• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Enyimba FC irimo yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Enyimba FC irimo yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Ubwanditsi 15 Sep 2018 IMIKINO

Ikipe ya Enyimba FC yo muri Nigeria igomba gukina na Rayon Sports mu mukino wa CAF Confederation Cup, yageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nzeri itari kumwe na kapiteni wayo, Mfon Udoh.

Iyi kipe ifite ibikombe byinshi muri Nigeria ndetse ikaba n’imwe mu bihangange ku mugabane wa Afurika, izacakirana na Rayon Sports mu mukino ubanza wa ¼ cy’irushanwa rya Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe by’ibihugu iwayo.

Yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo Mfon Udoh ukina nka rutahizamu wagiranye ibibazo byo kutumvikana n’ikipe ikamuhagarika nawe kuri uyu wa Gatanu, akaba yahise atangaza ko atandukanye na yo burundu nyuma y’imyaka itanu yari ayikiniye.

Aganira n’ikinyamakuru cy’iwabo cya scorenigeria, uyu musore w’imyaka 26 yagize ati “Amasezerano yanjye na Enyimba FC yarangiranye na shampiyona. Natandukanye nayo ndetse ubu hari andi makipe yatangiye kunyifuza.”

Ibinyamakuru bitandukanye muri iki gihugu bitangaza ko uyu mukinnyi atari we wenyine warangije amasezerano ahubwo gutandukana n’ikipe byatewe n’uko batari bacyumvikana.

Mfon Udoh ni rutahizamu ukomeye cyane ufite agahigo ko kuba ariwe watsinze ibitego byinshi muri shampiyona ya Nigeria mu mwaka umwe, 23 mu 2014 ndetse akaba yarabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu marushanwa ya CAF Champions League mu 2016, ubwo yinjizaga icyenda.

Aganira n’itangazamakuru bakigera ku kibuga cy’Indege i Kanombe, Ikechukwu Ezenwa wasigaranye igitambaro cy’ubukapiteni yatangaje ko intego yabo ari ugushaka amanota atatu byakwanga bakanganya kuko Rayon Sports bayikurikiranye ari ikipe ikomeye.

Yagize ati “Nishimiye kugaruka i Kigali. Nari mpari muri CHAN 2016, u Rwanda ni igihugu cyiza. Tuje gukina na Rayon Sports, nta mukino woroha, tuzagerageza kugaragaza impano zacu no gukora cyane.”

“Rayon Sports ni ikipe nziza ariko na Enyimba FC ni ikipe nziza. Turi hano dushaka intsinzi cyangwa kunganya Imana nidufasha.”

Abajijwe niba gukina batari kumwe na kapiteni wabo Mfon Udoh bitazabagiraho ingaruka, yavuze ko hari ibyo yakoraga mu kibuga bazabura kuko ari umukinnyi mwiza cyane ariko n’abahari bazakora ibishoboka bakitwara neza imbere ya Rayon Sports.

Kureba uyu mukino uzatangira saa 15:00 ku cyumweru kuri stade ya Kigali, itike ya make ni 3000Frw ahasanzwe, 5000Frw ahatwikiriye na 30000 mu cyubahiro.

Abakinnyi ba Enyimba FC basohoka mu kibuga cy’indege

Bagaragazaga kumwenyura nk’abifitiye icyizere

Binjira mu modoka yabajyanye kuri Classic Hotel aho bacumbitse

Enyimba FC niyo kipe irusha izindi ibigwi muri Nigeria

Ikechukwu Ezenwa wasigaranye igitambaro cy’ubukapiteni yavuze ko baje i Kigali gushaka intsinzi cyangwa kunganya na Rayon Sports

Umunyamabanga wa Rayon Sports King Bernard aganira n’uwaje ayoboye ikipe ya Enyimba FC

2018-09-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ubwanditsi 22 Dec 2020
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Ubwanditsi 08 Jun 2021
Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ubwanditsi 16 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!
IMIKINO

Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Wari uzi ko Arsenal ari yo yasabye u Rwanda kurwamamaza ?
INKURU NYAMUKURU

Wari uzi ko Arsenal ari yo yasabye u Rwanda kurwamamaza ?

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye
Mu Rwanda

Bishop Rugagi ati ’Isi yose yaramenye byararangiye

Ubwanditsi 12 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru