• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Editorial 04 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

1. Amavu n’amavuko ya Ingabire Victoire

Ingabire Victoire yavutse mu 1968, avukira mu yahoze ari Komini Ngororero (ubu ni mu Karere ka Ngororero). Amashuri abanza yayatangiriye mu ishuri ribanza rya Rususa, akomereza mu cyahoze ari Komini Butamwa (ubu ni Umurenge wa Mageragere, mu Karere ka Nyarugenge), aho yimukiye akurikiye nyina, Therese Dusabe, wagiye kuyobora ikigo nderabuzima cya Butamwa kuva mu 1979.

Icyakora, Ingabire ntiyigeze atsinda ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza. Ibi byatumye adakomereza amashuri yisumbuye no muri kaminuza. Nyina, kubera ubuyobozi yari afite, yamusabiye kwiga imyuga mu kigo cy’ababikira b’Abenebikira kiri mu cyahoze ari Komini Gishamvu, Butare. Aho yize ubudozi, ububoshyi n’imyuga ifasha abagore kwibeshaho.

2. Uburyo yagiye yinjira mu mirimo no mu buzima bwo hanze

Mu 1990, Ingabire yabonye akazi mu rwego rw’imisoro n’amahoro (Gasutamo), aho yakoreye muri Kagitumba mbere yo kwimurirwa Gisenyi mu 1992. Icyo gihe, akazi ke karazwi ko yagahawe ku buryo budasanzwe n’umuganga Emmanuel Akingeneye, wari inshuti ya nyina ndetse hari n’abavuga ko babyaranye umwana witwa Uwineza Regine.

Muri 1993, Ingabire yahungiye mu Buholandi aho yashatse kwiga amashuri, ariko abura ibyangombwa bisabwa (impamyabumenyi) maze yiga amasomo y’imenyerezamwuga mu ibaruramari, aho yaje kubona certificat. Ni nayo mpamyabushobozi ya mbere n’iya nyuma azwiho kugeza magingo aya.

3. Umugabo we yambuwe ubwenegihugu bw’u Buholandi

Umugabo wa Ingabire, Lin Muyizere, yambuwe ubwenegihugu n’u Buholandi mu 2014 nyuma yo kugaragara ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. N’ubwo yambuwe ubwenegihugu, akomeje gutera ingabo mu bitugu umugore we mu gukwirakwiza inyigisho z’ihakana rya Jenoside.

4. Yafashije nyina, ‘muganga w’urupfu’, guhunga ubutabera

Therese Dusabe, nyina wa Ingabire, yakoze Jenoside i Butamwa aho yakoreraga nk’umuforomokazi. Yicaga abagore batwite b’Abatutsikazi, agakuramo abana akabica abahanaguye ku rukuta. Ingabire yamufashije guhunga, amuha impapuro z’inzira zatumye agera mu Buholandi. Gacaca yamukatiye burundu mu 2009, ariko aracyidegembya.

5. Se nawe yagize uruhare muri Jenoside

Pascal Gakumba, se wa Ingabire, yari Burugumesitiri wa Komini Kibirira nyuma ya Jenoside. Mu 1996 yagombaga kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, ariko iminsi itatu mbere y’irahira, yarafashwe akekwaho uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi kuva 1990 kugera 1994. Yarekuwe mu 2002, yisubiza ubuzima mu 2004.

6. Yayoboye imitwe y’abajenosideri

Mu 1997, Ingabire yinjiriye RDR, umutwe washinzwe n’abahoze muri Leta yakoze Jenoside n’interahamwe. Yabaye umuyobozi wa RDR ku isi yose guhera mu 2000. Mu 2006, yayoboye FDU-Inkingi, ishyaka ryakomotse kuri RDR, rifite intego yo gukuraho ubutegetsi buriho no kugarura ingengabitekerezo ya Jenoside.

7. Yahakanye Jenoside ku mugaragaro

Yagarutse mu Rwanda mu 2010 ashaka kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Ageze ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yabajije impamvu hatibukwa n’Abahutu, ibyo byerekanye imyumvire ye yo kuvuga ko habaye Jenoside ebyiri. Yasuye n’imva ya Dominique Mbonyumutwa, umwe mu bashinze Parmehutu – ishyaka ryatangije ivangura ryagejeje ku iyicwa ry’Abatutsi.

8. Yarafunzwe arafungurwa abisabiye imbabazi

Mu 2010, Ingabire yatawe muri yombi azira ibikorwa byo guteza umutekano muke, gupfobya Jenoside no gufatanya n’imitwe y’iterabwoba. Yahamijwe ibyaha mu 2012 ahanishwa imyaka 8, nyuma yiyongera igera kuri 15. Nyuma yo kwandikira Perezida Kagame amubabarira, yafunguwe ku mbabazi z’Umukuru w’Igihugu ku wa 15 Nzeri 2018.

9. Yashinze DALFA-Umurinzi nka gisirikari cya FDU-Inkingi

Mu mwaka wakurikiye ifungurwa rye, yashinze ishyaka rya DALFA-Umurinzi ngo ritwikire ibikorwa bya FDU-Inkingi. Nta tandukaniro hagati ya Ingabire wa RDR, wa FDU n’uwa DALFA. Buri gihe ni wa wundi uharanira gusubiza u Rwanda mu mwijima w’amacakubiri. Amategeko y’u Rwanda amubuza gushinga ishyaka kubera amateka y’ubucamanza ye.

10. Akoresha itangazamakuru ryo mu Burengerazuba mu gukwirakwiza ibinyoma

N’ubwo afite amateka y’ibyaha bikomeye, Ingabire akomeje guhabwa urubuga n’ibitangazamakuru mpuzamahanga nka BBC, CNN na Al Jazeera. Abanyamakuru b’Abanyaburayi bamugaragaza nk’ufunzwe azira ibitekerezo, bakirengagiza uruhare rwe mu gupfobya Jenoside. Ibi bitangazamakuru byamugize intwari, nyamara ni umunyabyaha wagiriwe imbabazi.

Urubyiruko rw’u Rwanda rugomba kumenya ukuri ku bantu nka Ingabire Victoire. Nta mahoro, ubumwe cyangwa iterambere biva mu buhemu n’ibinyoma. Kumurwanya si ukumurwanya nk’umuntu, ahubwo ni ukurwanya ingengabitekerezo ye, kuko u Rwanda rwubakiye ku kuri, ubutabera n’ubwiyunge.

2025-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Editorial 25 Mar 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Editorial 03 Mar 2022
Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Editorial 02 Nov 2016
Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Editorial 29 Apr 2018
ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Editorial 25 Mar 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Editorial 03 Mar 2022
Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Editorial 02 Nov 2016
Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Editorial 29 Apr 2018
ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Editorial 25 Mar 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Editorial 03 Mar 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru