• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Editorial 24 Jan 2017 ITOHOZA

Itsinda ry’abasesenguzi kabuhariwe mubijyanye n’umutekano muri Amerika bakora icyegeranyo bitewe nuko babona ibirimo kubera ku isi noneho bagapanga gahunda yaburi myaka ine kugira ngo barebe icyakorwa ngo Amerka ikomeze kuyobora isi haba mu gisirikare, muri politike no mu bukungu National Intelligence Council (NIC), iri shami akaba ariryo rishinzwe gukora uyu murimo wo gukoa iki cyegeranyo noneho igatanga n’inama ngo harebwe icyakorwa kugirango bahangane n’ibibazo bitegereje igihugu cy’Amerika imbere.

Muri raporo yatanzwe muri uku kwezi kwa mbere, NIC yaburiye abari aho benshi baturuka mu bigo 17 bishinzwe iperereza muri Amerika ubwo yabatangarizaga ko bisaba imbaraga zidasanzwe mu myaka 4 iri imbere kugira ngo igihugu cyabo kibe kikiri igihangage kiyobora isi. Iri tsinda ryavuze ko kuba isi yugarijwe n’abategetsi babahezanguni batsimbaraye kumahame yabo, ikindi ngo kuba hari ibihugu bikomeje kuzamuka mu mbaraga bikaba bitagitinya Amerika ndetse bikaba bigeze aho biyishotora, hanyuma ngo kuba iterabwoba rifite umuvuduko ukabije ngo ibi byose bishobora gukubita hasi ubuhangage bw’Amerika mumyaka ine iri imbere hatagize igikorwa muburyo buhamye.

-5509.jpg

Intwaro kirimbuzi

-5508.jpg

Aka kanama ka NIC mucyegeranyo kinini kakoze kanemeje ko bidashoboka ko imyaka 5 iri imbere yarangira hatabaye intantambara izakoreshwamo ibitwaro kirimbuzi, ngo kuko ibintu byageze ahantu amazi yarenze inkombe kubihugu byinshi ngo Amerika kuruhande rwayo igomba kureba uko yakwirinda.

Umusesenguzi ukomeye witwa Phillipe Fabry abajijwe kuri iki cyegeranyo yavuze ko utabona ko isi iri kwerekera ahantu habi yaba atagira ubwenge. Yavuze ko mugihe cyubutegetsi bwa Obama isi yagize ikintu gisa n’agahenge katumye isi yigabanyamo ibice, buri gihugu kikagira uwo kibogamiraho nkibyabaye mbere yuko intambara ya kabiri y’isi iba. Ati: ibi ni ibintu biteye ubwoba cyane, yakomeje avuga ko kuba Uburusiya, Ubushinwa na Iran basa naho bari muruhande ruvuga rumwe kandi noneho bafite inyota imwe yo kuba ibihugu bitavugirwamo, bishaka kuyobora, yavuze ko isi igomba kwemera ukuri kukavugwa uko kuri nubwo guteye ubwoba, ati ijuru rizatugwira uguhangana guhar nigukomeza.

-5510.jpg

Yakomeje avuga ko nyirabayazana wibi byose byabaye intege nke igihugu cy’Amerika cyagaragaje mu karere k’Iburasirazuba nko mu ntambara yabereye muri Afuganistani na Irak, noneho intambara y’iterabwoba iza izambya ibintu. Philippe aravuga nanone ko kuba perezida Donald Trump asa nugiye gukina politike isa naho Amerika igiye kwirebaho yonyine igasa naho ireba inyungu zayo ititaye kubihugu yafatanyaga nabyo, ngo ibi bishobora gutuma ibintu birushaho kuba bibi, kuburyo gutakaza ubuhangage bwayo bitazarindira 2022.

-5511.jpg

Irahira rya Trump

Aha rero nanjye nakwibaza nti reka umuntu ategereze arebe kuko Trump yiyamamaje avuga ko ashaka kongera kugarurira Amerika ubuhangage, rero nubwo ataragaragaza gahunda isobanutse y’ukuntu azabigeraho umuntu yamuha igihe. Gusa kugeza ubu, biragaragara ko akomeje politike agaragaza n’imyitwarire arimo kugaragaza bizamubiza icyuya kugira ngo Amerika igumane ubuhangage bwayo.

Umuyobozi w’ingabo muri Amerika Mattis ubwo yagaragaraga muri Senat muri uku kwezi yahuje ibitekerezo na NIC avuga ko ibihugu bibangamiye umutekano w’ Amerika ari Uburusiya, Ubushinwa na Iran gusa yongeyeho ko umutwe witerabwoba wa ISIS nawo badakwiye kuwibagirwa. Yaangije nawe avuga ko bagomb gushaka uburyo butajenjetse bw guhangana n’ibi bihugu ndetse ntibakomeze kubiha umwanya wo kubabangamira.

Hari ibintu byinshi bishimangira iki cyegeranyo cya NIC ko ibintu bikomeje kuba bibi ku isi,, nko kuri iyi tariki ya 24 Mutarama 2017 umuvugizi wa perezida Trump yabwiye itangazamakuru ko ubutegetsi buriho bwa Trump budashobora kwihanganira ibyo Ubushinwa burimo gukora munyanja y’amajyepfo y’ubushinwa, ko nibiba ngombwa hazakoreshwa imbaraga za gisirikare ngo birukane Ubshinwa muri iriya nyanja cyane kukirwa cya Splatly Island.

Hua Chunying ukora muri ministere y’ububanyi n’amahanaga y’Ubushinwa yahise atangaza ko biteguye nabo gukoresha imbaraga bafite za gisirikare ngo bahangane na Amerika. Ikirimo kuvugwa ngo ni uko intwaro zikomeye zarangije kugezwa muri kariya karere, ndetse ibihumbi byabasirikare b’Ubushinwa ngo bahageze umwaka ushize ngo kuko badashaka gutungurwa nkuko byatangajwe na ministere y’ingabo z’ubushinwa.

-5512.jpg

NATO

Twanavuga nanone ikibazo gikomeje gututumba mu Burayi aho umuryango wo gutabarana NATO ufatanyije na Amerika ukomeje kurundanya abasirikare n ibikoresho bya gisirikre bya rutura hafi y’umupaka w’Uburusiya ibi byose bigaragaza ko hari ikintu kirimo gutegurwa gikomeye.

Nubwo NIC yanzura iki cyegeranyo ivuga ko mumyaka itanu hashobora kuba harabayeho intambara ikoreshejwe ibitwaro bya kirimbuzi, Ikaba itanga umwanzuru yuko Amerika igomba gukora ibishoboka kugira ngo idatakaza ubuhangage bwayo mukuyobora isi, ibi bigaragaza ko indirimbo abategtsi b’isi birirwa baririmba ngo umutekano n’amahoro bitagira aho bihuriye nibyo barimo.

Hakizimana Themistocle

2017-01-24
Editorial

IZINDI NKURU

Abantu Miliyari  bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Editorial 16 Dec 2016
Intandaro  y’ibibazo n’intambara y’urudaca biri muri RNC

Intandaro y’ibibazo n’intambara y’urudaca biri muri RNC

Editorial 07 Jul 2016
Intambara iratutumba hagati ya Hon. Gatabazi na Twagiramungu

Intambara iratutumba hagati ya Hon. Gatabazi na Twagiramungu

Editorial 12 Oct 2016
Noble Marara, bwa kabiri yongeye kubeshyera u Rwanda ko rushaka kumwica

Noble Marara, bwa kabiri yongeye kubeshyera u Rwanda ko rushaka kumwica

Editorial 15 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu
Amakuru

Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu

Editorial 21 Apr 2017
Urujijo kuri Raporo y’iperereza k’urupfu rwa Camille Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Urujijo kuri Raporo y’iperereza k’urupfu rwa Camille Nkurunziza

Editorial 12 Jun 2019
Umutwe w‘iterabwoba wa RNC ukomeje kwiyubaka muri Uganda ubifashijwemo n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu 
Amakuru

Umutwe w‘iterabwoba wa RNC ukomeje kwiyubaka muri Uganda ubifashijwemo n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu 

Editorial 06 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru