• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 09 Aug 2017 Mu Rwanda

Igihugu cy’u Bwongereza n’u Rwanda bikomeje kujya impaka ku kibazo cy’Abanyarwanda babiri bakekwaho uruhare muri jenoside iki gihugu cyarekuye ndetse n’icy’abandi batatu urukiko rwanze kohereza kuburanishwa mu butabera bw’u Rwanda. U Bwongereza bukaba bukomeje gushimangira ko aba batatu bagomba kuburanira mu Bwongereza, bitaba ibyo, bakazahabwa abunganizi b’abanyamahanga bazabunganira mu nkiko zo mu Rwanda.

Usibye ibi, u Bwongereza buranasaba ko ubutabera bw’u Rwanda bwazemera ko mu bacamanza bazakurikirana aba bantu hagomba kubamo umwe w’umunyamahanga mbere y’uko u Rwanda rwohererezwa aba bantu batatu bakekwaho uruhare muri jenoside.

Mu cyumweru gishize, Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza rwarekuye Celestin Mutabaruka na Emmanuel Nteziryayo, babiri mu bantu batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bari ku butaka bw’u Bwongereza.

-7521.jpg

UK Supreme Court.

U Bwongereza bukaba buvuga ko aba babiri baciriwe imanza badahari mu nkiko gacaca. Ngo kubagarura rero ngo byaba binyuranyije n’amahame mu Cyongereza bise ‘double jeopardy’ abuza ko ushinjwa icyaha yongera kuburanishwa ku byaha bimwe cyangwa agahanwa kabiri ku cyaha kimwe.

Celestin Mutabaruka yari umuyobozi w’ikigo gishinzwe gucunga amashyamba muri Musebeya, mu gihe Nteziryayo yari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Mudasomwa mu majyepfo y’u Rwanda.

Urukiko mu Bwongereza rwavuze ko abandi batatu, ari bo; Vincent Bajinya (Alias Vincent Brown), Charles Munyaneza na Celestin Ugirashebuja, bashobora kudahabwa ubutabera baramutse boherejwe mu Rwanda, ariko ngo kubohereza bikaba bishoboka gusa mu gihe habaho impinduka mu nzego z’ubucamanza z’u Rwanda.

Muri izi mpinduka zisabwa n’ubutebaera bw’u Bwongereza nk’uko The East African dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, harimo gutera inkunga ibikorwa by’iperereza, guhagararirwa kw’aba mu rukiko n’abunganizi bafite ubunararibonye kandi b’abanyamahanga aho bikenewe.

Abakurikiranira hafi ibintu bavuga ko ibyo bibiri bishobora kwemerwa n’u Rwanda byoroshye, ariko icya gatatu cy’uko mu nteko iburanisha hagomba kubamo umucamanza w’umunyamahanga byo ngo ntibizoroha.

Impuguke Dr Phil Clark, wakurikiranye iki kibazo, akaba yarabwiye urukiko mu Bwongereza ko u Rwanda rwafata ubu busabe nko kuvogera ubusugire bwarwo n’umuco warwo wo kwikemurira ibibazo. Dr Clark akaba yibaza impamvu y’ubu busabe bw’urukiko mu Bwongereza.

-7522.jpg

Uyu akaba yemeza ko ubutabera bw’u Bwongereza bwo budashobora kwemera kubona abacamanza b’abanyamahanga bicaye mu nkiko z’iki gihugu.

Ku rundi ruhande, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gushimangira ko byagirira akamaro Abanyarwanda kubona aba bakekwaho ibyaha baburanishirizwa aho babikoreye bakabasha kwikurikiranira uko ubutabera butangwa.

Ubutabera bw’u Bwongereza rero bukaba bwahaye u Rwanda igihe ntarengwa cyo kugaragaza ko rwiteguye kubahiriza ibyo rusabwa bitarenze kuwa 18 Kanama 2017 ku isaha ya saa kumi.

2017-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Editorial 26 Aug 2021
“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Editorial 20 Feb 2025
Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Editorial 08 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda iragira inama abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe by’imvura

Polisi y’u Rwanda iragira inama abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe by’imvura

Editorial 30 Sep 2017
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Editorial 26 Aug 2021
“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Editorial 20 Feb 2025
Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Editorial 08 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda iragira inama abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe by’imvura

Polisi y’u Rwanda iragira inama abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe by’imvura

Editorial 30 Sep 2017
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Editorial 26 Aug 2021
“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Editorial 20 Feb 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru