• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Editorial 05 Nov 2017 ITOHOZA

Ninde utazi ko ineza ukoze hano ku isi uyisanga imbere n’inabi (ubuhemu) nayo uyisanga imbere?

Tariki 29 Ukwakira 2017, saa yine z’ijoro, umuntu yarampamagaye ambwira ko yanyoherereje e-mail yifuza ko namusomera nkamusemurira kuko yari mururimi atumva bityo namara kuyimusobanurira akabona uko asubiza iyo mail. Namubwiye ko naryamye ahubwo ndibubimurebere mu gitondo. Bucyeye ahagana saa yine z’amanywa nafunguye mudasobwa ndebyemo inkuru ya mbere nabonye kuri facebook yanjye n’ifite umutwe ugira uti:’’Obed NDAHAYO, umuyobozi w’ikinyamakuru INTAMBWE, yameneshejwe akizwa n’amaguru” nubwo nihutaga nahise ngira amatsiko yo kumenya iby’iyo nkuru nsanga ariwe wiyanditseho igisa na déclaration aturondorera ibye.

-8571.jpg

Nahise mvugana n’abayobozi b’ibitangazamakuru bakorera mu Rwanda no hanze iby’iyo nkuru bampa amakuru atandukanye cyane n’ibyo Ndahayo Obed ubwe yivugaho.

Ndahayo Obed ubundi ni muntu ki azwi nk’inyangamugayo? Igisubizo ni OYA kubera impamvu zikurikira:

Ndahayo Obed yavutse 1986 ni mwene Mberanziza na Kankundiye akaba yaravukiye Gikondo mu Karere ka Kicukiro.

-8573.jpg

Obed mu rukundo

Icya 1: Nk’uko tubikesha imyanzuro y’urubanza no. RP0021/10/TGI/NYGE, Ndahayo Obed muri 2010 yacurishije ikarita ya polisi yanditseho amazina ye, ashaka imyenda ya polisi arambara ajya gushaka abateka kanyanga n’abacuruza nzoga babaka umusoro ku bw’amahirwe make polisi yaje kumugwa gitumo arafatwa ashikirizwa urukiko yorohereza urukiko rumwemeza icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ahanishwa igifungo cy’imyaka 3. Arafungwa imyaka itatu yose muri gereza nkuru ya Kigali aho yasohotse ahagana mu 2013.

Icya 2: Twifashishije urundi rubanza no: RP00215/2016/TGI/NYGE, dusanga ubuhemu n’ubugome bwo ku rwego rwe hejuru bw’uyu muhungu Ndahayo Obed. Nk’uko tubisoma muriurwo rubanza umugabo Nyanga Emmanuel yari yibaniye neza n’umugore we Umugwaneza Ernestine bifitiye iduka rinini Kicukiro centre imbere y’isoko bafitanye n’abana.

Ndahayo Obed yaje gukundana n’uwo mugore w’abandi batesha umutwe umugabo we Nyanga Emmanuel kugeza bamufungishije muri gereza ya Kimironko aho uwo mugabo ubu yakatiwe imyaka 10 y’igifungo. Ndahayo Obed na Umugwaneza Ernestine bapangiye Nyanga Emmanuel bavuga ko yaragiye kwica umugore we Ernestine.

Icya 3: Dushingiye ku birego icya Me Mukamusoni Antoinette cyo kuri 03 Kamena 2016 nicya Me Kadage Labani cyo kuri 25 Gashyantare 2016 (Dufitiye kopi) dusangamo uburyo basobanura ubuhemu n’ubugome bya Ndahayo Obed. Me Mukamusoni Antoinette muri icyo kirego cye asobanuramo ubuhemu Ndahayo yakoreye umudamu witwa Mutoni Joyeuse.

Ndahayo Obed yafashe uyu mudamu warufite umugabo n’umwana 1 amwizeza kumushakira ubutane bakibanira. Uyu mugore yaremeye aramutwara babana amezi 6, ashuka uyu mudamu bakodesha imodoka baragenda iwabo w’uyu mugore basahura nyina udukoresho twose two muri resitora bari bafite i Nyagasambu. Ndahayo amaze kutugeza mu maboko ye yahise atandukana n’uyu mugore.

Uyu Mutoni Joyeuse yaje kwiyambaza abantu batandukanye ngo Obed abasubize utwo dukoresho bakomeze barwane n’ubuzima (uyu nyina wa Mutoni n’umupfakazi) Ndahayo yaranze nyuma yo kubarushya cyane abahamagara ngo baze babifate bamugeraho i Kigali akabasubizayo ngo bazagaruke ejo, bananiwe ibyo bikoresho bya resitora barabimuhebera n’amagingo aya yarabigumanye.

-8574.jpg

Icya 4: Mu mezi 3 ashize umubyeyi uba mu Bubiligi witwa Zena Mukabuduwe yarimo atabaza kubera imitungo ye igiye gutwarwa. Mu gihe yarimo ashakisha uwamufasha akarenganurwa baje kumuhuza na Ndahayo Obed waje kumusaba amafaranga kugira ngo abihagurukire dore ko yamwizezaga imbaraga zidasanzwe ngo afite mu Rwanda. Uyu mubyeyi yaje kumukubira 2 amafaranga Obed yamusabaga.

Yamwizezaga ko uyu ushaka kumwamburisha utwe azi amabi ye menshi ko mu minsi itatu ari bumwereke aho abigeze. Ndahayo Obed amaze kuyacakira ntiyongeye kwandikira uyu mubyeyi amugaragariza aho abigeze nk’uko bari babisezeranye ahubwo nyuma y’ibyumweru 2 amubajije uko byagenze Ndahayo Obed yaramwubahutse aramutuka. Zena Mukabuduwe abuze uko amugira agwa neza aramwihorera ngo azagwe ku bandi.

Icya 5: Amakuru dufite tugitohoza neza aremeza ko iburirwa irengero ry’umunyamakuru John Ndabarasa Ndahayo Obed afatanije n’undi muntu tutari butangaze muri iyi nyandiko babigizemo uruhare rukomeye.

-8576.jpg

Umunyamakuru John Ndabarasa wigeze kuburirwa irengero

Uyu John Ndabarasa yari wayoboraga Sana Radio niwe wirukanye Ndahayo Obed kuri iyo radio bucyeye mushiki wa John Ndabarasa atwara umugabo mushiki wa Obed Ndahayo bahita banava mu Rwanda bajya gutura mu kindi gihugu. Iki kibazo reka nkirekere aho kuko nibiba ngombwa tuzagiharira inyandiko yacyo.

-8577.jpg

Ndahayo Obed n’umukunzi we

Tumaze kumva iyi nkuru twasanze bishoboka ko guhunga kwe byaba atari ukuri duhereye ku ibaruwa ya Ndahayo Obed yakwije mu bitangazamakuru. Aho agira ati:” Nongeye guhangayika mu gihe mu rukiko bavugaga ko hari abandi bagishakishwa bagirwa abafatanyacyaha n’umuryango wa Rwigara.

Icyo twibajije n’iriya myandikire ye kuri iriya nkuru yasesekaje mubinyamakuru byo hanze kuko tuzi ko uwahunze koko aceceka igihe cyose akiri hafi yabo yahunze akazavuga ageze hirya y’inyanja ni nako byagenze ku bandi banyamakuru bose tuzi bahunze.

Umusomyi wa Rushyashya

2017-11-05
Editorial

IZINDI NKURU

Intandaro  y’ibibazo n’intambara y’urudaca biri muri RNC

Intandaro y’ibibazo n’intambara y’urudaca biri muri RNC

Editorial 07 Jul 2016
Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Editorial 05 Jan 2017
Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa  21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa 21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Editorial 02 Jun 2016
RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Editorial 01 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amabanga y’Ubuto bwa Kagame  [ Secrets de Jeunesse ]
Mu Rwanda

Amabanga y’Ubuto bwa Kagame [ Secrets de Jeunesse ]

Editorial 20 Jun 2017
Laurent Gbagbo yasabye ICC kumugira umwere
POLITIKI

Laurent Gbagbo yasabye ICC kumugira umwere

Editorial 26 Jul 2018
Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure
HIRYA NO HINO

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Editorial 01 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru