• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Editorial 20 Sep 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame aravuga ko byarushaho kuba byiza kimwe cya kabiri cy’ingengo y’imari y’amamiliyari y’amadorali agenda ku butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo(MONUSCO) gikoreshejwe mu gufasha abaturage b’icyo gihugu.

Ibyo yabivugiye i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika mu kuri uyu wa 20 Nzeli 2017, mu kiganiro yatanze cyibanze ku bubanyi n’amahanga aho yabazwaga ibibazo bitandukanye akagenda ibisubiza.

Umuryango w’Abibumbye uherutse kwemeza ingengo y’imari y’Amadorali ya Amerika 1, 141, 848, 100 nk’amafaranga agomba gukoreshwa na MONUSCO mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/18.

Cyakora, ni kenshi akazi gakorwa na MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kanengwa kubera ko muri icyo gihugu hagenda harushaho kuba isibaniro ry’imitwe itandukanye yitwaza intwaro yirirwa yica abaturage hejuru y’abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro.

Mu gihe benshi bemeza ko amafaranga agenda ku butumwa bw’amahoro bwa MONUSCO nta musaruro atanga, Perezida Kagame we asanga byakabaye byiza kimwe cya kabiri cy’ayo mafaranga gihawe abaturage ba Kongo akabafasha mu mibereho, Ati “Mu myaka irenga icumi, cumi n’itanu turibaza, mufite ingabo ibihumbi 20 zimaze gutakazwaho amamiliyari. Ntitwemeranyaga n’ibyo Umuryango w’Abibumbye uvuga, iyo muba mwarakoresheje icya kabiri cy’ayo mafaranga mufasha abaturage ba Kongo mwari kuba mukora neza.”

Perezida Kagame akomeza yibaza niba MONUSCO yisuzuma igamije kunoza akazi ko kugarura no kubungabunga umutekano ikora, ati “ Mwaba se ahubwo mwisuzuma ku byo mukora n’uburyo muhindura abaturage b’ibihugu murimo?.”

Ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bwatangiye ku itariki ya 30 Ugushyingo 1999 bushyirwaho n’umwanzuro wa 1279 wa UN, ubwo butumwa bwatangiranye izina rya MONUC, iri zina ryaje guhinduka MONUSCO mu mwaka wa 2010.

Umuryango w’Abibumbye ubinyujije ku rubuga rwawo rwa murandasi utangaza ko ubutumwa bw’amahoro bwa MONUSCO muri Kongo burimo abantu 18,316 bambaye impuzankano za gisirikare.

-8002.jpg

Perezida Paul Kagame atanga ikiganiro (Ifoto/Urugwiro Village)

2017-09-20
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Editorial 06 May 2018
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Editorial 20 Aug 2021
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Editorial 02 Nov 2017
Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Editorial 20 May 2021
U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Editorial 06 May 2018
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Editorial 20 Aug 2021
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Editorial 02 Nov 2017
Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Editorial 20 May 2021
U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Editorial 06 May 2018
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Editorial 20 Aug 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru