• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubwanditsi 08 Sep 2020 INKURU NYAMUKURU

Baca umugani mu Kinyarwanda ngo akabaye icwende ntikoga niyo koze ntigashira umunuko. Ingabire  Victoire yashinze DALFA Umurinzi avuye muri FDU Inkingi nyuma yo kuba muri FDLR ku buryo buteruye. Aho azwi cyane ni muri RDR yanabereye umuyobozi. Ingengabitekerezo ya Jenoside irangwa muri ayo mashyaka Ingabire yazengurutse iyakomora kuri MRND na CDR kuko icyahindutse ni amazina naho abayoboke bo ni bamwe.

Nyuma yuko FDU Inkingi ivugiwe mu bitero byishe abaturage bagera kuri 14 mu Kinigi mu karere ka Musanze byabaye mu kwezi k’Ukwakira 2019, Ingabire yaratanguranwe ayivamo ashinga irindi shyaka ryitwa DALFA UMULINZI. Mu kurishinga, Ingabire yashatse guhuma amaso abantu, bityo afatirana umwana w’umusore w’umunyeshuri witwa Mahoro Jean kuko yari amaze kumenya ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kandi yamugira igikoresho. Mahoro Jean ni umusore Ingabire yakuye mu kabari aziko azajya amukoresha mu itangazamakuru ngo agaragaze ko ishyaka rye ritari iry’abahezanguni ; nkuko twatangiye tubibabwira ko akabaye icwende katoga niyo koze kadashira umunuko, Jean Mahoro nubwo yashukishijwe amafaranga ngo bamugaragarize itangazamakuru, ntabwo abakunzi ba Ingabire nawe ubwe nyirizina bigeze bamwiyumvamo ; kugeza naho bamushinje gutanga amakuru yerekeranye na DALFA UMULINZI.

Abasuraga Ingabire bagasangayo Mahoro Jean, ntabwo bamwiyumvagamo maze mu nama ntibirekure ; ikindi nuko nkuko Mahoro Jean yabitangarije inshuti ze, yahoraga abazwa na Ingabire niba aba muri DALFA koko cyangwa ari intumwa, umusore akabihakana. Nyuma Ingabire Victoire yaje gutangira gushakisha impamvu yasezerera Mahoro Jean, kuko yamucagaho abayoboke be b’abahezanguni nuko atangira kumushinja gusuzugura ngo aramushaka akamubura, kuko aba yagiye kwinywera agasembuye mu tubari.

Mu gihe tugitegereje ibizatangazwa na Mahoro Jean nkuko yabisezeranyije inshuti ze, ni ayo makuru Rushyashya yabashije gucukumbura arangwa muri DALFA Umurinzi.

2020-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Ubwanditsi 21 Jan 2025
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

Ubwanditsi 08 Feb 2019
Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 30 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe
POLITIKI

Icyo wamenya k’Uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bubiligi, biragarukwaho na Amb. Nduhungirehe

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.
Amakuru

Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.

Ubwanditsi 02 Mar 2021
Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira
POLITIKI

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Ubwanditsi 10 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru