• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Enyimba FC irimo yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Enyimba FC irimo yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Ubwanditsi 15 Sep 2018 IMIKINO

Ikipe ya Enyimba FC yo muri Nigeria igomba gukina na Rayon Sports mu mukino wa CAF Confederation Cup, yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nzeri itari kumwe na kapiteni wayo, Mfon Udoh.

Iyi kipe ifite ibikombe byinshi muri Nigeria ndetse ikaba n’imwe mu bihangange ku mugabane wa Afurika, izacakirana na Rayon Sports mu mukino ubanza wa ¼ cy’irushanwa rya Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe by’ibihugu iwayo.

Yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo Mfon Udoh ukina nka rutahizamu wagiranye ibibazo byo kutumvikana n’ikipe ikamuhagarika nawe kuri uyu wa Gatanu, akaba yahise atangaza ko atandukanye na yo burundu nyuma y’imyaka itanu yari ayikiniye.

Aganira n’ikinyamakuru cy’iwabo cya scorenigeria, uyu musore w’imyaka 26 yagize ati “Amasezerano yanjye na Enyimba FC yarangiranye na shampiyona. Natandukanye nayo ndetse ubu hari andi makipe yatangiye kunyifuza.”

Ibinyamakuru bitandukanye muri iki gihugu bitangaza ko uyu mukinnyi atari we wenyine warangije amasezerano ahubwo gutandukana n’ikipe byatewe n’uko batari bacyumvikana.

Mfon Udoh ni rutahizamu ukomeye cyane ufite agahigo ko kuba ariwe watsinze ibitego byinshi muri shampiyona ya Nigeria mu mwaka umwe, 23 mu 2014 ndetse akaba yarabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu marushanwa ya CAF Champions League mu 2016, ubwo yinjizaga icyenda.

Aganira n’itangazamakuru bakigera ku kibuga cy’Indege i Kanombe, Ikechukwu Ezenwa wasigaranye igitambaro cy’ubukapiteni yatangaje ko intego yabo ari ugushaka amanota atatu byakwanga bakanganya kuko Rayon Sports bayikurikiranye ari ikipe ikomeye.

Yagize ati “Nishimiye kugaruka i Kigali. Nari mpari muri CHAN 2016, u Rwanda ni igihugu cyiza. Tuje gukina na Rayon Sports, nta mukino woroha, tuzagerageza kugaragaza impano zacu no gukora cyane.”

“Rayon Sports ni ikipe nziza ariko na Enyimba FC ni ikipe nziza. Turi hano dushaka intsinzi cyangwa kunganya Imana nidufasha.”

Abajijwe niba gukina batari kumwe na kapiteni wabo Mfon Udoh bitazabagiraho ingaruka, yavuze ko hari ibyo yakoraga mu kibuga bazabura kuko ari umukinnyi mwiza cyane ariko n’abahari bazakora ibishoboka bakitwara neza imbere ya Rayon Sports.

Kureba uyu mukino uzatangira saa 15:00 ku cyumweru kuri stade ya Kigali, itike ya make ni 3000Frw ahasanzwe, 5000Frw ahatwikiriye na 30000 mu cyubahiro.

Abakinnyi ba Enyimba FC basohoka mu kibuga cy’indege

Bagaragazaga kumwenyura nk’abifitiye icyizere

Binjira mu modoka yabajyanye kuri Classic Hotel aho bacumbitse

Enyimba FC niyo kipe irusha izindi ibigwi muri Nigeria

Ikechukwu Ezenwa wasigaranye igitambaro cy’ubukapiteni yavuze ko baje i Kigali gushaka intsinzi cyangwa kunganya na Rayon Sports

Umunyamabanga wa Rayon Sports King Bernard aganira n’uwaje ayoboye ikipe ya Enyimba FC

2018-09-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino utarabereye igihe ikipe ya Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC 1-0, AS Kigali irakira APR FC kuri Sitade ya Kigali

Mu mukino utarabereye igihe ikipe ya Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC 1-0, AS Kigali irakira APR FC kuri Sitade ya Kigali

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Ubwanditsi 07 Dec 2021
Perezida Kagame yahawe umwambaro wa Paul Pogba

Perezida Kagame yahawe umwambaro wa Paul Pogba

Ubwanditsi 18 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo zishinja u Rwanda guteza imvururu mu Burundi

Ubwanditsi 15 May 2016
Abatsimbarara kuri Kibeho n’ ikinyoma cya “Double Jenoside” babiterwa n’ ipfunwe kubera amabi bakoze. Bageze n’aho batekesha amagufa y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Uncategorized

Abatsimbarara kuri Kibeho n’ ikinyoma cya “Double Jenoside” babiterwa n’ ipfunwe kubera amabi bakoze. Bageze n’aho batekesha amagufa y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 11 Jun 2021
Kweguza Trump birasaba iki?
POLITIKI

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru