1. Amavu n’amavuko ya Ingabire Victoire
Ingabire Victoire yavutse mu 1968, avukira mu yahoze ari Komini Ngororero (ubu ni mu Karere ka Ngororero). Amashuri abanza yayatangiriye mu ishuri ribanza rya Rususa, akomereza mu cyahoze ari Komini Butamwa (ubu ni Umurenge wa Mageragere, mu Karere ka Nyarugenge), aho yimukiye akurikiye nyina, Therese Dusabe, wagiye kuyobora ikigo nderabuzima cya Butamwa kuva mu 1979.
Icyakora, Ingabire ntiyigeze atsinda ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza. Ibi byatumye adakomereza amashuri yisumbuye no muri kaminuza. Nyina, kubera ubuyobozi yari afite, yamusabiye kwiga imyuga mu kigo cy’ababikira b’Abenebikira kiri mu cyahoze ari Komini Gishamvu, Butare. Aho yize ubudozi, ububoshyi n’imyuga ifasha abagore kwibeshaho.
2. Uburyo yagiye yinjira mu mirimo no mu buzima bwo hanze
Mu 1990, Ingabire yabonye akazi mu rwego rw’imisoro n’amahoro (Gasutamo), aho yakoreye muri Kagitumba mbere yo kwimurirwa Gisenyi mu 1992. Icyo gihe, akazi ke karazwi ko yagahawe ku buryo budasanzwe n’umuganga Emmanuel Akingeneye, wari inshuti ya nyina ndetse hari n’abavuga ko babyaranye umwana witwa Uwineza Regine.
Muri 1993, Ingabire yahungiye mu Buholandi aho yashatse kwiga amashuri, ariko abura ibyangombwa bisabwa (impamyabumenyi) maze yiga amasomo y’imenyerezamwuga mu ibaruramari, aho yaje kubona certificat. Ni nayo mpamyabushobozi ya mbere n’iya nyuma azwiho kugeza magingo aya.
3. Umugabo we yambuwe ubwenegihugu bw’u Buholandi
Umugabo wa Ingabire, Lin Muyizere, yambuwe ubwenegihugu n’u Buholandi mu 2014 nyuma yo kugaragara ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. N’ubwo yambuwe ubwenegihugu, akomeje gutera ingabo mu bitugu umugore we mu gukwirakwiza inyigisho z’ihakana rya Jenoside.
4. Yafashije nyina, ‘muganga w’urupfu’, guhunga ubutabera
Therese Dusabe, nyina wa Ingabire, yakoze Jenoside i Butamwa aho yakoreraga nk’umuforomokazi. Yicaga abagore batwite b’Abatutsikazi, agakuramo abana akabica abahanaguye ku rukuta. Ingabire yamufashije guhunga, amuha impapuro z’inzira zatumye agera mu Buholandi. Gacaca yamukatiye burundu mu 2009, ariko aracyidegembya.
5. Se nawe yagize uruhare muri Jenoside
Pascal Gakumba, se wa Ingabire, yari Burugumesitiri wa Komini Kibirira nyuma ya Jenoside. Mu 1996 yagombaga kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, ariko iminsi itatu mbere y’irahira, yarafashwe akekwaho uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi kuva 1990 kugera 1994. Yarekuwe mu 2002, yisubiza ubuzima mu 2004.
6. Yayoboye imitwe y’abajenosideri
Mu 1997, Ingabire yinjiriye RDR, umutwe washinzwe n’abahoze muri Leta yakoze Jenoside n’interahamwe. Yabaye umuyobozi wa RDR ku isi yose guhera mu 2000. Mu 2006, yayoboye FDU-Inkingi, ishyaka ryakomotse kuri RDR, rifite intego yo gukuraho ubutegetsi buriho no kugarura ingengabitekerezo ya Jenoside.
7. Yahakanye Jenoside ku mugaragaro
Yagarutse mu Rwanda mu 2010 ashaka kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Ageze ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yabajije impamvu hatibukwa n’Abahutu, ibyo byerekanye imyumvire ye yo kuvuga ko habaye Jenoside ebyiri. Yasuye n’imva ya Dominique Mbonyumutwa, umwe mu bashinze Parmehutu – ishyaka ryatangije ivangura ryagejeje ku iyicwa ry’Abatutsi.
8. Yarafunzwe arafungurwa abisabiye imbabazi
Mu 2010, Ingabire yatawe muri yombi azira ibikorwa byo guteza umutekano muke, gupfobya Jenoside no gufatanya n’imitwe y’iterabwoba. Yahamijwe ibyaha mu 2012 ahanishwa imyaka 8, nyuma yiyongera igera kuri 15. Nyuma yo kwandikira Perezida Kagame amubabarira, yafunguwe ku mbabazi z’Umukuru w’Igihugu ku wa 15 Nzeri 2018.
9. Yashinze DALFA-Umurinzi nka gisirikari cya FDU-Inkingi
Mu mwaka wakurikiye ifungurwa rye, yashinze ishyaka rya DALFA-Umurinzi ngo ritwikire ibikorwa bya FDU-Inkingi. Nta tandukaniro hagati ya Ingabire wa RDR, wa FDU n’uwa DALFA. Buri gihe ni wa wundi uharanira gusubiza u Rwanda mu mwijima w’amacakubiri. Amategeko y’u Rwanda amubuza gushinga ishyaka kubera amateka y’ubucamanza ye.
10. Akoresha itangazamakuru ryo mu Burengerazuba mu gukwirakwiza ibinyoma
N’ubwo afite amateka y’ibyaha bikomeye, Ingabire akomeje guhabwa urubuga n’ibitangazamakuru mpuzamahanga nka BBC, CNN na Al Jazeera. Abanyamakuru b’Abanyaburayi bamugaragaza nk’ufunzwe azira ibitekerezo, bakirengagiza uruhare rwe mu gupfobya Jenoside. Ibi bitangazamakuru byamugize intwari, nyamara ni umunyabyaha wagiriwe imbabazi.
Urubyiruko rw’u Rwanda rugomba kumenya ukuri ku bantu nka Ingabire Victoire. Nta mahoro, ubumwe cyangwa iterambere biva mu buhemu n’ibinyoma. Kumurwanya si ukumurwanya nk’umuntu, ahubwo ni ukurwanya ingengabitekerezo ye, kuko u Rwanda rwubakiye ku kuri, ubutabera n’ubwiyunge.