw’u Rwanda ari naho habereye iryo raswa.

Hafi aho hari urutoki rw’umunyarwanda hakuno y’umuhanda hafi ya Uganda, hakaba n’ibiti birindwi by’imisave ari nayo nkomoko y’izina ry’ako gace.

Aho akaziga ka A kagaragaza ni ahari inkingi igaragaza umupaka w’u Rwanda na Uganda, B igaragaza aho isanganya yabereye naho C igaragaza urutoki rw’umunyarwanda Rubambantare ruri ku butaka bw’u Rwanda
Akambi kakagaragaza aho isanganya ryabereye

Ibi bihabanye kure n’ibyatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Uganda, bivuga ko hafi y’aho Nkerenke yarasiwe hari ibiti by’inturusu.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyagatare, Tebuka Pierre, yavuze ko ukurikije ahari imbago z’inkingi z’amabuye, bigaragaza ko iraswa ry’abo bantu ryabereye mu Rwanda.

Yagize ati “Izi nkingi zashyizweho ngo zigaragaze umupaka. Bigaragaza neza ko ibyabaye byose byabereye ku butaka bw’u Rwanda.”

Imbere neza y’aho byabereye hari inzu y’umunyarwanda Francis Rubambantare n’akazu gato ka Airtel.

Ibimenyetso byose bigaragaza ko iryo sanganya ryabereye mu Mudugudu wa Kagarama, akagari ka Tabagwe mu Murenge wa Tabagwe wo muri Nyagatare.

Rubambantare, umuturage utuye hafi y’aho byabereye, yavuze ko bitangira yumvise urusaku, yasohoka agasanga ni Nkerenke afashijwe n’abaturage ba Uganda barwanyaga abashinzwe umutekano bo mu Rwanda.

Yavuze ko yahise ajya gutabaza abandi baturanyi ngo baze guhashya abo ba magendu bashakaga gutema abashinzwe umutekano mu Rwanda.

Yagize ati “Byaragaragaraga ko bashaka gutema abashinzwe umutekano bacu. Bari bafite imihoro, banakomeza gutyo ubwo abasirikare bazaga.”

Ibinyamakuru byo muri Uganda byatangaje ko umuhanda abo bagizi ba nabi barasiwemo ari uwo muri Uganda, nyamara ibimenyetso bigabanya ibihugu byombi ndetse n’ubuhamya bw’ahatuye bigaragaza ko umuhanda uri mu Rwanda.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ibyo bimenyetso byeretswe abayobozi ba Uganda bahageze.

Abaturage bavuga ko abo bayobozi bamaze kubona ukuri, abashinzwe umutekano ba Uganda bari boherejwe muri ako gace bahise bahava bagasubira aho bari bavuye.

Magendu iva muri Uganda si bishya muri ako gace

Abatuye muri aka gace bavuga ko ibyo kwambutsa magendu atari bishya kuri uwo mupaka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Tabagwe, Habarugira Edmond, yavuze ko hari bamwe mu baturage ba Uganda baha ruswa bamwe mu banyarwanda kugira ngo bambutse ibiyobyabwenge n’ibindi bitemewe n’amategeko.

Habarugira yerekanye inzu iri muri ako gace ko hakurya y’umupaka muri Uganda, yubatswe mu mezi atatu ashize ibikwamo ibicuruzwa bitemewe.

Yagize ati “Ni inzu y’umuturage wa Uganda. Ni ububiko bw’ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose. Nyirayo yayubatse mu mezi atatu ashize ngo bijye bimworohera kubizana mu Rwanda mu buryo bwa magendu.”

Nubwo kenshi abanya-Uganda bagiye bihanangirizwa guhagarika ubwo bucuruzi, Habarugira avuga ko ntacyo bitanga kuko abaturage babikora ku ruhande rwa Uganda badahanwa.

Bimwe mu biyobyabwenge binyuzwa kuri uwo mupaka rwihishwa bivuye muri Uganda harimo kanyanga, urumogi n’ibindi.

Ugukabya gukabije n’iterabwoba ry’ubuyobozi bwa Uganda mu muhango wo gushyikiriza u Rwanda umurambo w’umuturage warwo, Nkerenke.

Ni kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda ugenda ufata intera kandi hatagize igikorwa wageza no ku ntambara nk’uko byemezwa n’Umunyamakuru, Andrew Mwenda, akaba n’inararibonye mu mubano w’ibi bihugu byombi by’ibituranyi, watangaje  ubutumwa Perezida Kagame yamuhaye ngo ashyikirize Museveni nawe agasubiza.

Mu nkuru yanditse igaragara ku rubuga rw’ikinyamakuru cye The Independent, Andrew Mwenda atangira yibutsa ko mu minsi ishize Uganda yemeje ko ingabo z’u Rwanda zambutse zikinjira muri Uganda zikarasa abantu babiri bagapfa. U Rwanda rwo rwavuze ko ibi byabereye ku butaka bwabyo. Mwenda akavuga ko ukurikije uko ibintu byifashe ibimenyetso mu by’ukuri ntacyo bivuze.

Avuga ko mu gihe cy’umwuka nk’uyu, ibiba bikurikirwa na poropaganda zigamije kwereka abaturage ba buri ruhande ko uruhande rwabo ari rwo ruhemukirwa.

Kandi ngo iyo igihugu gihaye igisirikare cyacyo amabwiriza yo kuryamira amajanja, biragorana kubasha kugenzura ibintu bishobora kuba bitunguranye. Ngo nko kwibeshya gato no kumva nabi ibintu bishobora gutuma ibintu birushaho gukara byoroshye kandi byihuse ku buryo birenga icyo umuyobozi yateganyaga.

Mwenda aravuga ko buri gihugu cyarunze abasirikare ku mupaka baba barebana ay’ingwe. Hagati mu mwaka ushize, ngo Perezida Kagame akaba yaragize ubutumwa aha Mwenda ngo amugereze kuri Perezida Museveni undi nawe arabusubiza.

Ati: “Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere. Museveni yambwiye ko adashaka intambara n’u Rwanda kubera ko intambara nk’iyo yaba ari ubucucu.”

Ngo ukurikije uko ibintu bimeze, intambara hagati ya Uganda n’u Rwanda irashoboka ndetse ngo ishobora no kuba itakwirindwa. Ngo intambara hagati y’u Rwanda na Uganda bwaba ari ubwenge bucye ariko ibi ntibivuze ko idashoboka.

2019-06-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano,  nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI  byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Ubwanditsi 13 Feb 2020
Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Ubwanditsi 15 Aug 2019
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge

Ubwanditsi 26 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. nkotanyi
    June 8, 20196:37 am -

    mwaramutse museveni ubundi arashaka gukora indi jenoside murwanda niko mbibona kuko niba arigufasha fdrl yarasize ikoze jenoside yaratumariye abacu bigaragazako ashaka ko baza kutumara akwiye gukurikiranwa namategeko mubihe agaciro nko mbibona murakoze Imana ikomezekuturinda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi
Uncategorized

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Habuze Ticket ngo Padiri Tomas Nahimana  atahe aze kwiyamamaza kuyobora u Rwanda 2017.
POLITIKI

Habuze Ticket ngo Padiri Tomas Nahimana atahe aze kwiyamamaza kuyobora u Rwanda 2017.

Ubwanditsi 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru